Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwamaze gushyiraho itariki yo kuburanishaho ubujurire bwa Bamporiki Edouard wigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, uherutse guhamwa n’ibyaha akurikiranyweho agakatirwa gufungwa imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw.

Bamporiki Edouard yahamijwe ibyaha akurikiranyweho mu mwanzuro w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge wasomwe tariki 30 Nzeri 2022.

Uyu wahoze muri Guverinoma y’u Rwanda wari ufite iminsi 30 yo kujuririra iki cyemezo, yatanze ubujurire bwe tariki 25 Ukwakira 2022 abushyikiriza Urukiko Rukuru rujuririrwa ibyemezo byafashwe mu nkiko zisumbuye.

Urukiko Rukuru rwajuririwe muri iki kirego kiregwamo Bamporiki, rwamaze gutangaza itariki ruzaburanishaho urubanza rw’ubujurire, ruzaba tariki 19 Ukuboza 2022.

Bamporiki yahamijwe ibyaha bibiri, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Uyu munyapolitiki ukiri muto wabaye n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yahagaritswe muri Guverinoma y’u Rwanda tariki 05 Gicurasi 2022, ubwo byavugwaga ko hari ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.

Ku mugoroba wo kuri iyo tariki 05 Gicurasi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko “akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo.”

Kuva icyo gihe, uyu mugabo yakomeje gufungirwa iwe ndetse akaba ari na ho yaturukaga ubwo yitabaga Urukiko mu maburanisha atandukanye yagiye yitabira.

Bamporiki wanasabye imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange nyuma yo guhagarikwa muri Guverinoma y’u Rwanda akanemera ko yahemutse akakira indonke, mu miburanire ye ntiyakanye ibyaha ashinjwa, ahubwo we n’Umunyamategeko we Me Habyarimana Jean Baptiste bakunze gusaba Urukiko ko rwamukatira igifungo gisubitse.

Ubwo Bamporiki yasabirwaga n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 20, yavuze ko ari myinshi ku buryo aramutse ayimaze muri gereza ntacyo yaba agikoreye Igihugu cye kandi yumva agifite imbaraga zo kugikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − four =

Previous Post

Gushaka abagore bakuze bafite amafaranga, umuvuno w’abasore bifuza gukira batavunitse

Next Post

IFOTO: Abaperezida b’Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abaperezida b’Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

IFOTO: Abaperezida b'Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.