Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu bagize Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kwegura, Perezida Felix Tshisekedi yasabye ko ahabwa raporo igaragaza umusaruro wa buri wese ugize Guverinoma y’iki Gihugu.

Felix Tshisekedi yabitegetse Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde muri iki cyumweu nyuma yuko Abaminisitiri batatu beguye muri Guverinoma y’Igihugu cye.

Aya makuru yemejwe na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya.

Muyaya yabigejeje ku kanama k’Abaminisitiri, avuga ko iyi raporo ikenewe mu gihe gito gishoboka ku buryo igomba kuzaboneka muri Mutarama umwaka utaha wa 2023.

Yagize ati “Ni raporo igomba kuzagaragaza ikigero cy’imikorere n’umusaruro wa buri umwe ugize Guverimoma.”

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya Congo Kinshasa, yavuze ko Perezida Tshisekedi yanasabye Guverinoma y’Igihugu cye kurangwa n’ubushishozi ndetse no kwihutisha ibikorwa byayo hagendewe kuri gahunda iki Gihugu kiyemeje zigamije kuzamura imibereho y’Abanyekongo.

Perezida Tshisekedi asabye iyi raporo igaragaza imikorere y’abagize Guverinoma y’Igihugu cye mu gihe bamwe mu bari bayigize byumwihariko abasanzwe ari abo mu ishyaka ry’umunyapolitiki Moïse Katumbi bakomeje kwegura.

Aba baminisitiri batangiye kwegura nyuma yuko Moïse Katumbi atangarije ko yafashe icyemezo cyo kuva muri ihuriri Union Sacrée rishyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.

Abaheruka kwegura, ni Christian Mwando Nsimba wari Minisitiri w’Igenamigambi, Chérubin Okende wari Minisitiri w’ubwikorezi n’inzira z’itumanaho, na Veronique Kulumba Nkulu wari wungirije Minisitiri w’Ubuzima.

Aba bose ni abo mu ishyaka Essemble pour la Republique rya Moïse Katumbi ukomeje kugaragaza ko atishimiye imikorere y’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi ndetse akaba yaratangaje ko yiteguye guhangana na we mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 18 =

Previous Post

Kiliziya mu Rwanda yagaragaje ko iticaye ubusa ku buzima bw’uwabaye Papa bugeramiwe

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.