Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Karasira yabwiye Urukiko ko atazigera aburana atarakira uburwayi afite burimo ubwo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wagombaga gutangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Mbere, yabwiye Urukiko ko atiteguye kuburana kuko afite uburwayi burimo ubwo mu mutwe ndetse ko adateze kuzabura mu gihe atarabukira.

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ukurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri, yageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022.

Yageze ku Rukiko yambaye impuzankano y’abagororwa batarakatirwa y’iroza ari mu modoka isanzwe itwara imfungwa n’abagororwa yitwaje agafuka karimo inyandiko yifashisha.

Inteko y’Urukiko ikigera mu cyumba cyarwo, yabajije uregwa niba yiteguye kuburana, avuga ko atiteguye kuburana kubera uburwayi butandukanye burimo iy’Igisukari (Diabetes) ubw’amaso ndetse n’uburwayi bwo mu mutwe.

Aimable Karasira umaze umwaka atawe muri yombi, we na Me Gatera Gashabana umwuganira mu mategeko, bavuze ko atazigera aburana mu gihe atarakira ubu burwayi bwe.

Uregwa kandi yavuze ko yazanywe kuburana ku ngufu kuko nubundi nubwo yaje ariko atari yiteguye kuburana kuko arwaye ndetse ko amaze iminsi itatu adatora agatotsi.

Yavuze ko afunzwe mu buryo buteye agahinda ndetse ko akorerwa iyicaruboza, agakubitwa buri munsi ku buryo nubundi asa n’uwatangiye ibihano bityo ko nta mpamvu yo kwirirwa aburana.

Yagize ati “Nkorerwa iyicarubozo, n’ubu mfite isereri. Nta mpamvu yo kuburana kandi naratangiye ibihano.”

Ubushinjacyaha bwabajijwe icyo buvuga kuri iki cyifuzo cy’uregwa, bwavuze ko kuba uregwa arwaye akaba yifuza kusubikisha urubanza aregwamo, ari uburenganzira bwe.

Urukiko rwahise rwemeza ko uru rubanza  rusubikwa rukazasubukurwa tariki Indwi Nyakanga 2022.

Ubwo Aimable Karasira yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, na bwo we n’abanyamategeko bamwunganiraga, bari babwiye Urukiko afite uburwayi bwo mu mutwe bityo ko atari akwiye kuburanishwa atabanje kuvuzwa.

Ubusanzwe itegeko ryo mu Rwanda ntiryemera ko ufite uburwayi bwo mu mutwe aryozwa icyaha.

Aimable Karasira n’abamwunganira banagaragaje impapuro yafatiyeho imiti mu Bitaro binyuranye birimo ibisanzwe bivura indwara zo mu mutwe bya Caraes Ndera.

Ubushinjacyaha bwakunze gutera utwatsi ubu burwayi bwo mu mutwe bwavugwaga na Aimable Karasira n’abamwunganira, bwavugaga ko uregwa afite ubwenge n’ubushishozi ndetse ko n’ibikorwa bigize ibyo akurikiranyweho, byumvikanagamo ubushishozi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mbadi says:
    4 years ago

    Karasira arwaye umutwe yatewe no kubura ,Ibiyobyabwenge.

    Reply

Leave a Reply to Mbadi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Leta yashyize ku isoko Laboratwari y’Igihugu ikora imiti iri i Huye

Next Post

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Operasiyo Iranzi Jean Claude muri USA: Antha avuze ukuri kutari kuzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.