Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje kurandura akarengane gakorerwa bamwe muri bene wabo bazizwa ubwoko bwabo, wizeje Abanyamulenge kubabohora nyuma yuko General Makanika wari ukuriye umutwe wabo wa Twirwaneho, yivuganywe na FARDC.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, nyuma y’amasaha macye umutwe wa Twirwaneho wemeje urupfu rwa General Rukunda Michel uzwi nka Makanika, wishwe n’igitero cya Drone ya FARDC cyagabwe ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025.

Mu butumwa bwatanzwe na Lt Col Willy Ngoma kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagize ati “Mugende mubwire abatekereza ko bagiye gutsemba Abanyamulenge muri DRC, bibeshya.”

Lt Col Willy Ngoma yakomeje avuga ko Abanyamulenge ari Abanyekongo nk’abandi bose bakeneye kuba mu Gihugu cyabo bisanzuye.

Ati “Abanyamulenge ni Abanyekongo, bari mu Gihugu cy’abakurambere babo, ni abantu bamurikirwa n’umucyo rwa Nyagasani kandi bidatinze baratabarwa, babashe no kwidegembya mu Gihugu cyabo.”

Mu butumwa bwashyizwe hanze kuri uyu wa Kane n’Umutwe wa Twirwaneho usanzwe urwanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, ubwo wavugaga ku rupfu rwa General Makanika, wahamagariye Abanyamulenge bose yaba abari mu Gihugu no hanze yacyo, gukomeza gushyigikira ibikorwa bya Twirwaneho kugira ngo ibashe kuranduka akarengane kakomeje gukorerwa abo muri ubu bwoko bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Uyu mutwe wavuze ko urupfu rwa Makanika rudakwiye kugira uwo ruca intege, ahubwo ko rukwiye kuba imbarutso yo gukomeza urugamba rwo kwibohora, no guca aka karengane gakorwa n’ubutegetsi bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + five =

Previous Post

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
FOOTBALL

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku bihano America yafatiye General (Rtd) James Kabarebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.