Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwamaze gushyiraho itariki yo kuburanishaho ubujurire bwa Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, uherutse guhamwa n’ibyaha akurikiranyweho agakatirwa gufungwa imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw.

Bamporiki Edouard yahamijwe ibyaha akurikiranyweho mu mwanzuro w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge wasomwe tariki 30 Nzeri 2022.

Uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda wari ufite iminsi 30 yo kujuririra iki cyemezo, yatanze ubujurire bwe tariki 25 Ukwakira 2022 abushyikiriza Urukiko Rukuru rujuririrwa ibyemezo byafashwe mu nkiko zisumbuye.

Urukiko Rukuru rwajuririwe muri iki kirego kiregwamo Bamporiki, rwamaze gutangaza itariki ruzaburanishaho urubanza rw’ubujurire, ruzaba tariki 19 Ukuboza 2022.

Bamporiki yahamijwe ibyaha bibiri, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Uyu munyapolitiki ukiri muto wabaye n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yahagaritswe muri Guverinoma y’u Rwanda tariki 05 Gicurasi 2022, ubwo byavugwaga ko hari ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.

Ku mugoroba wo kuri iyo tariki 05 Gicurasi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko “akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.”

Kuva icyo gihe, uyu mugabo yakomeje gufungirwa iwe ndetse akaba ari na ho yaturukaga ubwo yitabaga Urukiko mu maburanisha atandukanye yagiye yitabira.

Bamporiki wanasabye imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange nyuma yo guhagarikwa muri Guverinoma y’u Rwanda akanemera ko yahemutse akakira indonke, mu miburanire ye ntiyakanye ibyaha ashinjwa, ahubwo we n’Umunyamategeko we Me Habyarimana Jean Baptiste bakunze gusaba Urukiko ko rwamukatira igifungo gisubitse.

Ubwo Bamporiki yasabirwaga n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 20, yavuze ko ari myinshi ku buryo aramutse ayimaze muri gereza ntacyo yaba agikoreye Igihugu cye kandi yumva agifite imbaraga zo kugikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Next Post

IFOTO: Abaperezida b’Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abaperezida b’Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

IFOTO: Abaperezida b'Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.