Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in IMYIDAGADURO
0
Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki gihe mu Rwanda hatangiye ibikorwa bya CHOGM bizitabirwa n’ababarirwa mu bihumbi bitandatu, mu Mujyi wa Kigali haranatangira ibikorwa by’imyidagaduro bizamara icyumweru.

Ibi bikorwa by’imyidagaduro bizabera mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali birimo n’ibisanzwe bimenyereweho uyu mwihariko wo kwakira abifuza kuruhura mu mutwe.

Ahazwi nko ku Gisimenti haherutse gushyirwa umwihariko wo kuzajya hakumirwamo ibinyabiziga mu minsi y’impera c’Icyumweru kugira ngo abifuza kwica akanyota no kwidagadura bahabwe rugari banabikore bisanzuye mu mihanda, na ho hazabera ibi bikorwa by’imyidagaduro.

Si ho gusa kuko no mu Biryogo na ho haherutse gukumirwamo ibinyabiziga ubu hakaba hahurira imbaga y’abatari bacye bagiye kuhanywera icyayi kizwi nka The Vert ndetse n’igikoma kirahirirwa na benshi, na ho hazaba hari imyidagaduro iruhura abantu.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatumiye abawutuye ndetse n’abandi babyifa ko aha ku Gisimenti hagiye kumara icyumweru ari kwa ba mukundabirori.

Umujyi wa Kigali uvuga ko “ubararikiye ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye biri muri Car Free Zonze ya Gisimenti no mu Mujyi rwagati bizamara icyumweru cyose.”

Ubu butumire bw’Umjyi wa Kigali, buvuga ko muri ibi bikorwa by’imyidagaduro, harimo iby’umuziki ndtse n’abifuza ibyo kurya no kunywa bikazajya biba ari munange, bizajya binitabirwa n’abashyitsi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko kwinjira muri ibi bitaramo ari Ubuntu, buti “ikindi ni uko hari interineti y’ubuntu (Free-wifi). Igihe cyose ugiriyeyo uracyirwa.”

Aba DJs bazajya basusurutsa abantu
Icyo kunywa na cyo kiraba gihari ku bwinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame, Tshisekedi, Ndayishimiye, Museveni, Kiir na Kenyatta bari kwiga ku bya Congo

Next Post

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.