Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 urashinja igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abagifasha, kurasa ibisasu bya rutura mu gace gatuwemo n’abaturage, bigahitana abasivile b’inzirakarengane umunani barimo umwana w’umwaka umwe.

Ni ibitero byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, mu masaaha asatira saa sita z’amanywa, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe kuri uyu wa Mbere, Lawrence Kanyuka yavuze ko “Uruhande rwishyize hamwe rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba, Ingabo z’u Burundi ndetse n’iza SADC, bishe inzirakarengane umunani, banakomeretsa abandi 9 mu bitero byarasiwemo ibisasu bya rutura mu bice bituwemo n’abaturage benshi bya Kikuku no mu bice bihakikije.”

Lawrence Kanyuka kandi yanagaragaje amazina y’abaturage b’abasivile baburiye ubuzima bwabo muri ibi bitero bya FARDC imaze igihe ifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi n’icya SADC ndetse n’umutwe wa FDLR.

Muri aba bahitanywe n’ibi bisasu, harimo umwana w’umwana umwe (1), ndetse n’undi w’imyaka itandatu (6), hakabamo kandi n’umusaza w’imyaka 65.

Ni mu gihe abandi batanu bari hagati y’imyaka 30 na 45 biganjemo ab’igitsinagabo, kuko harimo abagabo bane n’uw’igitsinagore umwe.

Lawrence Kanyuka kandi yanatangaje urutonde rw’abantu icyenda (9) bakomerekeye muri iki gitero cy’ibitwaro biremereye, barimo uruhinja rw’ukwezi kumwe ndetse n’umwana w’imyaka itatu (3).

Ni mu gihe kandi ibi bisasu, byanasenye inzu enye (4) z’abaturage bo muri aka gace ka Kikuku kibasiwe muri ibi bitero bya FARDC.

Lawrence Kanyuka ati “Twamaganye twivuye inyuma ibi bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu kandi biteye isoni. Ubwicanyi bukomeje gukorwa n’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, bukomeza kugira ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga ko kuba umuryango mpuzamahanga ukomeje guceceka ntugire icyo ukora kuri ibi bikorwa, M23 yo itazaterera agati mu ryinyo ahubwo ko izakomeza inshingano zayo zo kurinda ubuzima bw’abaturage bugarijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

Next Post

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Huye: Abishoye mu bikorwa bitemewe baravugwaho n’urugomo rurembeje abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.