Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imiryango y’Abanyarwanda baburanishijwe kuri Jenoside babuze Igihugu kibakira yatanze icyifuzo nyuma y’uko hapfuyemo babiri

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani boherejwe muri Niger nyuma yo kuburanishwa n’Urukiko rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR), bakaza kwirukanwa n’iki Gihugu boherejwemo, ubu bakaba basigaye ari batandatu, imiryango yabo yongeye kuvuga ko ubuzima barimo n’ubundi bameze nk’imfungwa, ikabasabira kwidegembya.

Aba Banyarwanda boherejwe muri Niger mu mpera za 2021, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye ubyumvikanyeho na Guverinoma y’iki Gihugu, ariko ntibimenyeshwe u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.

Guverinoma ya Niger yaje gufata icyemezo cyo kubirukana, ariko bakaba barabuze Igihugu kibakira, ubu bakaba bakomeje kuba i Niamey, aho imiryango yabo ivuga ko n’ubundi bameze nk’imfungwa.

Ku wa Kabiri w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 07 Gicurasi 2024, umwe muri bo witwa Anatole Nsengiyumva, wari Lieutenant Colonel mu ngabo z’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye azize uburwayi.

Gusa bamwe mu bo mu muryango we, bavuga ko urupfu rwe rufitanye isano n’ubuzima barimo muri iki Gihugu cya Niger.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, itangaza ko Abavoka b’aba Banyarwanda ndetse n’abo mu miryango yabo, bavuga ko aba Banyarwanda babayeho n’ubundi nk’imfungwa nubwo bari barekuwe n’Urukiko rwari rwarashyiriwe u Rwanda rwa TPIR, nyuma yo kurangiza ibihano abandi bakagirwa abere.

Anatole Nsengiyumva yabaye uwa kabiri upfuye muri aba Banyarwanda umunani, nyuma y’undi wapfuye nyuma y’uko bagejewe i Niamey muri Niger.

Antoine Mukiza, umwana w’umwe muri aba Banyarwanda bari muri Niger ufite imyaka 86 y’amavuko, yatabarije aba Banyarwanda barekuwe na TPIR ariko ngo bagikomeje kumera nk’abafunzwe.

Yagize ati “Ntibyumvikana kuba aba bantu bagizwe abere cyangwa barangije ibihano, bashobora kwisanga bakimeze nk’imfungwa. Ubujurire twifuza kugeza ku bayobozi ba Niger, ni uko babanza bakareka ababyeyi bacu bakidegembya, kugira ngo bagire ubwisanzure busesuye, bityo banabashe kwivuza uko bashaka. Anatole yapfuye kubera kutabasha kubona ubuvuzi bukenewe ku bibazo bifitanye isano n’uburwayi yari afite.”

Akomeza avuga ko bifuza ko aba bantu bahabwa ibyangombwa byabo kugira ngo babashe kwisanzura mu Gihugu cya Niger barimo, kandi ko biteguye guhura n’ubutegetsi bwa Niger kugira ngo babagezeho ibibazo byabo, ndetse banasabe uburenganzira bwo kujya basurwa n’imiryango yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije u Burundi bwongeye kurushinja kuba inyuma y’iturika ry’ibisasu i Bujumbura

Next Post

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Simple steps you can follow to build real confidence
MU RWANDA

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Havuzwe amayeri adasanzwe y’abajura bakoresha mu kwambura abantu no gucikisha abatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple steps you can follow to build real confidence

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.