• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in Uncategorized
1
Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, arakekwaho kwica umwarimu w’imyaka 63 wari ugiye mu karuhuko ka saa sita, amuteye icyuma mu mutima bapfa ideni ry’amafaranga yari amurimo.

Uyu mwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Nkoto riherereye mu Kagari ka Muhororo, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, buvuga ko uyu mwarimu ubwo yari agiye mu kiruhuko cya saa sita ari bwo yishwe n’uyu mukobwa wamushinjaga ko amurimo ibihumbi 18 Frw yamusigayemo ubwo uyu murezi yaguriraga amandazi abanyeshuri.

Uwimana Phanuel uyobora Umurenge wa Murambi, yavuze ko uyu mwarimu witwa Twagirayesu Jean Jafari we yavugaga ko amafaranga arimo uyu mukobwa ari ibihumbi 10 Frw, akanayamwishyura kuri Mobile Money.

Uyu mukobwa utanyuzwe, yabanje gutongana na nyakwigendera wari ufite imyaka 63 y’amavuko ariko undi aramuhunga ajya kwiyicarira ahamwitaruye.

Uyu mukobwa yakomeje kuzamura umujinya, asanga uyu mwarimu aho yari yicaye amutera icyuma yari yitwaje mu mufuka, undi ahasiga ubuzima.

Uwimana Phanuel yagize ati “Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Kirinda, umukobwa na we twasanze abaturage bamufashe n’icyo cyuma yamwicishije bakimwambuye ahita ashyikirizwa RIB.”

Uyu mukobwa witwa Annonciata yahise atabwa muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Gashari kugira ngo akorweho iperereza.

Uyu mwarimu w’imyaka 63, yari amaze imyaka 40 muri uyu mwuga w’uburezi, ndetse akaba yashenguye benshi barimo abo yigishije kuko bamushimira uburezi yabahaye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Christian Tuganemungu says:
    4 years ago

    Imana imuhe iruhuko ridashira
    Uwo mukobwa bamukatire urunukwiriye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Basanze imirambo itatu y’umugore n’abana be barimo uw’imyaka 3 n’ishoko ibari iruhande

Next Post

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.