Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ubu akaba ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageze muri iki Gihugu, aho mu bimugenza harimo n’igikorwa cyo kwambura intwaro abarwanyi ba M23 no kubashyira mu kigo cyagenwe.

Uhuru Kenyatta yageze i Goma mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, yakirwa n’abarimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Mbusa Nyamwisi, ndetse na Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Lieutenant General Ndima Kongba Constant.

Minisitiri Mbusa Nyamwisi yatangaje ko kimwe mu bizanye Kenyatta, harimo ibijyanye no gushyira abarwanyi ba M23 mu Kigo cya Rumangabo.

Uyu muhuza mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo, yagiye muri iki Gihugu nyuma y’ukwezi n’Igice, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriye i Bujumbura mu Burundi mu Nama idasanzwe ya 21.

Iyi nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabaye tariki 31 Gicurasi, yafatiwemo imyanzuro yumvikanyemo impinduka zirimo kuba umutwe abarwanyi ba M23 n’ab’indi mitwe, bazajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, aho kujya muri Sabyinyo nk’uko byari byabanje kwemezwa.

Kimwe mu byajyanye Uhuru Kenyatta, ni ukureba aho ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mwanzuro ugeze, dore ko mu minsi ishize, Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize EAC, bari baherutse gusura iki kigo, ngo basuzume uko kimeze.

Muri iriya nama yabereye i Bujumbura, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame; yasabye ko ibikorwa byose bireba umutwe wa M23, na wo ukwiye kujya ubitumirwamo, bityo ko no kujya gusura iki kigo bazajyanwamo, na wo ukwiye kucyitabira.

Uhuru Kenyatta, akigera muri DRC, kandi yongeye kwakirizwa ibibazo n’ubuyobozi bwa Congo, byumvikanamo amacenga yakunze kuburanga, aho Guverineri Lt Gen Ndima Constant yamumenyesheje ko umutwe wa M23 ukomeje kurenga ku myanzuro, ngo kuko uri kugaba ibitero muri Teritwari nka Masisi n’iyi Rutshuru.

Uyu muhuza na we yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa ko igomba kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23, nk’uko byemerejwe mu nama zitandukanye, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwo bwatsembye ko butazaganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Kenyatta yakiriwe na Minisitiri Mbusa Nyamwisi
Na Lieutenant General Ndima Constant

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live

Next Post

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Related Posts

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

IZIHERUKA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi
AMAHANGA

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.