Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Inkuru y’akababaro yerecyeye uwakoze ibikorwa byamamaye muri muzika ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Quincy Jones wamenyekanye mu gutunganya umuziki, wakoranye n’abahanzi b’ibirangirire ku Isi nka Michael Jackcon, yitabye Imana ku myaka 91 y’amavuko.

BBC dukesha iyi nkuru, iravuga ko uyu mukambwe wamenyekanye mu muziki bitewe n’abahanzi bakomeye yakoranye na bo barimo Michael Jackcon, Frank Sinatra n’abandi, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, aguye mu rugo rwe i Bel Air muri Los Angeles.

Quincy Jones azwi cyane kuba ari we wanakoze album ya Michael Jackson yitwa Thriller, yamamaye ku Isi, iriho indirimbo zakunzwe n’abatari bacye.

Mu kazi yamazemo imyaka irenga 75, Quincy Jones yegukanye ibihembo 28 bya Grammy, anashyirwa na Time Magazine mu bantu b’ingenzi cyane muri muzika ya Jazz, mu kinyejana cya 20.

Ni byinshi yakoze mu ruhando rw’imyidagaduro, kuko mu 1985 Quincy yatunganyije anayobora indirimbo ‘We Are The World’ ya Michael Jackson. Ni indirimbo yahurijwemo abahanzi 46 bari bakunzwe muri Amerika barimo Jackson, Bruce Springsteen, Tina Turner na Cyndi Lauper kugira ngo baririmbe iyi ndirimbo.

Quincy Jones yanatunganyije filimi yitwa The Color Purple, yatumye Oprah Winfrey na Whoopi Goldberg batangira kwamamara.

Jones yashyingiwe ubugiragatatu, afite abana barindwi barimo Quincy Jones III utunganya umuzika na Rashida Jones ukina filimi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 6 =

Previous Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Next Post

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.