Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ikijyanye umuhuza mu bya DRCongo na M23 cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ubu akaba ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageze muri iki Gihugu, aho mu bimugenza harimo n’igikorwa cyo kwambura intwaro abarwanyi ba M23 no kubashyira mu kigo cyagenwe.

Uhuru Kenyatta yageze i Goma mu masaha ya mbere ya saa sita kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, yakirwa n’abarimo Minisitiri w’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Mbusa Nyamwisi, ndetse na Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Lieutenant General Ndima Kongba Constant.

Minisitiri Mbusa Nyamwisi yatangaje ko kimwe mu bizanye Kenyatta, harimo ibijyanye no gushyira abarwanyi ba M23 mu Kigo cya Rumangabo.

Uyu muhuza mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo, yagiye muri iki Gihugu nyuma y’ukwezi n’Igice, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriye i Bujumbura mu Burundi mu Nama idasanzwe ya 21.

Iyi nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yabaye tariki 31 Gicurasi, yafatiwemo imyanzuro yumvikanyemo impinduka zirimo kuba umutwe abarwanyi ba M23 n’ab’indi mitwe, bazajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, aho kujya muri Sabyinyo nk’uko byari byabanje kwemezwa.

Kimwe mu byajyanye Uhuru Kenyatta, ni ukureba aho ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mwanzuro ugeze, dore ko mu minsi ishize, Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize EAC, bari baherutse gusura iki kigo, ngo basuzume uko kimeze.

Muri iriya nama yabereye i Bujumbura, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Paul Kagame; yasabye ko ibikorwa byose bireba umutwe wa M23, na wo ukwiye kujya ubitumirwamo, bityo ko no kujya gusura iki kigo bazajyanwamo, na wo ukwiye kucyitabira.

Uhuru Kenyatta, akigera muri DRC, kandi yongeye kwakirizwa ibibazo n’ubuyobozi bwa Congo, byumvikanamo amacenga yakunze kuburanga, aho Guverineri Lt Gen Ndima Constant yamumenyesheje ko umutwe wa M23 ukomeje kurenga ku myanzuro, ngo kuko uri kugaba ibitero muri Teritwari nka Masisi n’iyi Rutshuru.

Uyu muhuza na we yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa ko igomba kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23, nk’uko byemerejwe mu nama zitandukanye, mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwo bwatsembye ko butazaganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Kenyatta yakiriwe na Minisitiri Mbusa Nyamwisi
Na Lieutenant General Ndima Constant

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eighteen =

Previous Post

Umunyamakuru wa Siporo ukunzwe mu Rwanda yakoreye mugenzi we agashya mu kiganiro Live

Next Post

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Hagaragajwe uko ishoramari ry’abanyamahanga rifatiye runini u Rwanda ariko ntirikubite umwotso ahababaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.