Tuesday, May 20, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yikuye mu gikombe cy’Amahoro kiri mu bikomeye mu Rwanda nyuma yo gusubikirwa umukino mu buryo butunguranye ndetse n’ibindi byabanjirije uyu mukino bifatwa nk’amananiza.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe nyuma yuko iyi kipe isubikiwe umukino yari ifitanye n’ikipe ya Intare FC, ukimurirwa ku wa Gatanu tariki 10 Werurwe.

Ni umukino wasubitswe mu buryo butunguranye kuko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu wari uguteganyijwe ariko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rikaza kuwusubika habura masaha macye ngo isaha wagombaga gutangiriraho igere.

Iri subikwa ry’umukino wa Rayon Sports na Intare FC ryaje rikurikira ibindi bisa nk’amananiza yabayeho mbere yawo, aho Rayon Sports yasabye ibibuga bibiri ngo yakirireho uyu mukino ariko ikangirwa, ikaza kwemererwa gukinira i Bugesera.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle ubwo yatangarizaga itangazamakuru iby’iki cyemezo bafashe, yavuze ko imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikwiye gukora kinyamwuga ikubahiriza ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Ibyo badutuyeho ntitwabishobora, ubuyobozi [bwa Rayon] bwafashe icyemezo ko bukura ikipe ya Rayon Sports mu gikombe cy’amahoro.”

Uwayezu Jean Fidèle avuga ko ubuyobozi bwa Rayon bwandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru (FERWAFA) burimenyesha iki cyemezo bafashe.

Ati “Ubwo bazafate aho twari gukina bakomeze, ubwo uko bazabigira ni bo bakuzi ariko nk’umuryango wa Rayon Sports turifuza ko imigendekere ya football mu Rwanda igomba kunozwa, tuzabiharanira igendere ku mategeko.”

Iyi kipe ya Rayon Sports iri mu zirwanira igikombe cya shampiyona, yari yahawe umukino ku wa Gatanu, mu gihe ku Cyumweru inafite umukino wa shampiyona igomba gukina.

RADIOTV10

 

Comments 2

  1. Niyitegeka Damascene says:
    2 years ago

    Nonese Koko ferwafa yo kuki ihindura ibintu kumanota wanyuma🙈🙈🙈🙈

    Reply
  2. MPIRIMBANYI Innocent says:
    2 years ago

    Bravo Afande,uri umugabo kabisa,simfana rayon ariko ndayikunda,abantu nibakore kinyamwuga hapana gutobatoba,Nkunda umupira abanyamanyanga bavemo bahe ibyishimo abakunzi ba football,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Ubutumwa bwiza Perezida Kagame yageneye abagore ku umunsi wabo

Next Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Related Posts

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanzuye ko hazasubukurwa umukino wahuzaga Rayona Sports na Bugesera FC ugahagarara utarangiye...

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

by radiotv10
16/05/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,...

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

by radiotv10
16/05/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha...

IZIHERUKA

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC
FOOTBALL

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

19/05/2025
Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.