Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon

radiotv10by radiotv10
08/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Lague avuze icyo azakora mbere yo kugenda gishobora kuzasigira agahinda abafana ba Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira APR ariko akaba aherutse kugurwa n’ikipe yo muri Sweden, yavuze ko mbere yo kurira rutemikirere akerecyeza muri iki Gihugu, azabanza gutsinda Rayon Sports bafitanye umukino mu mpera z’iki cyumweru, akayisigira urwibutso.

Byiringiro Lague aherutse kugurwa na Sandvikens IF ikina mu Cyiciro cya Gatatu muri Sweden isanzwe ikinamo Umunyarwanda Mukunzi Yannick, uyimazemo igihe kigera ku myaka ine kuva yatandukana na Rayon Sports.

Uyu rutahizamu uri muri bacye beza u Rwanda rufite kugeza ubu, atangaza ko nubwo ari mu nzira zerecyeza ku Mugabane w’i Burayi, yifuza gusiga ahaye ibyishimo abakunzi b’ikipe ya APR FC kugeza magingo aya iyoboye urutonde rwa shampiyona.

Yagize ati “Umukino uduhuza na Rayon Sports iteka ni umukino dutegura bitandukanye n’indi nubwo aba ari amanota atatu dushaka. Ni umukino buri wese aba ashaka kwitwaramo neza, ikindi ku bwanjye binkundiye nkatsinda igitego byaba ari ikintu cyiza cyane ko ari nayo ntego mfite mbere y’uko ngenda.”

Umukino ubumbatiye amateka akomeye muri shampiyona uhuza ayo makipe yombi uteganijwe ku iki Cyumweru tariki ya 12 Gashyantare 2023, ukazabera kuri stade Huye Saa Cyenda z’amanywa.

Byiringiro kandi si ubwa mbere yaba yerecyeje ku mugabane w’i Burayi dore ko muri Nyakanga 2021, yagiye muri Neuchâtel Xamax FCS yo mu cyikiro cya Kabiri mu Busuwisi.

Byiringiro, watangiye gukinira APR FC guhera mu ntangiriro za 2018, yayigezemo avuye mu Intare FC mu gihe yakuriye muri Vision FC.

Abajijwe niba Umukinnyi Yannick Mukunzi yaba yaragize uruhare mu bijyanye no kwerecyeza muri Sweden, yasubije atazuyaje ati “Yego yabigizemo uruhare kuko twaraganiriye tuvugana buri kimwe bityo mfata umwanzuro wo kuyisinyira.”

Byiringiro Lague kandi yahishyuye ko we abona urwego rw’imikinire ye ruzazamuka kabone nubwo agiye mu cyiciro cya gatuta avuye mu cya mbere nyuma yo kubazwa niba ari wo wari umwanzuro mwiza wo gufata.

Ati “Ni byo koko ni mu cyiciro cya Gatatu ariko ndizera ko hazamfasha kuzamura urwego rw’imikinire yanjye kandi ntabwo intego yanjye ari ukuguma muri icyo cyiciro, ahubwo ndifuza ko hambere inzira inyerekeza ahakomeye kurushaho.”

Biteganijwe ko Byiringiro azerecyeza muri Sandvikens FC muri Sweden ku wa 15 Gashyantare 2023 nyuma y’iminsi itatu gusa umukino w’umunsi wa 19 urangiye.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

LONI yohereje muri Congo itsinda ridasanzwe

Next Post

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

IFOTO: Umuhanzi w’ikirangirire yakiriwe n’umuyobozi ukomeye muri Uganda bahana Chance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.