Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Mbere, yabwiye Urukiko ko atiteguye kuburana kuko afite uburwayi burimo ubwo mu mutwe ndetse ko adateze kuzabura mu gihe atarabukira.

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri, yageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022.

Yageze ku Rukiko yambaye impuzankano y’abagororwa batarakatirwa y’iroza ari mu modoka isanzwe itwara imfungwa n’abagororwa yitwaje agafuka karimo inyandiko yifashisha.

Inteko y’Urukiko ikigera mu cyumba cyarwo, yabajije uregwa niba yiteguye kuburana, avuga ko atiteguye kuburana kubera uburwayi butandukanye burimo iy’Igisukari (Diabetes) ubw’amaso ndetse n’uburwayi bwo mu mutwe.

Aimable Karasira umaze umwaka atawe muri yombi, we na Me Gatera Gashabana umwuganira mu mategeko, bavuze ko atazigera aburana mu gihe atarakira ubu burwayi bwe.

Uregwa kandi yavuze ko yazanywe kuburana ku ngufu kuko nubundi nubwo yaje ariko atari yiteguye kuburana kuko arwaye ndetse ko amaze iminsi itatu adatora agatotsi.

Yavuze ko afunzwe mu buryo buteye agahinda ndetse ko akorerwa iyicaruboza, agakubitwa buri munsi ku buryo nubundi asa n’uwatangiye ibihano bityo ko nta mpamvu yo kwirirwa aburana.

Yagize ati “Nkorerwa iyicarubozo, n’ubu mfite isereri. Nta mpamvu yo kuburana kandi naratangiye ibihano.”

Ubushinjacyaha bwabajijwe icyo buvuga kuri iki cyifuzo cy’uregwa, bwavuze ko kuba uregwa arwaye akaba yifuza kusubikisha urubanza aregwamo, ari uburenganzira bwe.

Urukiko rwahise rwemeza ko uru rubanza  rusubikwa rukazasubukurwa tariki Indwi Nyakanga 2022.

Ubwo Aimable Karasira yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, na bwo we n’abanyamategeko bamwunganiraga, bari babwiye Urukiko afite uburwayi bwo mu mutwe bityo ko atari akwiye kuburanishwa atabanje kuvuzwa.

Ubusanzwe itegeko ryo mu Rwanda ntiryemera ko ufite uburwayi bwo mu mutwe aryozwa icyaha.

Aimable Karasira n’abamwunganira banagaragaje impapuro yafatiyeho imiti mu Bitaro binyuranye birimo ibisanzwe bivura indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera.

Ubushinjacyaha bwakunze gutera utwatsi ubu burwayi bwo mu mutwe bwavugwaga na Aimable Karasira n’abamwunganira, bwavugaga ko uregwa afite ubwenge n’ubushishozi ndetse ko n’ibikorwa bigize ibyo akurikiranyweho, byumvikanagamo ubushishozi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mbadi says:
    4 years ago

    Karasira arwaye umutwe yatewe no kubura ,Ibiyobyabwenge.

    Reply

Leave a Reply to Mbadi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 2 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye

Next Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.