Saturday, November 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu kigiye kwakira Abakuru b’Ibihugu bya Afurika nyuma y’iminsi bikozwe n’ikindi

radiotv10by radiotv10
02/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ikindi Gihugu kigiye kwakira Abakuru b’Ibihugu bya Afurika nyuma y’iminsi bikozwe n’ikindi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’Ibihugu bya Afurika, bagiye kwerekeza i Beijing mu Bushinwa, mu nama igiye guhuza iki Gihugu cyo mu burasirazuba bw’Isi n’Umugabane wa Afurika, izwi nka China-Africa Cooperation Summit. Inama iraba nyuma y’iyahuje uyu Mugabane na Indonesia.

Iyi nama iteganyijwe gutangira ku wa Gatatu w’iki cyumweru, igiye gukurikira indi yahuje Abakuru b’Ibihugu bya Afurika na Indonesia.

Iyi nama igiye kuba ku nshuro yayo ya kenda, yitezweho gususuma imikoranire y’Igihugu cy’u Bushinwa n’Umugabane wa Afurika, nyuma y’icyorezo cya COVID-19.

Ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe n’ingufu z’amashanyarazi, n’imikoranire ishingiye ku ikoranabuhanga, ni bimwe mu biteganyijwe kuzaganirirwa muri iyi nama.

Inama nk’iyi iheruka yagarutse ku bibazo birimo ibyari bibangamiye iterambere ry’ibikorwa remezo, ubuhinzi no guteza imbere inganda.

Ikinyamakuru The Africa News, kivuga ko abahanga babona izi nama nk’izagirira akamaro Ibihugu bya Afurika, bikifashisha iyi mikoranire n’Ibihugu bya rutura, bityo uyu Mugabane ukazabona uko wigobotora Ibihugu biwugize bifite aho byavuye n’aho byigeze mu iterambere.

Ikibazo gihari ariko ni uko ibi bihugu bitegura izi nama bitagamije kuzamurira imbaraga Ibihugu byo kuri uyu Mugabane, ahubwo akenshi hari nubwo bishaka imikoranire nk’inzira yo kwigobotora ibibazo bishingiye kuri politike, bigatuma Ibihugu bya rutura bikorera mu nyungu zabyo cyane, mu gihe inyungu z’Ibihugu bya Afurika ziba nke.

Iyi nama ya FOCAC igiye kubera mu Bushinwa, izatangira kwa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024, igeze ku wa Gatanu tariki 6 Nzeri 2024.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 2 =

Previous Post

DRCongo: Hamenyekanye intandaro ry’urusaku rw’amasasu rwumvikanye kuri Gereza ikomeye

Next Post

Hatanzwe umucyo ku rujijo rwari ruhari ku mikoreshere y’inote nshya n’igihe zizatangira gukoreshwa

Related Posts

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku rujijo rwari ruhari ku mikoreshere y’inote nshya n’igihe zizatangira gukoreshwa

Hatanzwe umucyo ku rujijo rwari ruhari ku mikoreshere y’inote nshya n’igihe zizatangira gukoreshwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.