Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kuki FERWAFA ikomeje kuryumaho amezi 2 akaba yihiritse nta mutoza w’Amavubi kandi hari ikiyategereje?

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kuki FERWAFA ikomeje kuryumaho amezi 2 akaba yihiritse nta mutoza w’Amavubi kandi hari ikiyategereje?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunya-Espagne Carlos Ferrer watozaga ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi asezeye kuri izi nshingano, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Minisiteri ya Siporo, baryumyeho kandi nta n’umusimbura we washatswe, kandi hari ibitegereje Amavubi mu minsi iri imbere.

Carlos Ferrer wasezeye mu ntangiro za Kanama (08), yahize yerekeza mu Gihugu cya Belarus kubatoreza ikipe yabo y’Igihugu.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yabaye iya nyuma mu itsinda yari irimo mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri côte d’Ivoire umwaka utaha wa 2024.

Amavubi kandi yabuze itike yo kwerekeza muri CHAN izabera muri Kenya umwaka utaha.

Nyuma y’uwo musaruro mubi, uyu mutoza Carlos Ferrer yahisemo guhita atandukana n’ikipe y’Igihugu, ariko igiteye impungenge ni uko atarabonerwa umusimbura.

Mu kwezi gutaha, ikipe y’u Rwanda iratangira urugamba rwo gushaka itike yo kuzitabira igikombe cy’Isi kizabera muri Canada na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Mexique mu mwaka wa 2026. Kugera ubu nta mutoza uhari wo gutegura iyi Kipe y’Igihugu.

Ubu muri iki cyumweru ni umwanya FIFA iba yarageneye amakipe y’Ibihugu ngo akine imikino igiye itandukanye harimo n’iya gicuti, ariko Amavubi yo nta n’umwe azakina ndetse na Shampiyona izakomeza, bitandukanye n’ahandi ho bazaba bahugiye mu makipe y’Ibihugu.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga kuri raporo y’umuryango wongeye kurwambika ibirego bishya by’ibinyoma

Next Post

Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Related Posts

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

by radiotv10
18/07/2025
0

Nyuma yuko Muhire Kevin areze ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports kubera kutamwishyura umushahara w’amezi abiri, umukinnyi w’Umunya-Senegal, Omar Gning na...

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

U Rwanda rwabonye itike yo gukina imikino yo mu cyiciro cya nyuma ya BILLIE JEAN KING CUP

by radiotv10
16/07/2025
0

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'abagore mu mukino wa Tennis, yatsinze Senegal ihita iyobora itsinda inabona itike yo gukina imikino yo...

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

by radiotv10
16/07/2025
0

Umutoza Seninga Innocent wigeze guhagarikwa n’ikipe ya Etincelles FC, akanerecyeza muri Zambia ariko akabura ikipe, yongeye kugirirwa icyizere n’iyi kipe...

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

by radiotv10
15/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi...

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.