Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikinamo rurangiranwa muri ruhago y’Isi yafashe icyemezo cyiza ku mukinnyi wayandikiyemo amateka akiyinjiramo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Inter Miami, yo muri Leta Zunze Ubumwe za America ikinamo rutahizamu Lionel Messi uri mu b’ibihe byose ku Isi, yongereye amasezerano y’umwaka umwe Luis Suarez, wayoboye abayitsindiye ibitego muri 2024, ari na bwo yari akinyinjiramo.

Aya masezerano ya Luis Suárez, azarangirana n’umwaka w’imikino wa 2025 muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri USA (Major League Soccer).

Uyu rutahizamu w’imyaka 37, yakiniye amakipe akomeye i Burayi nka Ajax hagati ya 2007 na 2011, atwarana na yo ibikombe bibiri, ari byo icya Shampiyona y’ Buholandi n’igikombe cy’Igihugu.

Yakiniye kandi Liverpool yo mu Bwongereza kuva muri 2011 kugeza muri 2014, atwarana na yo igikombe kimwe cya Football League Cup. Luis Suárez yanakiniye kandi FC Barcelone yo muri Espagne hagati ya 2014 na 2020, atwarana na yo ibikombe 13, birimo bine bya Shampiyona na kimwe cya UEFA Champions League.

Yanakiniye Atletico Madrid kuva muri 2020 kugeza muri 2022, aho yayifashije kwegukana igikombe kimwe cya Shampiyona, ubu akaba akinira Inter Miami amaze gutsindira ibitego 25 muri rusange birimo ibitego 20 yatsinze muri Shampiyona gusa.

Luis Alberto Suárez Díaz, nyuma yo kongera amasezerano muri Inter Miami, ushinzwe ibikorwa by’umupira w’amaguru muri iyi kipe, Raúl Sanllehí, yavuze ko uyu mukinnyi yafashije iyi kipe mu mwaka w’imikino warangiye.

Yagize ati “Muri 2024, Suárez yahaye byose Inter Miami, bimugira umwe mu bataka bayo beza cyane b’ibihe byose, yitwaye neza ku rwego rwo hejuru mu ikipe yacu, kandi tunejejwe no kubona ibyo bikomeza mu mwaka utaha. Luis Suárez, uretse kuba ari we wadutsindiye ibitego byinshi muri uyu mwaka, yanayoboraga bagenzi be mu ikipe, kandi ntawakwirengagiza uruhare rwe rugaragara.”

Luis Suárez uherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu ya Uruguay yakiniye imikino 143, akayitsindira ibitego 69, yaje muri Inter Miami mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, asangamo abakinnyi bahoze bakinana muri FC Barcelone, ari bo Jordi Alba, Sergio Busquets ndetse na Kizigenza Lionel Messi.

Kongera amasezerano kwe muri Inter Miami, bivuze ko agiye gukorana n’umutoza mushya w’iyi kipe Javier Mascherano, banakinanye muri FC Barcelone.

Suárez, na we nyuma yo kongera amasezerano, yagize ati “Ndishimye cyane kandi ndanezerewe bihambaye ku bwo gukomereza hano undi mwaka, nkabasha kunezezwa no kubana n’abafana b’iyi kipe, kuri twe baba bameze nk’umuryango. Twumva hari isano rikomeye hagati yacu n’abafana kandi twizeye ko umwaka utaha twazarushaho kubashimisha.”

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mugabo wo muri Kamonyi wahigishwaga uruhindu akekwaho kwica umugore we

Next Post

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Umunsi w’amateka n’ibyishimo ku Munyarwanda ukora akazi ko kuyobora ba mukerarugendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.