Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, yagarutse imbere y’Urukiko asaba kurekurwa ngo kuko iminsi 30 yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye atararegerwa Urukiko ruzamuburanisha mu mizi.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ari na rwo rwafashe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyatangajwe tariki 18 Nyakanga 2025.

Uyu wiyemerera ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko kuva igihe yafatiwe kiriya cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, mu gihe Ubushinjacyaha bwari butaramuregera mu mizi, ndetse butaranasabye ko yongerwa, bityo agasaba Urukiko gufata icyemezo cyo kumurekura.

Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe binyuranyije n’amategeko, kuko iminsi 30 yari yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye tariki 17 Kanama 2025 kandi ko icyo gihe hari hataratangwa ikirego cyo mu mizi.

Ubusanzwe itegeko riteganya ko iyo uregwa yafatiwe iki cyemezo, ariko Ubushinjacyaha bwabona ko izarangira atararegerwa Urukiko mu mizi, busaba Urukiko rwagifashe kongera iriya minsi.

Me Gashabana avuga ko ibyo bitabaye, ahubwo umukiliya we agakomeza gufungwa kandi Ubushinjacyaha butaramuregera Urukiko ruzamuburanisha mu mizi, bityo ko akwiye kurekurwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko ibi bisabwa n’uruhande rw’uregwa bidafite ishingiro, kuko umunsi wa 30 muri iriya yafatiwe uregwa, wuzuye ari ku Cyumweru kandi akaba ari umunsi w’ikiruhuko, kandi ko bucyeye bwaho hatanzwe ikirego, kandi ko byemewe n’amategeko.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kiba ari icyemezo kidasanzwe, kandi ko iminsi 30 ivugwa igomba kubarwa hatitawe ku y’ibiruhuko cyangwa igize impera z’icyumweru (weekend).

Ingabire Victoire yasabye Urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze, kandi ko ntacyo yasabwa n’amategeko ashobora kuzarengaho kuko yiteguye kubahiriza ibyo azategekwa byose.

Yagaragaje impamvu yifuza gukurikiranwa ari hanze zirimo ibibazo by’umuryango ashaka gukurikirana, nko kuba umugabo we arembye kandi yagakwiye kumuba hafi no kumukurikirana.

Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwapfundikiye iburanisha, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri uyu wa 28 Kanama 2025.

Ingabire Victoire kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabaga Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Next Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.