Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Mbere, yabwiye Urukiko ko atiteguye kuburana kuko afite uburwayi burimo ubwo mu mutwe ndetse ko adateze kuzabura mu gihe atarabukira.

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri, yageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022.

Yageze ku Rukiko yambaye impuzankano y’abagororwa batarakatirwa y’iroza ari mu modoka isanzwe itwara imfungwa n’abagororwa yitwaje agafuka karimo inyandiko yifashisha.

Inteko y’Urukiko ikigera mu cyumba cyarwo, yabajije uregwa niba yiteguye kuburana, avuga ko atiteguye kuburana kubera uburwayi butandukanye burimo iy’Igisukari (Diabetes) ubw’amaso ndetse n’uburwayi bwo mu mutwe.

Aimable Karasira umaze umwaka atawe muri yombi, we na Me Gatera Gashabana umwuganira mu mategeko, bavuze ko atazigera aburana mu gihe atarakira ubu burwayi bwe.

Uregwa kandi yavuze ko yazanywe kuburana ku ngufu kuko nubundi nubwo yaje ariko atari yiteguye kuburana kuko arwaye ndetse ko amaze iminsi itatu adatora agatotsi.

Yavuze ko afunzwe mu buryo buteye agahinda ndetse ko akorerwa iyicaruboza, agakubitwa buri munsi ku buryo nubundi asa n’uwatangiye ibihano bityo ko nta mpamvu yo kwirirwa aburana.

Yagize ati “Nkorerwa iyicarubozo, n’ubu mfite isereri. Nta mpamvu yo kuburana kandi naratangiye ibihano.”

Ubushinjacyaha bwabajijwe icyo buvuga kuri iki cyifuzo cy’uregwa, bwavuze ko kuba uregwa arwaye akaba yifuza kusubikisha urubanza aregwamo, ari uburenganzira bwe.

Urukiko rwahise rwemeza ko uru rubanza  rusubikwa rukazasubukurwa tariki Indwi Nyakanga 2022.

Ubwo Aimable Karasira yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, na bwo we n’abanyamategeko bamwunganiraga, bari babwiye Urukiko afite uburwayi bwo mu mutwe bityo ko atari akwiye kuburanishwa atabanje kuvuzwa.

Ubusanzwe itegeko ryo mu Rwanda ntiryemera ko ufite uburwayi bwo mu mutwe aryozwa icyaha.

Aimable Karasira n’abamwunganira banagaragaje impapuro yafatiyeho imiti mu Bitaro binyuranye birimo ibisanzwe bivura indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera.

Ubushinjacyaha bwakunze gutera utwatsi ubu burwayi bwo mu mutwe bwavugwaga na Aimable Karasira n’abamwunganira, bwavugaga ko uregwa afite ubwenge n’ubushishozi ndetse ko n’ibikorwa bigize ibyo akurikiranyweho, byumvikanagamo ubushishozi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mbadi says:
    3 years ago

    Karasira arwaye umutwe yatewe no kubura ,Ibiyobyabwenge.

    Reply

Leave a Reply to Mbadi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye

Next Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.