Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wari uherutse gukatirwa gufungwa imyaka ine akajurira, igifungo yari yakatiwe kiyongereho umwaka umwe, mu gihe ihazabu yari yaciwe yavuye kuri Miliyoni 60 Frw ikaba miliyoni 30 Frw.

Urukiko Rukuru rwari rwaburanishije ubujurire bw’uyu munyapolitiki, rwamukatiye iki gihano rumuhamije ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku mafaranga yakiriye nk’indonke.

Ni icyemezo cy’Urukiko cyasomwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru i Nyamirambo.

Urukiko Rukuru rwemeje ko Bamporiki ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi akoresheje uburiganya, rutegeka ko afungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya Miliyoni 30 Frw.

Bamporiki afite uburenganzira bwo kongera kujurira iki gihano mu Rukiko rw’Ubujurire rukurikira Urukiko Rukuru mu bubasha.

 

Harakurikiraho iki?

Bamporiki waburanye adafunze, nyuma yo gukatirwa gufungwa imyaka ine mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarungenge, yakomeje kuburana ubujurire adafunze, nkuko biteganywa n’amategeko ko igihe waburanye udafunze, ukajurira ukomeza kuburana ubujurire uri hanze.

Umwe mu banyamategeko babimazemo igihe mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko mu Gihe Bamporiki atahita ajurira iki cyemezo cy’Urukiko Rukuru, ashobora guhita afungwa.

Yagize ati “Bisaba ko ahita ajurira uyu mwanzuro kuva aka kanya utangajwe, bitaba ibyo inzego zishinzwe gushyira mu bikorwa igihano yakatiwe, zigahita zibikora.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko nanone Ubushinjacyaha bubyibwirije bushobora gukoresha ububasha buhabwa n’itegeko bagahita butegeka ko uwo baburana, ahita afungwa “Ku buryo n’iyo yazajurira, yazaburana ubujurire bwe afunze.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + thirteen =

Previous Post

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Next Post

Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Related Posts

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.