Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’igice aba muri Canada, nyuma y’igihe gito yemeje ko agiye kuza mu Rwanda, yateguje Abaturarwanda ko agiye kugaruka mu rwamubyaye, ndetse anateguza abantu igitaramo cye cya mbere azanakirirwamo.

Safi Madiba wagiye kuba muri Canada muri Gashyantare 2020, yatangaje iyi nkuru yo kugaruka mu Rwanda abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yanararikiye abantu ko hateganyijwe ibirori n’igitaramo byo kumwakira.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Safi Madiba yagize ati “Nishimiye kuba ngarutse mu Gihugu cyanyibarutse, sinjye uzarota mbonanye n’abantu banjye.”

Uyu muhanzi yavuze ko mu mpera z’iki cyumweru, tariki Indwi Ukuboza 2024, azanakorerwa ibirori n’igitaramo byo kumwakira, bizabera mu kabari ko mu Mujyi wa Kigali kazwi nka The Green Lounge.

Safi Madiba wari umaze igihe akora ibitaramo mu bice binyuranye by’Isi, nko muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa, yari yatangaje ko ibi bitaramo yakoze ku Mugabane w’u Burayi, bizarangira akaza no gutaramira Abaturarwanda.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boys, yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020, aho yari asanze uwari umugore we Niyonizera Judith bari barasezeranye muri 2017, ariko bakaba baraje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko mu mwaka ushize wa 2023.

Uyu muhanzi Safi Madiba usigaye wiririmbana ku giti cye, akaba akorera ibikorwa bya muzika muri Canada, yaje kubona ubwenegihugu bw’iki Gihugu, aho yabuhawe muri Kamena uyu mwaka wa 2024.

Safi Madiba aherutse gukorera igitaramo mu Bufaransa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 13 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo ukurikiranyweho gusambanya umukobwa we yibyariye n’icyabimuteye

Next Post

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.