Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’igice aba muri Canada, nyuma y’igihe gito yemeje ko agiye kuza mu Rwanda, yateguje Abaturarwanda ko agiye kugaruka mu rwamubyaye, ndetse anateguza abantu igitaramo cye cya mbere azanakirirwamo.

Safi Madiba wagiye kuba muri Canada muri Gashyantare 2020, yatangaje iyi nkuru yo kugaruka mu Rwanda abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yanararikiye abantu ko hateganyijwe ibirori n’igitaramo byo kumwakira.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Safi Madiba yagize ati “Nishimiye kuba ngarutse mu Gihugu cyanyibarutse, sinjye uzarota mbonanye n’abantu banjye.”

Uyu muhanzi yavuze ko mu mpera z’iki cyumweru, tariki Indwi Ukuboza 2024, azanakorerwa ibirori n’igitaramo byo kumwakira, bizabera mu kabari ko mu Mujyi wa Kigali kazwi nka The Green Lounge.

Safi Madiba wari umaze igihe akora ibitaramo mu bice binyuranye by’Isi, nko muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa, yari yatangaje ko ibi bitaramo yakoze ku Mugabane w’u Burayi, bizarangira akaza no gutaramira Abaturarwanda.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boys, yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020, aho yari asanze uwari umugore we Niyonizera Judith bari barasezeranye muri 2017, ariko bakaba baraje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko mu mwaka ushize wa 2023.

Uyu muhanzi Safi Madiba usigaye wiririmbana ku giti cye, akaba akorera ibikorwa bya muzika muri Canada, yaje kubona ubwenegihugu bw’iki Gihugu, aho yabuhawe muri Kamena uyu mwaka wa 2024.

Safi Madiba aherutse gukorera igitaramo mu Bufaransa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 12 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo ukurikiranyweho gusambanya umukobwa we yibyariye n’icyabimuteye

Next Post

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Related Posts

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.