Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Ikipe ikunzwe mu Rwanda ifashe icyemezo gitunguranye nyuma y’ibyayibayeho yafashe nk’agasuzuguro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yikuye mu gikombe cy’Amahoro kiri mu bikomeye mu Rwanda nyuma yo gusubikirwa umukino mu buryo butunguranye ndetse n’ibindi byabanjirije uyu mukino bifatwa nk’amananiza.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe nyuma yuko iyi kipe isubikiwe umukino yari ifitanye n’ikipe ya Intare FC, ukimurirwa ku wa Gatanu tariki 10 Werurwe.

Ni umukino wasubitswe mu buryo butunguranye kuko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu wari uguteganyijwe ariko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rikaza kuwusubika habura masaha macye ngo isaha wagombaga gutangiriraho igere.

Iri subikwa ry’umukino wa Rayon Sports na Intare FC ryaje rikurikira ibindi bisa nk’amananiza yabayeho mbere yawo, aho Rayon Sports yasabye ibibuga bibiri ngo yakirireho uyu mukino ariko ikangirwa, ikaza kwemererwa gukinira i Bugesera.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle ubwo yatangarizaga itangazamakuru iby’iki cyemezo bafashe, yavuze ko imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikwiye gukora kinyamwuga ikubahiriza ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Ibyo badutuyeho ntitwabishobora, ubuyobozi [bwa Rayon] bwafashe icyemezo ko bukura ikipe ya Rayon Sports mu gikombe cy’amahoro.”

Uwayezu Jean Fidèle avuga ko ubuyobozi bwa Rayon bwandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru (FERWAFA) burimenyesha iki cyemezo bafashe.

Ati “Ubwo bazafate aho twari gukina bakomeze, ubwo uko bazabigira ni bo bakuzi ariko nk’umuryango wa Rayon Sports turifuza ko imigendekere ya football mu Rwanda igomba kunozwa, tuzabiharanira igendere ku mategeko.”

Iyi kipe ya Rayon Sports iri mu zirwanira igikombe cya shampiyona, yari yahawe umukino ku wa Gatanu, mu gihe ku Cyumweru inafite umukino wa shampiyona igomba gukina.

RADIOTV10

 

Comments 2

  1. Niyitegeka Damascene says:
    3 years ago

    Nonese Koko ferwafa yo kuki ihindura ibintu kumanota wanyuma🙈🙈🙈🙈

    Reply
  2. MPIRIMBANYI Innocent says:
    3 years ago

    Bravo Afande,uri umugabo kabisa,simfana rayon ariko ndayikunda,abantu nibakore kinyamwuga hapana gutobatoba,Nkunda umupira abanyamanyanga bavemo bahe ibyishimo abakunzi ba football,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

Ubutumwa bwiza Perezida Kagame yageneye abagore ku umunsi wabo

Next Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Related Posts

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwatangaje ko bwahagaritse Umutoza Mukuru w'iyi kipe Afhamia Lotfi mu gihe kingana n'ukwezi, mu gihe...

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Abakinnyi bakanyujijeho mu mukino wa Volleyball mu Rwanda bakiniye amakipe anyuranye n’iy’Igihugu, bakinnye irushanwa ritegura Shampiyona, mu mikino y’ubusabane igamije...

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

by radiotv10
11/10/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, nyuma yo gutsindirwa na Benin i Kigali, yerecyeje muri Afurika y’Epfo gutegura umukino uzayihuza n’iy’iki...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

by radiotv10
10/10/2025
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yatsinzwe igitego 1-0 na Bénin mu mukino w’umunsi wa cyenda w’amajonjora wo gushaka itike y’igikombe...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

by radiotv10
10/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwatangaje ko bwahagaritse mu gihe cy'iminsi 30 abakinnyi bayo babiri barimo rutahizamu Mamadou Sy, kubera...

IZIHERUKA

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo
FOOTBALL

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.