• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Impamvu umukinnyi ukiri muto yagizwe kapiteni w’ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impamvu umukinnyi ukiri muto yagizwe kapiteni w’ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Kylian Mbappé w’imyaka 24 y’amavuko yamaze gutangazwa nka kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa nkuko byemejwe n’umutoza Didier Deschamps wanatangaje impamvu yahisemo uyu musore ukiri muto.

Byatangajwe n’umutoza Didier Deschamps kuri uyu wa Mbere ubwo ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yakoraga imyitozo, yarimo rurangiranwa Mbappé.

Didier Deschamps yemeje ko Kylian Mbappé aba kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaranda, akungirizwa na Antoine Griezmann umaze igihe muri iyi kipe.

Mbappé asimbuye umunyezamu Lloris wari umaze igihe kinini ari kapiteni dore ko yahawe uyu mwanya muri 2008, akaba yari amaze imyaka 14 yambara igitambaro cy’umukinnyi uyobora abandi.

Agaragaza impamvu yahisemo kugira Mbappé umukinnyi uzajya ayobora abandi, umutoza Didier Deschamps yavuze ko uyu musore afite imyitwarire ndetse n’ubuhanga bukwiye kuyobora bagenzi be.

Deschamps yavuze ko Mbappé ari umukinnyi uzi kwihagararaho mu kibuga kandi akaba azi gukorana ishyaka mu nyungu z’ikipe y’Igihugu.

Kylian Mbappé wigaragaje mu gikombe cy’Isi cy’umwaka ushize, aho yafashije u Bufaransa kugera ku mukino wa nyuma nubwo byarangiye itagitwaye.

Mbappé amaze guhamagarwa imikino 66, akaba amaze gutsindira ikipe y’Igihugu, ibitego 36, ni ukuvuga ko nibura muri buri mikino ibiri, yatsindagamo igitego.

Azatangira kwambara igitambaro cya kapiteni kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023 ubwo u Bufaransa buzaba bukina n’ikipe y’u Buholandi mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Umugabane w’u Burayi (Euro 2024).

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − two =

Previous Post

Ukunze gukoresha Twitter yatawe muri yombi na RIB hanatangazwa amakuru mashya kuri we

Next Post

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w'ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.