Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

M.Martin yahishuye uko impano yaherewe n’umukobwa ku rubyiniro yasanzemo uburozi bw’ijisho n’inzara by’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in IMYIDAGADURO
0
M.Martin yahishuye uko impano yaherewe n’umukobwa ku rubyiniro yasanzemo uburozi bw’ijisho n’inzara by’inyamaswa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Mani Martin yahishuye uko hari umukobwa wamuhereye impano ku rubyiniro ageze mu rugo arufunguye asangamo uburozi bugizwe n’ijisho rimeze nk’iry’ihene n’inzara z’Igisiga.

Uyu muhanzi uririmba mu njyana ya Kinyafurika, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Isimi TV, ubwo yagarukaga kuri bimwe mu byagiye bimugora mu bikorwa bye bya muzika.

Yavuze ko hari igihe yari ku rubyiniro, akaza guhabwa impano y’ururabo rwiza n’umukobwa wamwerekaga ko yamwishimiye cyane.

Ati “Tugiye gutaha arambwira ngo harimo impano, ururabo nze kurufungurira ku buriri, urabizi ngira amatsiko mvuye mu modoka yadutwaraga nahise ndufungura, ni na byo byankijije, nasanzemo inzara nk’iz’igisiga, ijisho rinini nk’iry’ihene cyangwa imbwa, rigitose bikimeze nk’aho ari bwo bikiva mu kinyabuzima cyabyo, nagize ubwoba butarabaho.”

Uyu muhanzi wahoze aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yavuze ko buriya burozi butigeze bumugiraho ingaruka kuko ntakintu kidasanzwe cyamubayeho kandi ko amahirwe yagize ari uko atigeze afungurira iriya mpano ku buriri nk’uko yari yabisabwe n’uriya mukobwa.

 

Muri COVID yarwaye depression

Mani Martin uherutse gushyira hanze indirimbo yise Jelasi, yavuze ko mu minsi ishize yahuye n’indwara y’agahinda gakabije [izwi nka Depression].

Yavuze ko ubwo icyorezo cya COVID-19 cyadukaga byatumye atakaza amahirwe y’ibiraka by’ibitaramo umunani yagombaga gukorera hanze bikamubabaza cyane.

Yagize ati “byarangoye cyane kubyakira, iyo nta handi ufite ukura, utekereza ku gihombo cy’amafaranga, akazi njye nkora nko kuva mu gihugu ukajya mu kindi, iyo ubitakaje uba wumva ari nko kuva ku muturirwa ukagwa hasi.”

Akomeza agira ati “Nkibaza nti ‘ese bizagenda gute?’, buri munsi nkakira email ikuraho akazi (cancel), ni ikintu kitari cyoroshye kuri njyewe, birangora cyane kubyakira, biri no mu mpamvu zatumye mfata umwanya nkabanza nkatekereza neza, nkacecekesha urusaku ruri muri njyewe n’ururi hanze yanjye, nkumva ikintu cy’ingenzi kurusha ibindi.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wifuzaga gufungurwa

Next Post

Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.