Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars yo muri Tanzania.

Mu kiganiro cyihariye, Pavelh Ndzila yahaye RADIOTV10, yavuze ko gusezerera iyi kipe muri iri rushanwa rya CAF Confederation Cup bishoboka ariko mu gihe habaho gushyira hamwe kw’inzego zose zigize Rayon Sports FC.

Pavelh Ndzilla niwe mukinnyi wa nyuma wasinyiye Rayon Sports FC muri iyi mpeshyi, nyuma y’imyaka ibiri akinira APR FC.

Muri iyo myaka ibiri, APR FC yagiye isezererwa na Pyramids FC yo mu misiri mu marushanwa ya CAF Champions league.

Mu mwaka wa kabiri, iyi kipe y’ingabo yasezerewe ku kiciro cya kabiri ( Round 2) nyuma yo gusezerera Azam FC nayo yo muri Tanzania muri Round ya 1.

Kuba yongeye guhura n’ikipe yo muri Tanzania ari muri Rayon Sports FC niho yahereye ahishura urufunguzo rwo gusezerera Singida Black Stars.

Yagize ati “ Singida siyo kipe ikomeye muri Afrika, kuyisezerera bisaba gushyira hamwe, abayobozi bakavuga rumwe, abatoza n’abakinnyi bakavuga rumwe, Singida yavamo kuko Rayon Sports ni ikipe nziza ifite abakinnyi bakiri bato bavanzemo n’abafite ubunararibonye…”

Pavelh Ndzila avuze ibi asa n’ukebura aba-Rayon bamaze iminsi bavugwamo kudashyira hamwe cyane cyane mu buyobozi.

Umukino ubanza wa Rayon Sports FC na Singida Black Stars uteganyijwe kuwa gatandatu taliki ya 20 Nzeli 2025 saa 19h00 kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe uwo kwishyura uzaba mu mpera z’icyumweru kizakurikiraho.

Uyu mukino ubanza uzayoborwa n’abasifuzi bo muri Eswatini , haba uwo hagati n’abandi babiri bamwungirije.

Singida Black Stars yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu taliki ya 17 Nzeli 2025 ahagana saa 17h00.

Yazanye intwaro zayo zikomeye zirimo Kapiteni wa Uganda Cranes Khalid Auco, Clatous Chama, Kibabage bose banyuze mu ikipe ya Yanga.

Singida ije gukina uyu mukino nyuma y’iminsi mike yegukanye irushanwa rya “CECAFA KAGAME CUP” ryaberega i Dar Es Salaam muri Tanzania itsinze    ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman ya Sudan ibitego bibiri kuri kimwe.

APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yagarukiye muri kimwe cya kabiri isezerewe na Al Hilal Omdurman, gusa yaje kwegukana umwanya wa gatatu itsinze KMC igitego kimwe ku busa.

Rayon Sports FC yaherukaga muri iyi mikino ya CAF Confederation Cup muri 2023 ubwo yasezererwaga na Al Hilal Benghazi mu mikino yombi yari yabereye mu Rwanda kubera icyunamo cyari muri Libya yari yapfushije abaturage bahitanywe n’imyuzure.

Pavelh Ndzila twaganiriye
Yagiriye inama Rayon

Singida yo yamaze gusesekara mu Rwanda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 12 =

Previous Post

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Next Post

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.