Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yatorotse Igihugu, agahungira muri Tanzania, Guverinoma y’iki Gihugu yemeje ko uyu munyapolitiki yabuze, mu gihe Ubushinjacyaha buri kumushakisha.

Inkuru y’itoroka rya Alain Guillaume Bunyoni, yatangiye kuvugwa kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, nyuma yuko ku wa Mbere ingo ze zisatswe n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza kubera gukekwa ko hahishe amafaranga menshi.

Kuri uyu wa Kabiri, amakuru yavugaga ko Alain Guillaume Bunyoni yahunze Igihugu, akerecyeza muri Tanzania, ariko nta rwego rwa Leta rwari rwakabyemeje.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Medias Burundi, avuga ko Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Martin Niteretse yemereye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023, ko Alain Guillaume Bunyoni yabuze.

Martin Niteretse yavuze ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gushakisha uyu munyapolitiki Alain Guillaume Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akaza gukurwa kuri uyu mwanya, nyuma yuko bivuzwe ko yari ari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Alain Guillaume Bunyoni uri mu banyapolitiki bigeze kugira ijambo rikomeye mu Burundi, yasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe muri Nzeri umwaka ushize wa 2022.

Icyo gihe yakuwe kuri uyu mwanya ukomeye mu rwego rwa Politiki, nyuma yuko we na Perezida Ndayishimiye bari bamaze iminsi baterana amagambo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Polisi ndetse n’inzego zishinzwe ubutasi mu Burundi, zabyukiye ku rugo rwe, zisaka inzu ye, ubwo byakekwaga ko hari amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze, ahishe iwe.

Ubwo Alain Guillaume Bunyoni yakurwaga kuri uriya mwanya wa Minisitiri w’Intebe, hari abasesenguzi bo mu Burundi, bari bavuze ko muri iki Gihugu hari abayobozi bigize ibikomerezwa, bagakoresha ububasha bahabwa n’amategeko, mu kwigwizaho imitungo, kandi ko Perezida Evariste Ndayishimiye atabishyigikiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − eight =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Next Post

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.