Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or, Cristiano Ronaldo aza ku mwanya wa 7 (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in SIPORO
0
Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or, Cristiano Ronaldo aza ku mwanya wa 7 (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or ye ya karindwi mu mateka, ahigitse abo bari bahanganye barimo Benzema, Cristiano Ronaldo na Robert Lewandowski.

Byari ibirori ubwo Lionel Messi yahabwaga Ballon d’Or ya karindwi mu mateka nk’umukinnyi wahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2020/21, ibirori byabereye mu mujyi wa Paris.

Mbere y’umuhango wo gutanga ibi bihembo Lionel Messi waje uherekejwe n’umuryango we ni we wahabwaga amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu ya Argentine, abeye Kapiteni kwegukana igikombe cya Copa America.

Lionel Messi wegukanye Ballon d’Or yaherukaga kuyitwara muri 2019 ahigitse Rutahizamu wa Man United, akaba na mucyeba we Criastono Ronaldo.
Messi amaze gutwara Ballon d’Or zirindwi mu myaka itandukanye harimo esheshatu yatwaye akinira FC Barcelona, n’imwe yatwaye ari umukinnyi wa PSG. Yagiye azitwara mu myaka itandukanye ariyo : 2009, 2010, 2011, 2012, 2015, 2019 na 2021.
Mu bagore Kapiteni wa FC Barcelona akaba na Rutahizamu w’iyi kipe, Alexia Putellas, yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umugore mu mwaka wa 2020/21, yegukana Ballon d’Or.

                                           Alexia Putellas ukinira FC Barcelone

Uko ibihembo byatanzwe by’abakinnyi bitwaye neza muri 2020/21

Usibye Messi wegukanye Ballon d’Or, Umutaliyani Gianluigi Donnarumma ukinira Paris Saint-Germain yegukanye ‘Trophée Yachine’ nk’umuzamu mwiza w’umwaka 2020/21.
Alexia Putellas ukinira FC Barcelone yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umugore mu mwaka wa 2020/21, yegukana Ballon d’Or.

Robert Lewandowski yatowe nka rutahizamu w’umwaka 2020/21 mu birori byo gutanga Ballon d’Or biri kubera mu Bufaransa.

Pedro González López ‘Pedri’ ukinira FC Barcelone yatowe nk’umukinnyi mwiza mu batarengeje imyaka 21, ahabwa igihembo cyitwa ‘Kopa’. Pedro González López ukinira FC Barcelone niwe watowe nk’umukinnyi mwiza mubatarengeje imyaka 21

Ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza, iheruka gutwara igikombe cyo ku mugabane w’Uburayi “Champions League”  niyo yahawe igihembo cy’ikipe y’umwaka 2020/21.

                                                     Gianluigi Donnarumma yegukanye ‘Trophée Yachine’ Lewandowski yatowe nka rutahizamu w’umwaka 2020/21                       Chelsea FC yo mu Bwongereza niyo kipe nziza y’umwaka wa 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 5 =

Previous Post

Ni Messi cyangwa Robert Lewandowski- Ballon d’Or 2021 irarara mu maboko yande?

Next Post

COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.