Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira usanzwe akomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yamaze kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda, nyuma yuko asabye Ubwenegihugu Perezida Paul Kagame, ubundi hagakurikizwa amategeko, ubu akaba yamaze kubirahirira ko abaye Umunyarwandakazi bidasubirwaho.

Tariki 16 Werurwe 2025 wabaye umunsi w’ibyishimo kuri Dj Ira, ubwo yari umwe mu bitabiriye ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage, akamusaba ko yahabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko yamaze kwiyumvamo iki Gihugu nk’iwabo kubera ibyiza akibonamo n’umugisha yakigiriyemo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yamusubije ko icyifuzo cye kigomba kubahirizwa ubundi igisigaye ari ukubinyuza mu nzira zemewe n’amategeko.

Ku munsi wakurikiye iyo tariki, Dj Ira yahise ahamagarwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka kugira ngo atange ibyangombwa, ubundi icyifuzo cye gitangire gukurikiranwa, ndetse mu ntangiro z’uku kwezi kwa Mata izina rwe riza gusohoka mu igazeti ya Leta y’abantu 36 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, Iradukunda Grace Divine yarahiriye guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda mu buryo budasubirwaho, mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kigali, uyu muvangamiziki uri mu bagezweho mu Mujyi wa Kigali, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yamaze kuba umwe mu Banyarwanda, anashimira Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yatambukije kuri Instagram, hari aho yagize ati “Imvugo ye ni yo ngiro Perezida Paul Kagame.”, Ahandi agira ati “Ubu ndi Umunyarwandakazi.”

Ni igikorwa kandi cyanyuze bamwe mu byamamare Nyarwanda, bagiye basangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, amafoto y’uyu Munyarwandakazi mushya, bamwifuriza ikaze mu Muryango Mugari w’Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi.

Dj Ira kuri uyu wa Kabiri ubwo yari agiye kurahirira kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda
Yarahiriye ku ibendera ry’u Rwanda
Aranabisinyira, ubu ni Umunyarwandakazi nk’uko yabyifuje kuva cyera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + sixteen =

Previous Post

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.