Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe

radiotv10by radiotv10
02/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Kigali: Barakekwaho gukoresha amayeri adasanzwe ngo bashyire ku isoko inzoga zitemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bakekwaho gukora inzoga zitujuje ubuzirange, bashyiraga ku isoko babanje gukoresha ibirango by’ibyiganano bakomeka ku macupa.

Aba bagabo barimo w’imyaka 29 y’amavuko n’undi w’imyaka 26, bafashwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, tariki 29 Nzeri 2023 mu Kagari ka Rugarama, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Polisi y’u Rwanda yabafashe, ivuga ko biyemerera ari bo bakoraga ibyo binyobwa, bakanacurisha ibirango bisa n’iby’abandi bomekagaho, bakazigurisha nk’iz’uruganda biganiye ibirango.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe na nyiri uruganda rwiganiwe ikinyobwa cyo mu bwoko bwa kambuca ruhereye mu Karere ka Bugesera.

Bafashwe basigaranye litilo 200, dore ko bari bamaze igihe kinini bakoresha ubu buryo mu gushyira ku isoko izi nzoga zitujuje ubuziranenge.

SP Sylvestre Twajamahoro yagize ati “Turashimira nyiri uru ruganda kuba yarakurikiranye amakuru y’abamwangirizaga izina ry’uruganda bakora inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse bakanifashisha ibirango akoresha bitewe no gutangira amakuru ku gihe bigatuma bafatwa.”

Aba bagabo bakimara gufatwa, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Rwezamenyo kugira ngo hakomeze iperereza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bizimana Joachim says:
    2 years ago

    Muraho Nahano iwacu barahari bakoresha ibyapa byurundi ruganda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − seven =

Previous Post

Icyarijije The Ben mu gitaramo cy’ibyishimo bitazibagirana i Burundi

Next Post

Habonetse urwandiko rwasizwe n’uwabonetse amaze ibyumweru 2 yarapfuye by’urujijo

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Agapfundikizo k’ikaramu katumye iwabo w’umwana wari ku ishuri hataha inkuru mbi

Habonetse urwandiko rwasizwe n’uwabonetse amaze ibyumweru 2 yarapfuye by’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.