Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ubu akaba ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageze muri iki Gihugu, aho mu bimugenza harimo n’igikorwa cyo kwambura intwaro abarwanyi ba M23 no kubashyira mu kigo cyagenwe.

Uhuru Kenyatta yageze i Goma mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, yakirwa n’abarimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Mbusa Nyamwisi, ndetse na Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Lieutenant General Ndima Kongba Constant.

Minisitiri Mbusa Nyamwisi yatangaje ko kimwe mu bizanye Kenyatta, harimo ibijyanye no gushyira abarwanyi ba M23 mu Kigo cya Rumangabo.

Uyu muhuza mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo, yagiye muri iki Gihugu nyuma y’ukwezi n’Igice, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriye i Bujumbura mu Burundi mu Nama idasanzwe ya 21.

Iyi nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabaye tariki 31 Gicurasi, yafatiwemo imyanzuro yumvikanyemo impinduka zirimo kuba umutwe abarwanyi ba M23 n’ab’indi mitwe, bazajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, aho kujya muri Sabyinyo nk’uko byari byabanje kwemezwa.

Kimwe mu byajyanye Uhuru Kenyatta, ni ukureba aho ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mwanzuro ugeze, dore ko mu minsi ishize, Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize EAC, bari baherutse gusura iki kigo, ngo basuzume uko kimeze.

Muri iriya nama yabereye i Bujumbura, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame; yasabye ko ibikorwa byose bireba umutwe wa M23, na wo ukwiye kujya ubitumirwamo, bityo ko no kujya gusura iki kigo bazajyanwamo, na wo ukwiye kucyitabira.

Uhuru Kenyatta, akigera muri DRC, kandi yongeye kwakirizwa ibibazo n’ubuyobozi bwa Congo, byumvikanamo amacenga yakunze kuburanga, aho Guverineri Lt Gen Ndima Constant yamumenyesheje ko umutwe wa M23 ukomeje kurenga ku myanzuro, ngo kuko uri kugaba ibitero muri Teritwari nka Masisi n’iyi Rutshuru.

Uyu muhuza na we yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa ko igomba kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23, nk’uko byemerejwe mu nama zitandukanye, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwo bwatsembye ko butazaganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Kenyatta yakiriwe na Minisitiri Mbusa Nyamwisi
Na Lieutenant General Ndima Constant

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 10 =

Previous Post

Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live

Next Post

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.