Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in IMYIDAGADURO
0
Iwabo w’imyidagaduro mu Gisimenti na Biryogo hagiye kumara icyumweru ari kwa Mukundabirori
Share on FacebookShare on Twitter

Muri iki gihe mu Rwanda hatangiye ibikorwa bya CHOGM bizitabirwa n’ababarirwa mu bihumbi bitandatu, mu Mujyi wa Kigali haranatangira ibikorwa by’imyidagaduro bizamara icyumweru.

Ibi bikorwa by’imyidagaduro bizabera mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali birimo n’ibisanzwe bimenyereweho uyu mwihariko wo kwakira abifuza kuruhura mu mutwe.

Ahazwi nko ku Gisimenti haherutse gushyirwa umwihariko wo kuzajya hakumirwamo ibinyabiziga mu minsi y’impera c’Icyumweru kugira ngo abifuza kwica akanyota no kwidagadura bahabwe rugari banabikore bisanzuye mu mihanda, na ho hazabera ibi bikorwa by’imyidagaduro.

Si ho gusa kuko no mu Biryogo na ho haherutse gukumirwamo ibinyabiziga ubu hakaba hahurira imbaga y’abatari bacye bagiye kuhanywera icyayi kizwi nka The Vert ndetse n’igikoma kirahirirwa na benshi, na ho hazaba hari imyidagaduro iruhura abantu.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatumiye abawutuye ndetse n’abandi babyifa ko aha ku Gisimenti hagiye kumara icyumweru ari kwa ba mukundabirori.

Umujyi wa Kigali uvuga ko “ubararikiye ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye biri muri Car Free Zonze ya Gisimenti no mu Mujyi rwagati bizamara icyumweru cyose.”

Ubu butumire bw’Umjyi wa Kigali, buvuga ko muri ibi bikorwa by’imyidagaduro, harimo iby’umuziki ndtse n’abifuza ibyo kurya no kunywa bikazajya biba ari munange, bizajya binitabirwa n’abashyitsi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko kwinjira muri ibi bitaramo ari Ubuntu, buti “ikindi ni uko hari interineti y’ubuntu (Free-wifi). Igihe cyose ugiriyeyo uracyirwa.”

Aba DJs bazajya basusurutsa abantu
Icyo kunywa na cyo kiraba gihari ku bwinshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame, Tshisekedi, Ndayishimiye, Museveni, Kiir na Kenyatta bari kwiga ku bya Congo

Next Post

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Niki gikomeje gutuma havugwa ko Papa Francis yaba agiye kwegura?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.