Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon

radiotv10by radiotv10
08/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira APR ariko akaba aherutse kugurwa n’ikipe yo muri Sweden, yavuze ko mbere yo kurira rutemikirere akerecyeza muri iki Gihugu, azabanza gutsinda Rayon Sports bafitanye umukino mu mpera z’iki cyumweru, akayisigira urwibutso.

Byiringiro Lague aherutse kugurwa na Sandvikens IF ikina mu Cyiciro cya Gatatu muri Sweden isanzwe ikinamo Umunyarwanda Mukunzi Yannick, uyimazemo igihe kigera ku myaka ine kuva yatandukana na Rayon Sports.

Uyu rutahizamu uri muri bacye beza u Rwanda rufite kugeza ubu, atangaza ko nubwo ari mu nzira zerecyeza ku Mugabane w’i Burayi, yifuza gusiga ahaye ibyishimo abakunzi b’ikipe ya APR FC kugeza magingo aya iyoboye urutonde rwa shampiyona.

Yagize ati “Umukino uduhuza na Rayon Sports iteka ni umukino dutegura bitandukanye n’indi nubwo aba ari amanota atatu dushaka. Ni umukino buri wese aba ashaka kwitwaramo neza, ikindi ku bwanjye binkundiye nkatsinda igitego byaba ari ikintu cyiza cyane ko ari nayo ntego mfite mbere y’uko ngenda.”

Umukino ubumbatiye amateka akomeye muri shampiyona uhuza ayo makipe yombi uteganijwe ku iki Cyumweru tariki ya 12 Gashyantare 2023, ukazabera kuri stade Huye Saa Cyenda z’amanywa.

Byiringiro kandi si ubwa mbere yaba yerecyeje ku mugabane w’i Burayi dore ko muri Nyakanga 2021, yagiye muri Neuchâtel Xamax FCS yo mu cyikiro cya Kabiri mu Busuwisi.

Byiringiro, watangiye gukinira APR FC guhera mu ntangiriro za 2018, yayigezemo avuye mu Intare FC mu gihe yakuriye muri Vision FC.

Abajijwe niba Umukinnyi Yannick Mukunzi yaba yaragize uruhare mu bijyanye no kwerecyeza muri Sweden, yasubije atazuyaje ati “Yego yabigizemo uruhare kuko twaraganiriye tuvugana buri kimwe bityo mfata umwanzuro wo kuyisinyira.”

Byiringiro Lague kandi yahishyuye ko we abona urwego rw’imikinire ye ruzazamuka kabone nubwo agiye mu cyiciro cya gatuta avuye mu cya mbere nyuma yo kubazwa niba ari wo wari umwanzuro mwiza wo gufata.

Ati “Ni byo koko ni mu cyiciro cya Gatatu ariko ndizera ko hazamfasha kuzamura urwego rw’imikinire yanjye kandi ntabwo intego yanjye ari ukuguma muri icyo cyiciro, ahubwo ndifuza ko hambere inzira inyerekeza ahakomeye kurushaho.”

Biteganijwe ko Byiringiro azerecyeza muri Sandvikens FC muri Sweden ku wa 15 Gashyantare 2023 nyuma y’iminsi itatu gusa umukino w’umunsi wa 19 urangiye.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + ten =

Previous Post

LONI yohereje muri Congo itsinda ridasanzwe

Next Post

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.