Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yikuye mu gikombe cy’Amahoro kiri mu bikomeye mu Rwanda nyuma yo gusubikirwa umukino mu buryo butunguranye ndetse n’ibindi byabanjirije uyu mukino bifatwa nk’amananiza.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe nyuma yuko iyi kipe isubikiwe umukino yari ifitanye n’ikipe ya Intare FC, ukimurirwa ku wa Gatanu tariki 10 Werurwe.

Ni umukino wasubitswe mu buryo butunguranye kuko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu wari uguteganyijwe ariko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rikaza kuwusubika habura masaha macye ngo isaha wagombaga gutangiriraho igere.

Iri subikwa ry’umukino wa Rayon Sports na Intare FC ryaje rikurikira ibindi bisa nk’amananiza yabayeho mbere yawo, aho Rayon Sports yasabye ibibuga bibiri ngo yakirireho uyu mukino ariko ikangirwa, ikaza kwemererwa gukinira i Bugesera.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle ubwo yatangarizaga itangazamakuru iby’iki cyemezo bafashe, yavuze ko imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikwiye gukora kinyamwuga ikubahiriza ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Ibyo badutuyeho ntitwabishobora, ubuyobozi [bwa Rayon] bwafashe icyemezo ko bukura ikipe ya Rayon Sports mu gikombe cy’amahoro.”

Uwayezu Jean Fidèle avuga ko ubuyobozi bwa Rayon bwandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru (FERWAFA) burimenyesha iki cyemezo bafashe.

Ati “Ubwo bazafate aho twari gukina bakomeze, ubwo uko bazabigira ni bo bakuzi ariko nk’umuryango wa Rayon Sports turifuza ko imigendekere ya football mu Rwanda igomba kunozwa, tuzabiharanira igendere ku mategeko.”

Iyi kipe ya Rayon Sports iri mu zirwanira igikombe cya shampiyona, yari yahawe umukino ku wa Gatanu, mu gihe ku Cyumweru inafite umukino wa shampiyona igomba gukina.

RADIOTV10

 

Comments 2

  1. Niyitegeka Damascene says:
    3 years ago

    Nonese Koko ferwafa yo kuki ihindura ibintu kumanota wanyuma🙈🙈🙈🙈

    Reply
  2. MPIRIMBANYI Innocent says:
    3 years ago

    Bravo Afande,uri umugabo kabisa,simfana rayon ariko ndayikunda,abantu nibakore kinyamwuga hapana gutobatoba,Nkunda umupira abanyamanyanga bavemo bahe ibyishimo abakunzi ba football,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ubutumwa bwiza Perezida Kagame yageneye abagore ku umunsi wabo

Next Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.