Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo
Share on FacebookShare on Twitter

Lucas Hernandez, wakinaga mu ikipe ya Bayern Munich yanafashije kwegukana ibikombe bikomeye binyuranye, yamaze gusinyira Paris Saint Germain amasezerano y’imyaka 5 azamugeza muri 2028.

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) yasinyishije amasezerano y’imyaka 5, kugeza muri 2028, myugariro w’Umufaransa Lucas Hernandez imukuye muri Bayern Munich kuri miliyoni 47 z’ama Euros.

Uyu Mufaransa Lucas Hernandez, ushobora gukina nka myugariro wo hagati cyangwa inyuma ku ruhande rw’ibumoso, akaba ari na mukuru wa Theo Hernandez, ukinira AC Milan.

Yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Paris Saint Germain, aho iyi kipe igomba kumutangaho miliyoni 40 z’ama Euros, zingana na miliyoni 34 n’ibihumbi 200 z’ama Pounds, zizongerwaho n’andi macye.

Lucas Hernandez, w’imyaka 27, yari asigaranye umwaka umwe ku masezerano ye muri Bayern Munich, ariko kubera umubano mwiza hagati y’iyi kipe na Paris Saint Germain byatumye Bayern Munich imurekura nubwo amafaranga yamutanzweho ari macye ugereranyije n’ayo yifuzwagamo n’iyi kipe yo mu Budage.

Lucas Hernandez, nubwo yakuriye muri Espagne, akanyura mu ikipe y’abato ya Rayo Majadahonda n’iya Atletico Madrid, yaje no gukuriramo, yavukiye mu Bufaransa mu mujyi wa Marseille, dore ko Se “Jean François Hernandez” yahoze akinira ikipe ya Olympique de Marseille hagati y’1995 n’1997.

Lucas Hernandez, wakiniraga Bayern Munich kuva muri 2019, aganira n’urubuga rwa Paris Saint Germain, yavuze ko yishimye cyane ndetse ko yari amaze igihe kinini ategereje kujya muri PSG bikaba birangiye bibaye. Uyu Lucas yongeyeho ko ari umunsi udasanzwe na gato kuri we kandi ko yishimiye kuba ayigezemo.

Naho ikipe ya Paris Saint Germain yo yabitangaje muri aya magambo, “Paris Saint Germain yakiriye undi mukinnyi watwaye igikombe cy’isi mu ikipe, dore ko akinira n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuva muri Werurwe 2018, ni Lucas Hernandez wabaye umukinnyi w’inkingi ya mwamba mu ikipe ya Didier Deschamps yatwaye igikombe cy’isi cyabereye mu Burusiya, aho yanatanzemo imipira 2 yabyaye ibitego, nyamara byari nyuma y’amezi make atangiye guhamagarwa n’Ubufaransa.”

Lucas Hernandez, yanatwaranye n’u Bufaransa igikombe cya UEFA Nations League muri 2021, naho mu makipe asanzwe, Lucas Hernandez, ari muri Atletico Madrid nkuru yakiniye kuva muri 2014, yatwaye Europa League na UEFA Super Cup muri 2018.

Muri 2020, Lucas Hernandez, wari uri muri Bayern Munich, yari amaze gutwarana na yo ibikombe bitari munsi ya 6, birimo icya Champions League, icya Shampiyona y’Ubudage Bundesliga, ikindi gikombe cya UEFA Super Cup, icya FIFA Club World Cup, igikombe cy’igihugu cy’Ubudage (German Cup) n’ikindi cyitwa German Super Cup.

Lucas Hernandez yongeye gutwara ibindi bikombe bya Shampiyona muri 2021, 2022 na 2023, aho yari yanatwaye n’ikindi gikombe cya German Super Cup muri 2022.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

Next Post

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.