Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda wari uherutse gukatirwa gufungwa imyaka ine akajurira, igifungo yari yakatiwe kiyongereho umwaka umwe, mu gihe ihazabu yari yaciwe yavuye kuri Miliyoni 60 Frw ikaba miliyoni 30 Frw.

Urukiko Rukuru rwari rwaburanishije ubujurire bw’uyu munyapolitiki, rwamukatiye iki gihano rumuhamije ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku mafaranga yakiriye nk’indonke.

Ni icyemezo cy’Urukiko cyasomwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru i Nyamirambo.

Urukiko Rukuru rwemeje ko Bamporiki ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi akoresheje uburiganya, rutegeka ko afungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya Miliyoni 30 Frw.

Bamporiki afite uburenganzira bwo kongera kujurira iki gihano mu Rukiko rw’Ubujurire rukurikira Urukiko Rukuru mu bubasha.

 

Harakurikiraho iki?

Bamporiki waburanye adafunze, nyuma yo gukatirwa gufungwa imyaka ine mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarungenge, yakomeje kuburana ubujurire adafunze, nkuko biteganywa n’amategeko ko igihe waburanye udafunze, ukajurira ukomeza kuburana ubujurire uri hanze.

Umwe mu banyamategeko babimazemo igihe mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko mu Gihe Bamporiki atahita ajurira iki cyemezo cy’Urukiko Rukuru, ashobora guhita afungwa.

Yagize ati “Bisaba ko ahita ajurira uyu mwanzuro kuva aka kanya utangajwe, bitaba ibyo inzego zishinzwe gushyira mu bikorwa igihano yakatiwe, zigahita zibikora.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko nanone Ubushinjacyaha bubyibwirije bushobora gukoresha ububasha buhabwa n’itegeko bagahita butegeka ko uwo baburana, ahita afungwa “Ku buryo n’iyo yazajurira, yazaburana ubujurire bwe afunze.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

Next Post

Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Umusore yishwe n’inshuti ye magara kubera impamvu ibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.