Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Ghana Ahuofe Abrantie wari uzwi nka Tupac kubera kwisanisha na we mu myambarire, wagaragaraga mu mashusho magufi asekeje, yitabye Imana azize urupfu rutarasobanuka.

Amakuru avuga ko Ahoufe yitabiye Imana iwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023 nyuma yo gukora amashusho yatambukaga imbonankubone (live) y’amasaha 16.

Ikinyamakuru Yen News kivuga ko icyateye urupfu rwa Ahoufe kitaramenyekana, ariko urupfu rwe rwabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga.

Umwe mu baraperi uzwi nka Jay Bhad wo mu itsinda rya Asakaa Boys, yemeje urupfu rw’uyu munyarwenya mu mashusho yashyize hanze.

Jay Bhad, mu mashusho yemeza urupfu rwa Ahuofe Abrantie, yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Ubuzima ni bugufi koko, uruhuke mu mahoro Ahuofe, ugiye kare, tuzagukumbura.”

Ahuofe yari amaze kuba ikirangirire ku mbuga nkoranyambaga, byumwihariko kuri TikTok, yakundaga kugaragaraho yambaye imyambaro minini imenyerewe ku baraperi, yari inazwi ku wo yisanishaga na we, nyakwigendera Tupac.

Amashusho y’uyu mugabo yanashyirwaga ku zindi mbuga nkoranyambaga nko kuri status za WhatsApp, yasetsaga benshi kubera uburyo uyu mugabo yitwaraga.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok yari amaze kubaho ikimenyabose, yari afite abamukurikira (Followers) miliyoni 3,9, mu gihe amashusho ye yari amaze kurebwa na miliyoni 39,8 aho yari amaze gushyiraho videwo 217.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Next Post

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Related Posts

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ukomoka mu Rwanda, akaba asanzwe ari n’umukinnyikazi wa Filimi, aherutse gukorana...

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

by radiotv10
02/10/2025
0

Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda banagezweho muri iyi minsi, nka The Ben, Bruce Melodie na Kevin Kade, bahatanye mu bihembo...

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe...

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

by radiotv10
01/10/2025
0

Usengimana Danny wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no muri Afurika, wanabaye rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yabatirijwe muri Canada aho asigaye...

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

IZIHERUKA

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali
FOOTBALL

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

by radiotv10
03/10/2025
0

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

03/10/2025
Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

03/10/2025
Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.