Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Intego Ikipe y’Igihugu Amavubi ihagurukanye i Kigali yerekeza muri Nigeria
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali yerecyeje muri Nigeria gukina umukino w’umunsi wa karindwi gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzayihuza na Nigeria, ifite intego yo kuzitwara neza.

Abakinnyi, abatoza n’abandi bajyanye n’Ikipe, bahagurutse ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe ku isaha ya saa 8h55, yerecyeza muri Leta ya Uyo State, kwitegura umukino ifite ku wa Gatandatu tariki 6 Nzeri 2025, saa 18h00.

Itsinda ry’abantu 39 muri 44 bagomba kujyana n’ikipe, ni bo bahagurutse i Kigali, riyobowe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice umaze iminsi ibiri gusa atorewe kuyobora iri Shyirahamwe.

Iri tsinda kandi ririmo abakinnyi 24, ariko 20 ni bo bahagurutse i Kigali mu gihe abandi bane aribo Kavita Phanuel, Mugisha Bonheur ‘Casemiro’, Kwizera Jojea na Buhake Twizere Clement bazahurira n’abandi i Lagos bagakomezanya urugendo rugana Uyo.

Biteganyijwe ko ikipe igera i Lagos saa 14h15 za Kigai (13h15 Lagos), ihahaguruke saa 17h00 za Kigali (16h00 za Lagos), mu gihe nigera Uyo icumbika muri hoteli yitwa IBOM Hotel Uyo.

Abakinnyi bahamagawe ariko bakaba batajyanye n’Amavubi, ni Niyo David ukinira Kiyovu Sport, Ishimwe Djabilu wa Etincelles basigaye kubera amahitamo y’umutoza, mu gihe Claude Kayibanda Smith ukinira Bedford FC yo mu Bwongereza we atageze mu Rwanda kubera imvune yagiriye mu mukino ikipe ye yakinnye mu mpera z’icyumweru gishize.

Perezida wa FERWAFA mushya aganira na Kapiteni Bizimana Djihadi

Myugariro Mutsinzi Ange Jimmy na rutahizamu Nshuti Innocent basanzwe ari inshuti z’akasohoka bagiye biyemeje gufasha Amavubi mu bwugarizi n’ubusatirizi
Umunyezamu Ntwali Fiacre na we afite intego
Kapiteni Bizimana Djihad
Na Niyomugabo Claude wa APR

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 12 =

Previous Post

Hatangajwe imibare yo hejuru y’abishwe n’inkangu idasanzwe muri Sudani

Next Post

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

Related Posts

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

by radiotv10
28/08/2025
0

Ikipe ya APR FC izahagararira u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup, yisanze mu itsinda rya kabiri ririmo ikipe ya NEC...

Al Merreikh yo muri Sudani ibaye ikipe ya kane ije gukorera Pre-season mu Rwanda

Al Merreikh yo muri Sudani ibaye ikipe ya kane ije gukorera Pre-season mu Rwanda

by radiotv10
28/08/2025
0

Ikipe ya Al Merreikh yo muri Sudan yabaye iya 4 yo mu mahanga ije mu Rwanda kuhitegurira umwaka w’imikino (pre-season...

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

by radiotv10
28/08/2025
0

Mu mikino Nyafurika y’ijonjora ry’ibanze CAF Champions League, umukino wa mbere uzahuza ikipe ya APR FC na Pyramids FC yo...

Dore abakinnyi batagaragaye ku rutonde rw’abahamagawe mu Mavubi bikibazwaho

Dore abakinnyi batagaragaye ku rutonde rw’abahamagawe mu Mavubi bikibazwaho

by radiotv10
26/08/2025
0

Abakinnyi Hakim Sahabo, Samuel Gueulette, Niyigena Clement, Ruboneka Jean Bosco bari mu bigaragaje mu mwaka w’imikino ushize, ntibaje muri 27...

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

by radiotv10
23/08/2025
0

Ikipe ya APR FC imaze gutsindwa imikino ibiri mu irushanwa yateguye ryiswe ‘Inkera y'Abahizi’, bituma abiganjemo abakunzi bayo batangira kugira...

IZIHERUKA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know
IMIBEREHO MYIZA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

02/09/2025
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

02/09/2025
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

Amashimwe akomeje kuba menshi ku muhanzikazi Tonzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.