Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino ibiri Ikipe y’Igihugu Amavubi iherutse gukinira muri Sitade Amahoro, benshi mu bayirebye, binjiriye ubuntu ndetse bamwe ntibishyuye n’amafaranga y’urugendo. Haribazwa niba bidashobora gutuma ko abakunzi ba ruhago batora umuco wo kumva ko bagomba kureba imikino ku buntu.

Iyi mikino ibiri y’Amavubi, yatsinzwemo umwe wa Nigeria yayitsinze ibitego 2-0, inganya umwe na Lesotho, 1-1.

Muri iyi mikino yombi, abafana b’Amavubi bemerewe kwinjirira ubuntu kandi bitanga umusaruro, kuko Sitade barayuzuye ku mikino yombi.

Ku ruhande rumwe, wabonaga ntako bisa kubona igikorwa remezo kijyamo abantu ibihumbi 45 cyuzuyemo abafana b’ikipe y’Igihugu, bafana ndetse bikanatera imbaraga abakinnyi, ariko ku rundi ruhande hakibazwa niba bitaba ari ukumenyereza nabi abafana.

Mbere yuko Amavubi y’u Rwanda yakira Super Eagles ya Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAGA) na Minisiteri ya Siporo bari bashyizeho ibiciro aho kwinjira, amafaranga mae yari 1 000 Frw ku muzenguruko wo hejuru wa Stade, n’amafaranga 2 000 Frw ku muzenguruko wo hasi.

Icyakora ku munsi nyirizina w’umukino, abafana baje kumenyeshwa ko kwinjira muri sitade ari ubuntu, biza no gutuma hari bamwe mu bari baguze amatike mbere babura uko binjira bitewe n’uko hari abazaga nyuma bagasanga imyanya yabo yicawemo n’abinjiriye ubuntu bagasubira inyuma bagataha.

Nyuma y’ibi byari byabaye, abashinzwe iby’ibiciro n’amatike, bamenyesheje ko ufite itike atinjiriyeho ku mukino wa Nigeria, yazayibika akayinjiriraho ku mukino wa Lesotho ariko kandi ko n’udafite itike azemererwa kwinjira ku buntu mu myanya ya 1 000 Frw na 2000 Frw. Ibi ni ko byagenze, kuko umukino u Rwanda rwaraye runganyijemo na Lesotho igitego 1-1, abinjiye muri Sitade binjiriye ubuntu.

Ni byo koko imikino Amavubi yakinnye aba akeneye ubwitabire nk’ubwagaragaye kuri Nigeria na Lesotho, ariko ku rundi ruhande hari n’abakomeje kwibaza niba atari ukumenyereza nabi Abafana aho ubutaha hari imikino Amavubi azajya yishyuza abafana bakanga kugura amatike batekereza ko n’ubundi ku munsi wa nyuma bazinjirira ubuntu.

Kwinjira wishyuye muri sitade nyinshi hano mu Rwanda, bisa n’ibimaze kumenyerwa n’abakunzi b’umupira w’amaguru ahanini baba binjiye bagiye gufana amakipe (clubs) yabo haba mu mikino ya shampiyona, iy’ibindi bikombe nk’icy’Amahoro ndetse n’imikino nyafurika.

Usibye iyi mikino ibiri ya Nigeria na Lesotho abafana binjiriye ubuntu muri Stade Amahoro, ku mukino wa CHAN wo kwishyura u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0, nabwo abafana bari binjiriye ubuntu ndetse no ku mukino u Rwanda rwanganyijemo na Nigeria 0-0.

Amavubi y’u Rwanda azongera gukina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi tariki 01 Nzeri uyu mwaka ubwo azasura Super Eagles ya Nigeria, yongere asure Zimbabwe ku ya 08 z’uko kwezi, akazakurikizaho kwakira Benin i Kigali tariki 06 Ukwakira 2025.

Byari biryoshye kubona Sitade Amahoro yakira abantu 45 000 yakubise yuzuye
Amavubi aherutse gukina imikino ibiri

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 18 =

Previous Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Next Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.