Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Immaculée yavuze ‘ububasha bw’umurengera’ bw’Abapolisi bo mu muhanda benshi batari bazi

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
4
Immaculée yavuze ‘ububasha bw’umurengera’ bw’Abapolisi bo mu muhanda benshi batari bazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée avuga ko Abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafite ububasha burenze ubw’abantu batekereza kuko iyo aguhagaritse akakwereka amakosa, aba abaye Umushinjacyaha, yaguca amande akaba abaye Umucamanza, ukahava uyatanze ubwo akaba abaye n’Umuhesha w’inkiko.

Ingabire Marie Immaculée agaruka ku bafatwa batwaye ibinyabiziga basinze bagatabwa muri yombi, yavuze ko ari nko kwishyira urupfu barureba kuko uretse kuba bafatwa bagafungwa ariko n’ubuzima bwabo buba buri mu kaga kuko baba bashobora gukora impanuka zabahitana cyangwa zigatwara ubuzima bw’abandi. Ati “Ese ubundi wowe uratwarira iki wasinze?”

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya Chita Magic twifashishije twandika iyi nkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, Ingabire Marie Immaculée yakomye urusyo akoma n’ingasire, anega Polisi ku bihano itanga birimo kuba umuntu ufashwe yasinze, afungwa iminsi itanu ndetse n’ikinyabiziga yari atwaye kikaba gifashwe muri icyo gihe nyamara aba yanaciwe amande.

Ati “Icyo nanjye sinkemera, nemera ko icyaha kimwe gikwiye igihano kimwe, watwaye wanyoye, nibaguhane wowe, ese baguciye amande gusa ugataha, iyo minsi itanu yose bafunga ni iyo kugira ngo se inzoga zigushiremo? Uratekereza ko ku kazi aho wakoraga uzi ko hari aho ushobora gusanga baranaguhagaritse.”

Aha ni ho yahereye avuga ko Abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, bakoresha nabi ububasha bahabwa n’itegeko bwo kuba bashobora gukora ibyakorwa n’inzego enye.

Ati “None se muri dosiye, Umupolisi ni Umugenzacyaha ni we uguhagarika, noneho akareba ibyo abonye, agahita aba Umushinjacyaha, agahita ako akanya agutegeka n’ibihano, abaye n’Umucamanza, kandi ukahava ubitanze, ubwo abaye n’Umuhesha w’Inkiko.”

Akomeza agira ati “Wari waba ibintu bine muri dosiye imwe. Biriya rero bigomba guhinduka.”

Agaruka ku bitangazwa na Polisi ko igihe Umupolisi yakurenganyije ushobora kujuririra Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, akavuga ko ibi nabyo byaba ari nko kurega uwo uregera.

Ati “Ubwo se kujya kurega Musinga kuri Rwabugili byo Mana yanjye ubwo ukoze iki?”

Avuga ko Umuyobozi mukuru w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda adashobora guhana uwakoze inshingano zo kubahiriza amabwiriza yashyizeho kuko iteka aba agomba kumushyigikira mu byemezo yafashe.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Basa says:
    3 years ago

    Akenshi kurenga ya abatwaye ikinyabiziga biva kuba abaporisi batumwa Amafaranga kuri target

    Reply
  2. Karamaga Jean-Marie Vianney says:
    3 years ago

    Uyu mubyeyi atuvugiye ibyo aba dépités bakagombye kuba baratuvuganiye kuva kera. Abazamura ibihano tuzi amafaranga bahembwa. Ayo washiho yose bayatanga bo ntacyo byahungabanya kuri budge zabo. Umupolisi iyo akurenganyije uburyo ushobora kurenganurwa turabuzi ariko byagutwara umwanya n’amafaranga arenze ayo baguciye byikubye inshuro nyinshi bigatuma wemera ukayatanga. Kdi kugira bakureke ngo ugere ku bakuriye wavuze ko bakurenganyije urasuzugurwa ukibwiriza dosiye ukayireka. Nabo barabizi.

    Reply
  3. Born in there says:
    3 years ago

    Uyu umudamu c aragirango bajye bashyiraho inzego enye mumuhanda none woe ko uvugira inzego zose nuko ufite imbaraga zokubikora kurusha umusore wirirwa ahagaze hariya mumuhanda kd agahembwa 1% cyayo uyora hanyuma ejo ngo bariye ruswa ukunda kwitendeka kubantu bo mu mumuhanda

    Reply
  4. The One says:
    3 years ago

    Kbx bigomba guhinduka aba police bahawe inshingano zibarenze baherako birata

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Next Post

Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.