Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA
1
Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, yagiye mu Burundi kuganira na Perezida Ndayishimiye Evariste uyoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, ku bibazo by’umutekano biri mu DRCongo.

Perezida Uhuru Kenyatta, yageze i Bujumbura kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022, aherekejwe n’Umunyamanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Dr Peter Mathuki.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, avuga ko Uhuru Kenyatta wahawe inshingano zo kuyobora ibikorwa byo gushaka amahoro mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yajyanywe mu Burundi no kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye EAC, ku bibazo byugarije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ubwo we na Dr Peter Mathuki bageraga ku Kibuga Mpuzamahanga kitiriwe Melchior Ndadaye, bakiriwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Guverinoma y’u Burundi, Ezechiel Nibigira uherutse mu Rwanda aho yari yitabiriye imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Uhuru Kenyatta agiye mu Burundi kuganira na Ndayishimiye ku bibazo biri muri Congo, nyuma y’iminsi micye Kenya yoherejeyo ingabo zigiye mu butumwa bwa EAC mu guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRCongo.

Muri iki cyumweru kandi havuzwe ko Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, bateganya guterana mu gihe cya vuba kugira ngo bige ku bibazo biri muri Congo.

Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango kandi, barateganya guhura na bo bakaganira ku nzira zo gushaka umuti w’ibi bibazo bimaze igihe mu Burasirazuba bwa DRC.

Uhuru Kenyatta yakiriwe na Evariste Ndayishimiye

Perezida Uhuru Kenyatta yaherekejwe na Dr Peter Mathuki

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emradu Entertainment says:
    3 years ago

    Ohhh its gud things in Africa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame

Next Post

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.