Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani boherejwe muri Niger nyuma yo kuburanishwa n’Urukiko rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR), bakaza kwirukanwa n’iki Gihugu boherejwemo, ubu bakaba basigaye ari batandatu, imiryango yabo yongeye kuvuga ko ubuzima barimo n’ubundi bameze nk’imfungwa, ikabasabira kwidegembya.

Aba Banyarwanda boherejwe muri Niger mu mpera za 2021, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye ubyumvikanyeho na Guverinoma y’iki Gihugu, ariko ntibimenyeshwe u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.

Guverinoma ya Niger yaje gufata icyemezo cyo kubirukana, ariko bakaba barabuze Igihugu kibakira, ubu bakaba bakomeje kuba i Niamey, aho imiryango yabo ivuga ko n’ubundi bameze nk’imfungwa.

Ku wa Kabiri w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 07 Gicurasi 2024, umwe muri bo witwa Anatole Nsengiyumva, wari Lieutenant Colonel mu ngabo z’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye azize uburwayi.

Gusa bamwe mu bo mu muryango we, bavuga ko urupfu rwe rufitanye isano n’ubuzima barimo muri iki Gihugu cya Niger.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, itangaza ko Abavoka b’aba Banyarwanda ndetse n’abo mu miryango yabo, bavuga ko aba Banyarwanda babayeho n’ubundi nk’imfungwa nubwo bari barekuwe n’Urukiko rwari rwarashyiriwe u Rwanda rwa TPIR, nyuma yo kurangiza ibihano abandi bakagirwa abere.

Anatole Nsengiyumva yabaye uwa kabiri upfuye muri aba Banyarwanda umunani, nyuma y’undi wapfuye nyuma y’uko bagejewe i Niamey muri Niger.

Antoine Mukiza, umwana w’umwe muri aba Banyarwanda bari muri Niger ufite imyaka 86 y’amavuko, yatabarije aba Banyarwanda barekuwe na TPIR ariko ngo bagikomeje kumera nk’abafunzwe.

Yagize ati “Ntibyumvikana kuba aba bantu bagizwe abere cyangwa barangije ibihano, bashobora kwisanga bakimeze nk’imfungwa. Ubujurire twifuza kugeza ku bayobozi ba Niger, ni uko babanza bakareka ababyeyi bacu bakidegembya, kugira ngo bagire ubwisanzure busesuye, bityo banabashe kwivuza uko bashaka. Anatole yapfuye kubera kutabasha kubona ubuvuzi bukenewe ku bibazo bifitanye isano n’uburwayi yari afite.”

Akomeza avuga ko bifuza ko aba bantu bahabwa ibyangombwa byabo kugira ngo babashe kwisanzura mu Gihugu cya Niger barimo, kandi ko biteguye guhura n’ubutegetsi bwa Niger kugira ngo babagezeho ibibazo byabo, ndetse banasabe uburenganzira bwo kujya basurwa n’imiryango yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Next Post

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.