Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kuki FERWAFA ikomeje kuryumaho amezi 2 akaba yihiritse nta mutoza w’Amavubi kandi hari ikiyategereje?

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kuki FERWAFA ikomeje kuryumaho amezi 2 akaba yihiritse nta mutoza w’Amavubi kandi hari ikiyategereje?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunya-Espagne Carlos Ferrer watozaga ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi asezeye kuri izi nshingano, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Minisiteri ya Siporo, baryumyeho kandi nta n’umusimbura we washatswe, kandi hari ibitegereje Amavubi mu minsi iri imbere.

Carlos Ferrer wasezeye mu ntangiro za Kanama (08), yahize yerekeza mu Gihugu cya Belarus kubatoreza ikipe yabo y’Igihugu.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yabaye iya nyuma mu itsinda yari irimo mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika kizabera muri côte d’Ivoire umwaka utaha wa 2024.

Amavubi kandi yabuze itike yo kwerekeza muri CHAN izabera muri Kenya umwaka utaha.

Nyuma y’uwo musaruro mubi, uyu mutoza Carlos Ferrer yahisemo guhita atandukana n’ikipe y’Igihugu, ariko igiteye impungenge ni uko atarabonerwa umusimbura.

Mu kwezi gutaha, ikipe y’u Rwanda iratangira urugamba rwo gushaka itike yo kuzitabira igikombe cy’Isi kizabera muri Canada na Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Mexique mu mwaka wa 2026. Kugera ubu nta mutoza uhari wo gutegura iyi Kipe y’Igihugu.

Ubu muri iki cyumweru ni umwanya FIFA iba yarageneye amakipe y’Ibihugu ngo akine imikino igiye itandukanye harimo n’iya gicuti, ariko Amavubi yo nta n’umwe azakina ndetse na Shampiyona izakomeza, bitandukanye n’ahandi ho bazaba bahugiye mu makipe y’Ibihugu.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga kuri raporo y’umuryango wongeye kurwambika ibirego bishya by’ibinyoma

Next Post

Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Hatangajwe undi muhanzi wubatse izina utegerejwe mu Rwanda mu birori by’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.