Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame witabiriye igitaramo ngarukamwaka cya Chorale de Kigali, cyo kwinjiza abantu muri Noheli, yavuze ko wari umugoroba wuzuye umunezero.

Iki gitaramo kizwi nka ‘Christmas Carols Concert’ kibaye ku nshuro ya 12, cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, cyitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame.

Nyuma yo kwitabira iki gitaramo, Madamu Jeannette Kagame, yavuze ko iki gihe igitaramo cyabereye wari “Umugoroba wuzuye umunezero n’ibyishimo.”

Ni igitaramo kandi cyitabiriwe n’abo mu buyobozi bw’inzego bwite za Leta, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, ndetse na Jean Claude Musabyimana wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba aherutse kugirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Ni igitaramo kandi cyitabiriwe n’abo mu nzego z’amadini n’amatorero, barimo Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda.

Muri iki gitaramo ngarukamwaka kibaye ku nshuro yacyo ya 12, Chorale de Kigali kandi yanizihizaga imyaka 58 imaze ibayeho, aho umuyobozi wayo, Hodari Jean Claude wavuze ko bishimira intambwe bakomeje gutera.

Yagize ati “Muri ubwo bukure bw’imyaka tumaze, iki gitaramo ubu ni icya 12, ndizera ko ubu muri kubona hari ikirutaho kurushaho umwaka ushize. Ni igitaramo gihuza abantu, kandi turabifuriza ibyiza, kandi turifuza ko cyakomeza.”

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda, na we yashimiye uburyo iki gitaramo cyagenze kuko cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye.

Karidinali Kambanda yagize ati “Turagusaba ngo ibi byishimo bitahe mu mitima yacu, mu ngo zacu, no ku Isi, kugira ngo urukundo, amahoro n’ibyishimo umuvandimwe yatuzaniye bikwire hose.”

Muri iki gitaramo, Chorale de Kigali yaririmbye indirimbo nyinshi zayo zisanzwe zizwi na benshi, ndetse n’izindi ndirimbo zamenyekanye cyane zirimo iyo mu Kiswahili izwi nka ‘Atawale’ yanyuze benshi kubera uburyo bayiririmbye.

mMadamu Jeannette Kagame aramukanya na Karidinali Kambanda
Iki gitaramo cyanyuze benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 12 =

Previous Post

Icyo Miss Naomie avuga ku makuru yari yatangiye kuvugwa ku bukwe bwe bubura iminsi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Related Posts

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n'abayobozi batuzuza inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.