Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 urashinja igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abagifasha, kurasa ibisasu bya rutura mu gace gatuwemo n’abaturage, bigahitana abasivile b’inzirakarengane umunani barimo umwana w’umwaka umwe.

Ni ibitero byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, mu masaaha asatira saa sita z’amanywa, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe kuri uyu wa Mbere, Lawrence Kanyuka yavuze ko “Uruhande rwishyize hamwe rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba, Ingabo z’u Burundi ndetse n’iza SADC, bishe inzirakarengane umunani, banakomeretsa abandi 9 mu bitero byarasiwemo ibisasu bya rutura mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kikuku no mu bice bihakikije.”

Lawrence Kanyuka kandi yanagaragaje amazina y’abaturage b’abasivile baburiye ubuzima bwabo muri ibi bitero bya FARDC imaze igihe ifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi n’icya SADC ndetse n’umutwe wa FDLR.

Muri aba bahitanywe n’ibi bisasu, harimo umwana w’umwana umwe (1), ndetse n’undi w’imyaka itandatu (6), hakabamo kandi n’umusaza w’imyaka 65.

Ni mu gihe abandi batanu bari hagati y’imyaka 30 na 45 biganjemo ab’igitsinagabo, kuko harimo abagabo bane n’uw’igitsinagore umwe.

Lawrence Kanyuka kandi yanatangaje urutonde rw’abantu icyenda (9) bakomerekeye muri iki gitero cy’ibitwaro biremereye, barimo uruhinja rw’ukwezi kumwe ndetse n’umwana w’imyaka itatu (3).

Ni mu gihe kandi ibi bisasu, byanasenye inzu enye (4) z’abaturage bo muri aka gace ka Kikuku kibasiwe muri ibi bitero bya FARDC.

Lawrence Kanyuka ati “Twamaganye twivuye inyuma ibi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi biteye isoni. Ubwicanyi bukomeje gukorwa n’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, bukomeza kugira ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko kuba umuryango mpuzamahanga ukomeje guceceka ntugire icyo ukora kuri ibi bikorwa, M23 yo itazaterera agati mu ryinyo ahubwo ko izakomeza inshingano zayo zo kurinda ubuzima bw’abaturage bugarijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 1 =

Previous Post

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

Next Post

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.