Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yatorotse Igihugu, agahungira muri Tanzania, Guverinoma y’iki Gihugu yemeje ko uyu munyapolitiki yabuze, mu gihe Ubushinjacyaha buri kumushakisha.

Inkuru y’itoroka rya Alain Guillaume Bunyoni, yatangiye kuvugwa kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, nyuma yuko ku wa Mbere ingo ze zisatswe n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza kubera gukekwa ko hahishe amafaranga menshi.

Kuri uyu wa Kabiri, amakuru yavugaga ko Alain Guillaume Bunyoni yahunze Igihugu, akerecyeza muri Tanzania, ariko nta rwego rwa Leta rwari rwakabyemeje.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Medias Burundi, avuga ko Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Martin Niteretse yemereye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023, ko Alain Guillaume Bunyoni yabuze.

Martin Niteretse yavuze ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gushakisha uyu munyapolitiki Alain Guillaume Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akaza gukurwa kuri uyu mwanya, nyuma yuko bivuzwe ko yari ari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Alain Guillaume Bunyoni uri mu banyapolitiki bigeze kugira ijambo rikomeye mu Burundi, yasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe muri Nzeri umwaka ushize wa 2022.

Icyo gihe yakuwe kuri uyu mwanya ukomeye mu rwego rwa Politiki, nyuma yuko we na Perezida Ndayishimiye bari bamaze iminsi baterana amagambo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Polisi ndetse n’inzego zishinzwe ubutasi mu Burundi, zabyukiye ku rugo rwe, zisaka inzu ye, ubwo byakekwaga ko hari amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze, ahishe iwe.

Ubwo Alain Guillaume Bunyoni yakurwaga kuri uriya mwanya wa Minisitiri w’Intebe, hari abasesenguzi bo mu Burundi, bari bavuze ko muri iki Gihugu hari abayobozi bigize ibikomerezwa, bagakoresha ububasha bahabwa n’amategeko, mu kwigwizaho imitungo, kandi ko Perezida Evariste Ndayishimiye atabishyigikiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Next Post

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.