Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Igaruka ry’inyamaswa z’ibirura mu bice bitandukanye ku Mugabane w’u Burayi, ryateye ikikango ku baturage ndetse no ku matungo boroye, aho ubuyobozi bw’uyu Mugabane bwavuze ko hagiye gushyirwaho ingamba.

Izi nyamaswa zigeze n’ubundi guteza akaga ku Mugabane w’u Burayi, aho ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo kuzihiga no kuzica, ariko bigeze mu 1950, haza gushyirwaho ingamba zo kurengera izi nyamaswa na zo zari zisigaye ari ngerere.

Ibi byatumye izi nyamaswa zongera kororoka, ndetse ubu zimaze kuba nyinshi mu bice binyuranye byo kuri uyu Mugabane w’u Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leye mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, yavuze ko igaruka ry’izi nyamaswa ryongeye gutera impungenge.

Yagize ati “Ubwiyongere bw’ibirura mu bice bimwe by’i Burayi, bwongeye kuzana akaga ku matungo ndetse no ku kiremwamuntu.”

Uyu muyobozi wa EU, ni umwe mu bazi ingaruka z’izi nyamaswa z’ibirura, aho muri Nzeri umwaka ushize, Ikirura kimwe cyagiye mu gace k’icyaro gatuyemo bamwe mu bo mu muryango we ko mu majyaruguru y’u Budage, kica umwe mu bo mu muryango we.

Abashinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bo bishimira igaruka ry’izi nyamaswa z’ibirura, bo babifata nk’amahirwe yo kuzakomeza kuringaniza urusobe rw’ibinyabuzima.

Kuva mu 1992 umuryango urengera inyamaswa, wemeje itegeko rirengera by’umwihariko ibirura, gusa von der Leyen yasabye “abategetsi gufata ingamba,” yongeraho kandi ko “Inteko Ishinga Amategeko ya EU yazishyizeho zizabafasha.”

Mu itangazo ry’Umuyobozi wa Komisiyo ya EU, yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze ndeste n’abahanga mu by’ubumenyi, gutanga imibare y’izi nyamaswa, bakazoherereza iyi Komisiyo kuri email bitarenze tariki 22 Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yatangiye imyitozo yitegura gutsinda umukino utazagira icyo uhindura

Next Post

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.