Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe

radiotv10by radiotv10
16/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Imvugo ye niyo ngiro, ubu ndi Umunyarwandakazi- Dj Ira nyuma yuko icyifuzo yagejeje kuri Perezida gisubijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira usanzwe akomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yamaze kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda, nyuma yuko asabye Ubwenegihugu Perezida Paul Kagame, ubundi hagakurikizwa amategeko, ubu akaba yamaze kubirahirira ko abaye Umunyarwandakazi bidasubirwaho.

Tariki 16 Werurwe 2025 wabaye umunsi w’ibyishimo kuri Dj Ira, ubwo yari umwe mu bitabiriye ikiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abaturage, akamusaba ko yahabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko yamaze kwiyumvamo iki Gihugu nk’iwabo kubera ibyiza akibonamo n’umugisha yakigiriyemo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yamusubije ko icyifuzo cye kigomba kubahirizwa ubundi igisigaye ari ukubinyuza mu nzira zemewe n’amategeko.

Ku munsi wakurikiye iyo tariki, Dj Ira yahise ahamagarwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka kugira ngo atange ibyangombwa, ubundi icyifuzo cye gitangire gukurikiranwa, ndetse mu ntangiro z’uku kwezi kwa Mata izina rwe riza gusohoka mu igazeti ya Leta y’abantu 36 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, Iradukunda Grace Divine yarahiriye guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda mu buryo budasubirwaho, mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kigali, uyu muvangamiziki uri mu bagezweho mu Mujyi wa Kigali, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yamaze kuba umwe mu Banyarwanda, anashimira Perezida Paul Kagame.

Mu butumwa yatambukije kuri Instagram, hari aho yagize ati “Imvugo ye ni yo ngiro Perezida Paul Kagame.”, Ahandi agira ati “Ubu ndi Umunyarwandakazi.”

Ni igikorwa kandi cyanyuze bamwe mu byamamare Nyarwanda, bagiye basangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, amafoto y’uyu Munyarwandakazi mushya, bamwifuriza ikaze mu Muryango Mugari w’Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi.

Dj Ira kuri uyu wa Kabiri ubwo yari agiye kurahirira kwinjira mu muryango mugari w’Abanyarwanda
Yarahiriye ku ibendera ry’u Rwanda
Aranabisinyira, ubu ni Umunyarwandakazi nk’uko yabyifuje kuva cyera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Rusizi: Baratunga agatoki ubuyobozi kuba nyirabayazana w’ibiza bibarembeje banabutakira bukabima amatwi

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda utaherukaga kumvikana hamenyekanye aho yari aherereye n’amakuru gezweho kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.