• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
1
Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rwa Makindye muri Uganda, yategetse Admin wa Group ya WhatsApp yitwa ‘Buyanja My Roots’ gusubizamo umwe mu bari bayikuwemo, akiyambaza uru Rukiko.

Ni group ya WhatsApp yitwa “Buyanja My Roots”, aho uwari wakuwemo yitwa Herbert Baitwababo, wari wiyambaje uru rukiko nyuma yo gukurwa muri iyi group.

Uyu Perezida w’agateganyo wa rukiko witwa Igga Adiru, yatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Mbere, asaba uwitwa Allan Asinguza kumusubiza muri iyi group ngo kuko yahonyoye uburenganzira bwa Herbert Baitwababo bwo kwiyunga hamwe n’abandi.

Gusa uyu mucamanza ntiyategetse ko uyu wari wakuwe muri group ya WhatsApp muri Gicurasi, asubizwa ikiguzi cy’amafaranga yatanze muri uru rubanza, nk’uko yari yabisabye.

Baitwababo we waregwaga muri uru Rukiko, yatangaje ko Asinguza yashinze iyi group ya WhatsApp yitwa “Buyanja My Roots”, nk’ihuriza hamwe abo mu gace ka Buyanja mu Karere ka Rukungiri, ku mpamvu z’ibikorwa by’urukundo, ku buryo abayigize bagomba gutanga ihumure ndetse no gufasha abari mu bibazo.

Buri munyamuryango w’iyi group yasabwaga kwishyura amashiringi ya Uganda ibihumbi 30 kugira ngo yinjiremo, nk’uko byari byemeranyijweho n’abayigize bose.

Inyandiko ya Baitwababo, yanditse tariki 16 Gicurasi 2023, yoherereje Asinguza amusaba ko hakorwa ubugenzuzi bw’imari, ndetse no kugaragaza amafaranga yatanzwe kuva muri 2017.

Baitwabo yagize ati “Ngendeye ku rwandiko rwavuze haruguru, uwarezwe yankuye muri group ya WhatsApp ya ‘Buyanja Back to My Roots’ tariki 17 Gicurasi 2023.”

Yavugaga ko kuvanwa muri iyi group ari uguhonyora uburenganzira bwe bwo guterana no guhuza ibitekerezo n’abandi. Ati “Ndishinganisha ku rukiko kandi nanasaba gusubizwa muri group ya WhatsApp.”

Urukiko rugendeye ku byatangajwe n’impande zose ndetse na bamwe mu bagize iyi group, rwategetse ko asubizwa muri iyi Group ya WhatsApp.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Damascene says:
    3 years ago

    Ibirego biragwira.
    Ubuse urukiko rwitabaje itegeko rivuga ngwiki?
    Icyakora nanone,yari yashikije kuberako harigihe Baku remouvinga bakujijije ubusa. Ntawamenya

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Next Post

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.