Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga haherutse gucicikana amakuru y’ibihuha ko Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, atakiriho, yaje mu Rukiko yitwaje igitabo cy’ibyahumetswe n’Imana, abanyamategeko be bongera kuvuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe, bamugereranya na Barafinda wigeze kujyanwa i Ndera.

Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru y’ibihuha yazamuwe na bamwe mu bakunze kuvuga nabi u Rwanda, ko Aimable Karasira yitabye Imana. Aya makuru yananyomojwe n’ubuyobozi mu Rwanda, nkuko byahamirijwe RADIOTV10.

Ibi bihuha bikurikiwe n’ikimenyetso nyirizina ko uyu mugabo wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ari muzima, aho kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata yitabye Urukiko.

Karasira Amaible yitabye Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rufite icyicaro i Nyanza, nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga urubanza rwe, rwiyambuye ububasha kuri rwo.

Aimable Karasira wageze mu cyumba cy’uru Rukiko, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yitwaje Bibiliya, ndetse yabona Abanyamakuru akayimanika, agaragaza ko Imana isumba byose.

Yunganiwe n’Abanyamategeko basanzwe bafite amazina azwi mu Rwanda, nka na Me Gatera Gashabana na Me Evode Kayitana.

Karasira yahise abwira Urukiko ko afite inzitizi, zirimo izishingiye ku burwayi, burimo agahinda gakabije yatewe n’amateka ashaririye yabaye mu Rwanda nka Jenoside Yakorewe Abatutsi, yamutwaye abo mu muryango we bose.

Yavuze kandi ko n’umuvandimwe we yari yarasigaranye na we afite uburwayi bwo mu mutwe, ku buryo na we byamugizeho ingaruka zikomeye mu mutwe.

Me Kayitana Evode wagaragarije Urukiko ko umukiliya we adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha, kuko afite uburwayi bwo mu mutwe.

Yifashishije urugero rw’undi Munyarwanda na we wari ufite ibyo yari akurikiranyweho ariko bikaza kugaragara ko afite uburwayi bwo mu mutwe, ari we Barafinda Sekikubo Fred, avuga ko uyu atajyanywe imbere y’Inkiko ahubwo ko yajyanywe kuvuzwa.

Me Kayitana Evode yagize ati “Barafinda yaravujwe aho yavugaga ibigambo bitandukanye birimo ko yatsinze amatora, ndetse umugore we ari First Lady, ndetse RIB ibuza Abanyamakuru kumuvugisha biraba, ubu ntakibazo afite, ari we na Karasira Aimable na we niko akwiye gufatwa.”

Muri iri buranisha kandi, Aimable Karasira yabwiye Abacamanza ko afite uburwayi bunyuranye burimo ako gahinda gakabije, indwara y’igisukari (Diabetes), kandi akaba afunzwe nabi.

Karasira wasabaga ko yarekurwa akabanza akavurwa, yasabye ko yahabwa uburenganzira akavurwa n’abaganga b’abanyamahanga kuko abo mu Rwanda ashobora kubabwira uburwayi bwe, ntibabwumve ngo kubera ubwoba.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo buvuge ku byatangajwe n’uruhande rw’uregwa, bwavuze ko Aimable Karasira arwaye koko, ariko ko agifite ubushobozi bw’abantu bazima.

Ubushinjacyaha bwashimangiraga ko Karasira atafatwa nk’umurwayi wo mu mutwe nkuko we n’abamwunganira babivuga, bwavuze ko ibyo kuba Karasira yabanza kuvuzwa, byasuzumwa n’Urukiko.

Urukiko rumaze kumva impaka z’impande zombi kuri izi nzitizi z’uregwa, rwahise rusubika urubanza, rutangaza ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku wa Kane tariki 06 Mata 2023.

Karasira akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aho we yakunze kuvuga ko atahakana Jenoside kandi na we ari umwe mu bayirokotse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 6 =

Previous Post

Inkuru nziza ku batsindiye ‘Provisoire’ n’abateganya kuzikorera

Next Post

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

IZIHERUKA

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging
IMYIDAGADURO

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.