Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze ko bimwe mu byabiteye ari umwuka utari mwiza wagiye ubaho muri iyi kipe nko kwitana bamwana ndetse n’abakinnyi ntibashyigikirwe uko byari bikwiye.

Muhire Kevin yabitangarije RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi ku munsi wa nyuma wa Shampiyona y’u Rwanda ubwo Igikombe cyahabwaga nyiracyo, ari we APR FC, mucyeba w’iyi Kipe ya Rayon yatangiranye intego yo kuzacyegukana.

Nyuma y’umukino wa nyuma wa Rayon Sports yanabonyemo intsinzi y’igitego 1-0 itsinze Gorilla FC, Muhire Kevin yabajijwe icyabuze ngo iyi kipe abereye Kapiteni ibure igikombe nyamara yari igifitiye icyizere mu mizo ya mbere kubera uburyo yitwaye mu mikino yabanje, yavuze ko byatewe n’umwuka utari mwiza wagendaga uvuka muri iyi kipe.

Yagize ati “Hari igihe haba ibintu mu ikipe bitari byiza, iyo mu ikipe hajemo ngo ‘kanaka yakoze ibi n’ibi bitari byiza’ iyo ikipe ijemo ibice bibiri, iyo kipe intego ziba zatandukanye, navuga ko ku bwanjye ari byo byatwishe.”

Kapiteni wa Rayon Sports avuga ko ntako abakinnyi batagize ku ruhande rwabo bagatanga imbaraga zabo “ariko urebye ahandi aho bagombaga gushyigikirwa, ntibashyigikiwe nk’uko byari bikwiye, ni yo mpamvu tutageze ku ntego zacu.”

Muhire Kevin avuga ko ubundi umusaruro w’ikipe uba ugomba kwakirwa n’impande zose, ariko ko iyo batsindaga byishimirwaga n’ubuyobozi, ariko batsindwa hagashakwa abo byegekwaho.

Ati “Rero iyo ikipe itsinzwe hari igihe habaho abo babyegekaho, abandi bakavuga ngo ni kanaka wadutsindishije, ngo ni kanaka ibi n’ibi n’ibi, rero icyo gihe ikipe iba yacitsemo ibice bibiri.”

Ubwo Shampiyona yari iri kugana ku musozo, ubwo ikipe ya Rayon Sports yagendaga ibura intsinzi, ubuyobozi bwayo bwagiye buhagarika bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza, barimo umutoza Mukuru Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, ndetse na Ayabonga Lebitsa wari Umutoza wongerera imbaraga kimwe n’umunyezamu wayo, Khadime N’diaye utarakoreshejwe mu mikino ya nyuma.

Muhire Kevin anenga ibi byemezo byagiye bifatwa n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, ati “Ikipe ntabwo ari umuntu, kuko uwo muntu uba waramuguze aje gutwara igikombe, rero iyo bitagenze neza nta mpamvu yo kumwegekaho ibintu ahubwo uba ugomba kumushyigikira ukamuba hafi kugira ngo ibyo atakoze neza azabikosore mu mikino itaha.”

Ikipe ya Rayon Sports kandi yanabuze igikombe cy’Amahoro, yari yagereye ku mukino wa nyuma ariko igatsinwa na mucyeba wayo, APR FC, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda itwaye ibikombe bitatu byose bikomeye mu Rwanda muri uyu mwaka w’imikino.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Next Post

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.