Umuyobozi wo hejuru muri Iran yatangaje ko intambara iri hagati y’iki Gihugu na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu ‘gihe gishya’, atera utwatsi ibivugwa ko ishobora kurangira vuba kandi yerekana ko hashobora kubaho kwihimura ku bikorwa remezo by’ingufu mu karere kose.
Uyu muyobozi yabwiye CNN mu butumwa bwe ku Cyumweru ko nta cyizere cy’uko intambara izarangira vuba nubwo hari abavuga ko atari ko bimeze.
Ni nyuma yuko mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje Israel igabye igitero cya rutura ku bubiko bw’ibikomoka kuri peteroli gikomeye muri Iran.
Uyu muyobozi yagize ati “Intambara yinjiye mu gihe gishya kandi igitero ku bubiko bwa peteroli na lisansi bya Iran kizakemurwa no kwihimura kuzakorwa ku karere.”
Uyu muyobozi yongeyeho ko Iran ishobora kwibasira ibikorwa remezo by’ingufu mu minsi iri imbere, agaragaza ko hashobora kubaho ihungabana rikomeye ry’ibigo bya Gaze n’ibikomoka kuri peteroli byo mu karere.
Uyu muyobozi yagize ati “Iran ntizareka kugenzura Strait of Hormuz kugeza igihe igeze ku musaruro yifuza.” Anakomoza ko ibi bikorea bishobora kwerekeza ku nzira ikomeye inyuzwamo ibikomoka kuri peteroli byinshi bicuruzwa ku isi.
Uyu muyobozi yavuze kandi ko iki Gihugu cya Iran, ari cyo gifite mu biganza byacyo kugenda igihe iyi ntambara izarangira. Iyi ntambara yinjiye mu cyumweru cyayo cya kabiri, yadutse nyuma yuko Israel na USA bagabye ibitero ku wa 28 Gashyantare 2026, byahitanye abo mu nzego zo hejuru muri Iran barimo uwari Umuyobozi w’Ikirenga wayo, n’abo mu nzego za gisirikare.
RADIOTV10









