Friday, September 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA
1
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, buravuga ko mu byumweru bitatu biri imbere hazatangira ibikorwa byo kwica imbwa z’inyagasozi ku buryo nta mbwa igomba gusigara icaracara mu muhanda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bwa RAB bwasohoye itangazo risaba abatunze imbwa mu Rwanda kuzandikisha mu buyobozi bw’Imidugudgu batuyemo ndetse bakerekana ibimenyetso by’uko zahawe urukingo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa itegeko rijyanye n’ubuzima bw’inyamaswa ryo muri 2008 ndetse n’iteka rya Minisitiri ryo muri 2020.

Aya mabwirizwa agamije kurushaho gukurikirana ubuzima bw’imbwa ndetse n’abantu, kuko hakunze kumvikana abaribwa n’aya matungo bikabagiraho ingaruka.

Abatunze imbwa bavuga ko kuzandikisha mu Midugusu ntakibazo babibona kuko basanzwe baha agaciro aya matungo abana n’abantu.

Karamuka Mussa utuye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, agira ati “Biramvikana kuko imbwa ni inyamaswa abantu benshi dukunda ariko nanone inyamaswa ni inyamaswa, mu rwego rw’umutekano w’abantu ndetse n’uwayo ni byiza ko yambikwa agapfukamunwa, ikaba ikingiwe mbese ikarindirwa umutekano nkuko na yo irinda umutekano w’abantu n’ibintu.”

Abaturage barashima amabwiriza yashizweho na RAB nubwo basaba ko n’imbwa zo mu gasozi zidafite banyirazo zandikwa kuri Leta nk’umutungo udafite ba nyirawo cyangwa mo kimwe zikicwa.

Umwe yagize ati “Imbwa z’inyagasozi zo zakagambye gushyirwa ahantu zitajarajara cyangwa mo kimwe bakazica kuko zishobora kuba zarya abana mu gihe bari gukina.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Dr Uwituze Solange avuga ko mu byumweru bitatu biri imbere imbwa zidafite ba nyirazo ziri mu gasozi, bazatangira kuzishyira mu bigo bishinzwe kuzitaho, izisigaye bakazica ku buryo nta mbwa izasigara icaracara mu gasozi.

Ati “Nyuma y’ibyumweru bitatu hasohotse itangazo, tuzatangira ubukangurambaga bwo kuzikuraho (Kuzica) birashoboka ko hari uwayibona hirya no hino ariko gahunda yo kuzikuraho izaba yatangiye bivuze ko aho bazaba bayibona bazajya batubwira tukaza tukayikuraho.”

Aya mabwiriza yo kwandikisha imbwa, agena ko imbwa iri hanze igomba kuba iri kumwe n’umuntu, ikaba iziritse ku mugozi kandi yambitswe agapfukamunwa kabugenewe, kayibuza kuba yaruma umuntu mu gihe iri mu ruhame. RAB ivuga ko abatazubahiriza aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe itegeko.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBOMANA Jean Damascène says:
    2 hours ago

    Mwaramutse RAB Yaba ikoze gikorwa cyiza kuko urebye Nko mumugi wa Huye biteye impungenge cyane ,mbese imbwa zizerera ahitwa za tumba ,rango nahandi ubona biteye impungenge nyinshi cyane.zinyuranamo n’abantu kuburyo bungana mumuhanda. Ukabireba ukumirwa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Next Post

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Related Posts

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

by radiotv10
05/09/2025
0

Esther Mbabazi, one of Rwanda’s pioneering female pilots who started her career with the national carrier RwandAir, says aviation is...

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

by radiotv10
05/09/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Umuryango Mpuzamahanga HRW (Human Rights Watch) uharanira Uburenganzira bwa Muntu kubera ibyo...

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

by radiotv10
05/09/2025
0

Bamwe mu bahinga umuceri mu gishanga cya Kaboza giherereye mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babujijwe...

Rusizi: Uwakubitiwe mu nama akekwaho kuroga afite impungenge zo kugirirwa nabi

Rusizi: Uwakubitiwe mu nama akekwaho kuroga afite impungenge zo kugirirwa nabi

by radiotv10
05/09/2025
0

Umukecuru wo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, uherutse gukubitwa n’abaturage mu nama bamushinja kuroga, aravuga ko nta...

Eng.-Government spokesperson Yolande Makolo rebukes HRW over comments on Rwanda

Eng.-Government spokesperson Yolande Makolo rebukes HRW over comments on Rwanda

by radiotv10
05/09/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, criticized the international human rights organization Human Rights Watch (HRW) for its recent claims about...

IZIHERUKA

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi
MU RWANDA

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

by radiotv10
05/09/2025
0

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

05/09/2025
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

05/09/2025
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

05/09/2025
Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

05/09/2025
Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

Muri Congo hemejwe amakuru y’igaruka ry’icyorezo cya Ebola hanatangazwa umubare w’abo kimaze guhitana

05/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.