Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23, ryatangaje ko udashobora kurekura ibice wafashe nk’uko bikomeje gusabwa n’umuryango mpuzamahanga, kuko wabifashe mu guharanira uburenganzi bwa bamwe mu Banyekongo bakomeje kubuvutswa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukondo n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo), Corneille Nangaa Yobeluo, risubiza ibimaze iminsi bisabwa n’amahanga ko umutwe wa M23 ukwiye kurekura ibice wafashe.

Iri huriro ritangira rihamagarira amahanga kugira icyo akora ku marorerwa ari gukorwa n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro nka Wazalendo, ikomeje guhonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

AFC ivuga ko yatewe impungene n’ibirego bishingiye ku binyoma bikomeje kwegekwa ku mutwe wa M23, binaherwaho n’umuryango mpuzamahanga uwusaba kurekura ibice wafashe.

Iri huriro rivuga ko ibi binyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ari nk’umutego w’ubu butegetsi kugira ngo bubone uko bushyira mu bikorwa imigambi yabwo mibisha yo kugirira nabi Abanyekongo b’Abatutsi bakunze kwitwa Abanyarwanda no kubasiga badafite aho babarizwa.

Riti “Abanyamuryango ba AFC bateye utwatsi uburyarya bw’imwe mu miryango mpuzamahanga, kandi bakomeje guhagarara ku ntego yabo yo gutuma Abanyekongo bose basubirana uburenganganzira bwabo mu Gihugu cyabo.”

Iri huriro rivuga ko ari umutwe wa Politiki kandi wa gisirikare ufite intego yo gutuma aba banyekongo bakunze kwimwa uburenganzira bwabo babubona, ndetse rikanahagarika ibikorwa by’ubwicanyi bakomeje gukorerwa.

Riti “Ibice bigenzurwa na M23, ni ibice byabohowe byari bisanzwe binatuyemo bamwe mu banyamuryango bayo, kandi abenshi mu bari babivuyemo bagarutse mu ngo zabo, kandi bakomeje kurwanira ko imiryango yabo imaze imyaka 30 mu buhunzi, itaha iwabo.”

AFC ivuga ko M23 yagaruje ubutaka bwahoze ari ubw’abagize uyu mutwe, bwari bwarigaruriwe na FDLR ndetse n’imitwe irimo Wazalendo, bityo ko abarwanyi ba M23 intego yabo “ni ukurindira umutekano imiryango yabo, kugira ngo idakomeza kwicwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Iri huriro rigakomeza rigira riti “Nk’umunyamuryango wa AFC, M23 iri gutanga umusanzu mu guteza imbere demokarasi ndetse n’imiyoborere iha agaciro abaturage kandi itagira uwo iheza muri DRC.”

Iri huriro kandi ryaboneyeho kunenga ryivuye inyuma imiyoborere y’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi ikomeje kwimakaza ibikorwa bizana umwuka mubi mu Gihugu, ndetse bwashyize imbere ibindi bikorwa bibi birimo ruswa no gusahura umutungo kamere w’Igihugu.

AFC yaboneyeho kongera gusaba Perezida Tshisekedi gushyira imbere inzira z’ibiganiro, kuko ari bwo buryo bwonyine buzazana amahoro mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 7 =

Previous Post

Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima

Next Post

Minisitiri w’Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Minisitiri w'Urubyiruko yasubije abashidikanyaga ku itangazo rya RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.