Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 urashinja igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abagifasha, kurasa ibisasu bya rutura mu gace gatuwemo n’abaturage, bigahitana abasivile b’inzirakarengane umunani barimo umwana w’umwaka umwe.

Ni ibitero byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, mu masaaha asatira saa sita z’amanywa, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe kuri uyu wa Mbere, Lawrence Kanyuka yavuze ko “Uruhande rwishyize hamwe rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba, Ingabo z’u Burundi ndetse n’iza SADC, bishe inzirakarengane umunani, banakomeretsa abandi 9 mu bitero byarasiwemo ibisasu bya rutura mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kikuku no mu bice bihakikije.”

Lawrence Kanyuka kandi yanagaragaje amazina y’abaturage b’abasivile baburiye ubuzima bwabo muri ibi bitero bya FARDC imaze igihe ifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi n’icya SADC ndetse n’umutwe wa FDLR.

Muri aba bahitanywe n’ibi bisasu, harimo umwana w’umwana umwe (1), ndetse n’undi w’imyaka itandatu (6), hakabamo kandi n’umusaza w’imyaka 65.

Ni mu gihe abandi batanu bari hagati y’imyaka 30 na 45 biganjemo ab’igitsinagabo, kuko harimo abagabo bane n’uw’igitsinagore umwe.

Lawrence Kanyuka kandi yanatangaje urutonde rw’abantu icyenda (9) bakomerekeye muri iki gitero cy’ibitwaro biremereye, barimo uruhinja rw’ukwezi kumwe ndetse n’umwana w’imyaka itatu (3).

Ni mu gihe kandi ibi bisasu, byanasenye inzu enye (4) z’abaturage bo muri aka gace ka Kikuku kibasiwe muri ibi bitero bya FARDC.

Lawrence Kanyuka ati “Twamaganye twivuye inyuma ibi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi biteye isoni. Ubwicanyi bukomeje gukorwa n’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, bukomeza kugira ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko kuba umuryango mpuzamahanga ukomeje guceceka ntugire icyo ukora kuri ibi bikorwa, M23 yo itazaterera agati mu ryinyo ahubwo ko izakomeza inshingano zayo zo kurinda ubuzima bw’abaturage bugarijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fifteen =

Previous Post

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

Next Post

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.