Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino ibanza ya kamarampaka (Play Offs) mu cyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru mu Rwanda, yarangiye ikipe ya La Jeunesse iyoboye urutonde, bizamura amahirwe yayo yo kuba ishobora kugaruka mu cyiciro cya mbere iherukamo mu myaka 12 ishize.

Amahirwe ya La Jeunesse yo kuba yasubira mu cyiciro cya mbere, yiyongereye nyuma yo gutsinda As Muhanga ibitego 3-1 mu mukino wa kamarampaka wabereye kuri Sitade Mumena.

Mu mikino itatu ibanza muri uru rugamba rwo gushaka amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere, amakipe yose uko ari ane aregeranye, dore ko na La Jeunesse iyoboye uyu mukino ari wo wonyine yari itsinze, byatumye igira amanota atanu mu mikino itatu ibanza, mu gihe ibiri ibanza yari yayinganyije.

Mu wundi mukino wabereye kuri Tapis Rouge, ikipe ya Gicumbi FC yongeye kunganya nkuko byari byagenze mu mikino yayo ibiri yabanje. Gicumbi FC yanganyije na Etoile de l’Est ubusa ku busa.

Muri uru rugamba rwo gushaka amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya mbere, amakipe ane ari guhura hagati yayo, buri kipe ikakira ikanasura indi.

La Jeunesse na As Muhanga, ni zo zonyine zashoboye gutsinda umukino umwe muri iyi mikino ibanza, ari na zo zikurikiranye ku rutonde.

La Jeunesse yahise ifata umwanya wa mbere n’amanota atanu, ikurikiwe na As Muhanga n’amanota ane, mu gihe Gicumbi FC iza ku mwanya wa gatatu n’amanota atatu, Etoile de l’Est ikaza ku mwanya wa kane n’amanota abiri.

Imikino yo kwishyura iratangira mu mpera z’iki cyumweru, aho Gicumbi FC izakira AS Muhanga, mu gihe Etoile de l’Est izakira La Jeunesse.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − two =

Previous Post

Uruzinduko rwa Perezida w’u Bufaransa mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Afurika rugamije iki?

Next Post

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.