Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Itoroka ry’uwabaye muyobozi ukomeye i Burundi ryatanzweho amakuru mashya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bivuzwe ko Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yatorotse Igihugu, agahungira muri Tanzania, Guverinoma y’iki Gihugu yemeje ko uyu munyapolitiki yabuze, mu gihe Ubushinjacyaha buri kumushakisha.

Inkuru y’itoroka rya Alain Guillaume Bunyoni, yatangiye kuvugwa kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mata 2023, nyuma yuko ku wa Mbere ingo ze zisatswe n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza kubera gukekwa ko hahishe amafaranga menshi.

Kuri uyu wa Kabiri, amakuru yavugaga ko Alain Guillaume Bunyoni yahunze Igihugu, akerecyeza muri Tanzania, ariko nta rwego rwa Leta rwari rwakabyemeje.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Medias Burundi, avuga ko Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Martin Niteretse yemereye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata 2023, ko Alain Guillaume Bunyoni yabuze.

Martin Niteretse yavuze ko Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Burundi buri gushakisha uyu munyapolitiki Alain Guillaume Bunyoni wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, akaza gukurwa kuri uyu mwanya, nyuma yuko bivuzwe ko yari ari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Alain Guillaume Bunyoni uri mu banyapolitiki bigeze kugira ijambo rikomeye mu Burundi, yasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe muri Nzeri umwaka ushize wa 2022.

Icyo gihe yakuwe kuri uyu mwanya ukomeye mu rwego rwa Politiki, nyuma yuko we na Perezida Ndayishimiye bari bamaze iminsi baterana amagambo.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Polisi ndetse n’inzego zishinzwe ubutasi mu Burundi, zabyukiye ku rugo rwe, zisaka inzu ye, ubwo byakekwaga ko hari amafaranga menshi yabonye mu buryo butanoze, ahishe iwe.

Ubwo Alain Guillaume Bunyoni yakurwaga kuri uriya mwanya wa Minisitiri w’Intebe, hari abasesenguzi bo mu Burundi, bari bavuze ko muri iki Gihugu hari abayobozi bigize ibikomerezwa, bagakoresha ububasha bahabwa n’amategeko, mu kwigwizaho imitungo, kandi ko Perezida Evariste Ndayishimiye atabishyigikiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + nine =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda wari wahuye n’isanganya ubu aramwenyura

Next Post

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Umuraperi ugezweho mu Rwanda yamaze kwinjira mu bashoramari ba muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.