Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani boherejwe muri Niger nyuma yo kuburanishwa n’Urukiko rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR), bakaza kwirukanwa n’iki Gihugu boherejwemo, ubu bakaba basigaye ari batandatu, imiryango yabo yongeye kuvuga ko ubuzima barimo n’ubundi bameze nk’imfungwa, ikabasabira kwidegembya.

Aba Banyarwanda boherejwe muri Niger mu mpera za 2021, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye ubyumvikanyeho na Guverinoma y’iki Gihugu, ariko ntibimenyeshwe u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.

Guverinoma ya Niger yaje gufata icyemezo cyo kubirukana, ariko bakaba barabuze Igihugu kibakira, ubu bakaba bakomeje kuba i Niamey, aho imiryango yabo ivuga ko n’ubundi bameze nk’imfungwa.

Ku wa Kabiri w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 07 Gicurasi 2024, umwe muri bo witwa Anatole Nsengiyumva, wari Lieutenant Colonel mu ngabo z’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye azize uburwayi.

Gusa bamwe mu bo mu muryango we, bavuga ko urupfu rwe rufitanye isano n’ubuzima barimo muri iki Gihugu cya Niger.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, itangaza ko Abavoka b’aba Banyarwanda ndetse n’abo mu miryango yabo, bavuga ko aba Banyarwanda babayeho n’ubundi nk’imfungwa nubwo bari barekuwe n’Urukiko rwari rwarashyiriwe u Rwanda rwa TPIR, nyuma yo kurangiza ibihano abandi bakagirwa abere.

Anatole Nsengiyumva yabaye uwa kabiri upfuye muri aba Banyarwanda umunani, nyuma y’undi wapfuye nyuma y’uko bagejewe i Niamey muri Niger.

Antoine Mukiza, umwana w’umwe muri aba Banyarwanda bari muri Niger ufite imyaka 86 y’amavuko, yatabarije aba Banyarwanda barekuwe na TPIR ariko ngo bagikomeje kumera nk’abafunzwe.

Yagize ati “Ntibyumvikana kuba aba bantu bagizwe abere cyangwa barangije ibihano, bashobora kwisanga bakimeze nk’imfungwa. Ubujurire twifuza kugeza ku bayobozi ba Niger, ni uko babanza bakareka ababyeyi bacu bakidegembya, kugira ngo bagire ubwisanzure busesuye, bityo banabashe kwivuza uko bashaka. Anatole yapfuye kubera kutabasha kubona ubuvuzi bukenewe ku bibazo bifitanye isano n’uburwayi yari afite.”

Akomeza avuga ko bifuza ko aba bantu bahabwa ibyangombwa byabo kugira ngo babashe kwisanzura mu Gihugu cya Niger barimo, kandi ko biteguye guhura n’ubutegetsi bwa Niger kugira ngo babagezeho ibibazo byabo, ndetse banasabe uburenganzira bwo kujya basurwa n’imiryango yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 16 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Next Post

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga
FOOTBALL

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.