Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze ko bimwe mu byabiteye ari umwuka utari mwiza wagiye ubaho muri iyi kipe nko kwitana bamwana ndetse n’abakinnyi ntibashyigikirwe uko byari bikwiye.

Muhire Kevin yabitangarije RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi ku munsi wa nyuma wa Shampiyona y’u Rwanda ubwo Igikombe cyahabwaga nyiracyo, ari we APR FC, mucyeba w’iyi Kipe ya Rayon yatangiranye intego yo kuzacyegukana.

Nyuma y’umukino wa nyuma wa Rayon Sports yanabonyemo intsinzi y’igitego 1-0 itsinze Gorilla FC, Muhire Kevin yabajijwe icyabuze ngo iyi kipe abereye Kapiteni ibure igikombe nyamara yari igifitiye icyizere mu mizo ya mbere kubera uburyo yitwaye mu mikino yabanje, yavuze ko byatewe n’umwuka utari mwiza wagendaga uvuka muri iyi kipe.

Yagize ati “Hari igihe haba ibintu mu ikipe bitari byiza, iyo mu ikipe hajemo ngo ‘kanaka yakoze ibi n’ibi bitari byiza’ iyo ikipe ijemo ibice bibiri, iyo kipe intego ziba zatandukanye, navuga ko ku bwanjye ari byo byatwishe.”

Kapiteni wa Rayon Sports avuga ko ntako abakinnyi batagize ku ruhande rwabo bagatanga imbaraga zabo “ariko urebye ahandi aho bagombaga gushyigikirwa, ntibashyigikiwe nk’uko byari bikwiye, ni yo mpamvu tutageze ku ntego zacu.”

Muhire Kevin avuga ko ubundi umusaruro w’ikipe uba ugomba kwakirwa n’impande zose, ariko ko iyo batsindaga byishimirwaga n’ubuyobozi, ariko batsindwa hagashakwa abo byegekwaho.

Ati “Rero iyo ikipe itsinzwe hari igihe habaho abo babyegekaho, abandi bakavuga ngo ni kanaka wadutsindishije, ngo ni kanaka ibi n’ibi n’ibi, rero icyo gihe ikipe iba yacitsemo ibice bibiri.”

Ubwo Shampiyona yari iri kugana ku musozo, ubwo ikipe ya Rayon Sports yagendaga ibura intsinzi, ubuyobozi bwayo bwagiye buhagarika bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza, barimo umutoza Mukuru Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, ndetse na Ayabonga Lebitsa wari Umutoza wongerera imbaraga kimwe n’umunyezamu wayo, Khadime N’diaye utarakoreshejwe mu mikino ya nyuma.

Muhire Kevin anenga ibi byemezo byagiye bifatwa n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, ati “Ikipe ntabwo ari umuntu, kuko uwo muntu uba waramuguze aje gutwara igikombe, rero iyo bitagenze neza nta mpamvu yo kumwegekaho ibintu ahubwo uba ugomba kumushyigikira ukamuba hafi kugira ngo ibyo atakoze neza azabikosore mu mikino itaha.”

Ikipe ya Rayon Sports kandi yanabuze igikombe cy’Amahoro, yari yagereye ku mukino wa nyuma ariko igatsinwa na mucyeba wayo, APR FC, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda itwaye ibikombe bitatu byose bikomeye mu Rwanda muri uyu mwaka w’imikino.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Next Post

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.