Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
1
Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rwa Makindye muri Uganda, yategetse Admin wa Group ya WhatsApp yitwa ‘Buyanja My Roots’ gusubizamo umwe mu bari bayikuwemo, akiyambaza uru Rukiko.

Ni group ya WhatsApp yitwa “Buyanja My Roots”, aho uwari wakuwemo yitwa Herbert Baitwababo, wari wiyambaje uru rukiko nyuma yo gukurwa muri iyi group.

Uyu Perezida w’agateganyo wa rukiko witwa Igga Adiru, yatangaje iki cyemezo kuri uyu wa Mbere, asaba uwitwa Allan Asinguza kumusubiza muri iyi group ngo kuko yahonyoye uburenganzira bwa Herbert Baitwababo bwo kwiyunga hamwe n’abandi.

Gusa uyu mucamanza ntiyategetse ko uyu wari wakuwe muri group ya WhatsApp muri Gicurasi, asubizwa ikiguzi cy’amafaranga yatanze muri uru rubanza, nk’uko yari yabisabye.

Baitwababo we waregwaga muri uru Rukiko, yatangaje ko Asinguza yashinze iyi group ya WhatsApp yitwa “Buyanja My Roots”, nk’ihuriza hamwe abo mu gace ka Buyanja mu Karere ka Rukungiri, ku mpamvu z’ibikorwa by’urukundo, ku buryo abayigize bagomba gutanga ihumure ndetse no gufasha abari mu bibazo.

Buri munyamuryango w’iyi group yasabwaga kwishyura amashiringi ya Uganda ibihumbi 30 kugira ngo yinjiremo, nk’uko byari byemeranyijweho n’abayigize bose.

Inyandiko ya Baitwababo, yanditse tariki 16 Gicurasi 2023, yoherereje Asinguza amusaba ko hakorwa ubugenzuzi bw’imari, ndetse no kugaragaza amafaranga yatanzwe kuva muri 2017.

Baitwabo yagize ati “Ngendeye ku rwandiko rwavuze haruguru, uwarezwe yankuye muri group ya WhatsApp ya ‘Buyanja Back to My Roots’ tariki 17 Gicurasi 2023.”

Yavugaga ko kuvanwa muri iyi group ari uguhonyora uburenganzira bwe bwo guterana no guhuza ibitekerezo n’abandi. Ati “Ndishinganisha ku rukiko kandi nanasaba gusubizwa muri group ya WhatsApp.”

Urukiko rugendeye ku byatangajwe n’impande zose ndetse na bamwe mu bagize iyi group, rwategetse ko asubizwa muri iyi Group ya WhatsApp.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean Damascene says:
    3 years ago

    Ibirego biragwira.
    Ubuse urukiko rwitabaje itegeko rivuga ngwiki?
    Icyakora nanone,yari yashikije kuberako harigihe Baku remouvinga bakujijije ubusa. Ntawamenya

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + fourteen =

Previous Post

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Next Post

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.