Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’igice aba muri Canada, nyuma y’igihe gito yemeje ko agiye kuza mu Rwanda, yateguje Abaturarwanda ko agiye kugaruka mu rwamubyaye, ndetse anateguza abantu igitaramo cye cya mbere azanakirirwamo.

Safi Madiba wagiye kuba muri Canada muri Gashyantare 2020, yatangaje iyi nkuru yo kugaruka mu Rwanda abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aho yanararikiye abantu ko hateganyijwe ibirori n’igitaramo byo kumwakira.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Safi Madiba yagize ati “Nishimiye kuba ngarutse mu Gihugu cyanyibarutse, sinjye uzarota mbonanye n’abantu banjye.”

Uyu muhanzi yavuze ko mu mpera z’iki cyumweru, tariki Indwi Ukuboza 2024, azanakorerwa ibirori n’igitaramo byo kumwakira, bizabera mu kabari ko mu Mujyi wa Kigali kazwi nka The Green Lounge.

Safi Madiba wari umaze igihe akora ibitaramo mu bice binyuranye by’Isi, nko muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa, yari yatangaje ko ibi bitaramo yakoze ku Mugabane w’u Burayi, bizarangira akaza no gutaramira Abaturarwanda.

Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Urban Boys, yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020, aho yari asanze uwari umugore we Niyonizera Judith bari barasezeranye muri 2017, ariko bakaba baraje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko mu mwaka ushize wa 2023.

Uyu muhanzi Safi Madiba usigaye wiririmbana ku giti cye, akaba akorera ibikorwa bya muzika muri Canada, yaje kubona ubwenegihugu bw’iki Gihugu, aho yabuhawe muri Kamena uyu mwaka wa 2024.

Safi Madiba aherutse gukorera igitaramo mu Bufaransa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo ukurikiranyweho gusambanya umukobwa we yibyariye n’icyabimuteye

Next Post

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.