Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA
1
Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, yagiye mu Burundi kuganira na Perezida Ndayishimiye Evariste uyoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, ku bibazo by’umutekano biri mu DRCongo.

Perezida Uhuru Kenyatta, yageze i Bujumbura kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022, aherekejwe n’Umunyamanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, avuga ko Uhuru Kenyatta wahawe inshingano zo kuyobora ibikorwa byo gushaka amahoro mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yajyanywe mu Burundi no kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye EAC, ku bibazo byugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ubwo we na Dr Peter Mathuki bageraga ku Kibuga Mpuzamahanga kitiriwe Melchior Ndadaye, bakiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Guverinoma y’u Burundi, Ezechiel Nibigira uherutse mu Rwanda aho yari yitabiriye imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Uhuru Kenyatta agiye mu Burundi kuganira na Ndayishimiye ku bibazo biri muri Congo, nyuma y’iminsi micye Kenya yoherejeyo ingabo zigiye mu butumwa bwa EAC mu guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRCongo.

Muri iki cyumweru kandi havuzwe ko Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, bateganya guterana mu gihe cya vuba kugira ngo bige ku bibazo biri muri Congo.

Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango kandi, barateganya guhura na bo bakaganira ku nzira zo gushaka umuti w’ibi bibazo bimaze igihe mu Burasirazuba bwa DRC.

Uhuru Kenyatta yakiriwe na Evariste Ndayishimiye

Perezida Uhuru Kenyatta yaherekejwe na Dr Peter Mathuki

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emradu Entertainment says:
    3 years ago

    Ohhh its gud things in Africa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame

Next Post

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.