Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Madamu Jeannette Kagame yanyuzwe n’igitaramo cya Chorale de Kigali cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame witabiriye igitaramo ngarukamwaka cya Chorale de Kigali, cyo kwinjiza abantu muri Noheli, yavuze ko wari umugoroba wuzuye umunezero.

Iki gitaramo kizwi nka ‘Christmas Carols Concert’ kibaye ku nshuro ya 12, cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukuboza 2024, cyitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame.

Nyuma yo kwitabira iki gitaramo, Madamu Jeannette Kagame, yavuze ko iki gihe igitaramo cyabereye wari “Umugoroba wuzuye umunezero n’ibyishimo.”

Ni igitaramo kandi cyitabiriwe n’abo mu buyobozi bw’inzego bwite za Leta, barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, ndetse na Jean Claude Musabyimana wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba aherutse kugirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.

Ni igitaramo kandi cyitabiriwe n’abo mu nzego z’amadini n’amatorero, barimo Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda.

Muri iki gitaramo ngarukamwaka kibaye ku nshuro yacyo ya 12, Chorale de Kigali kandi yanizihizaga imyaka 58 imaze ibayeho, aho umuyobozi wayo, Hodari Jean Claude wavuze ko bishimira intambwe bakomeje gutera.

Yagize ati “Muri ubwo bukure bw’imyaka tumaze, iki gitaramo ubu ni icya 12, ndizera ko ubu muri kubona hari ikirutaho kurushaho umwaka ushize. Ni igitaramo gihuza abantu, kandi turabifuriza ibyiza, kandi turifuza ko cyakomeza.”

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda, na we yashimiye uburyo iki gitaramo cyagenze kuko cyasendereje ibyishimo mu bakitabiriye.

Karidinali Kambanda yagize ati “Turagusaba ngo ibi byishimo bitahe mu mitima yacu, mu ngo zacu, no ku Isi, kugira ngo urukundo, amahoro n’ibyishimo umuvandimwe yatuzaniye bikwire hose.”

Muri iki gitaramo, Chorale de Kigali yaririmbye indirimbo nyinshi zayo zisanzwe zizwi na benshi, ndetse n’izindi ndirimbo zamenyekanye cyane zirimo iyo mu Kiswahili izwi nka ‘Atawale’ yanyuze benshi kubera uburyo bayiririmbye.

mMadamu Jeannette Kagame aramukanya na Karidinali Kambanda
Iki gitaramo cyanyuze benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Icyo Miss Naomie avuga ku makuru yari yatangiye kuvugwa ku bukwe bwe bubura iminsi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Related Posts

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n’abayobozi batuzuza inshingano

Perezida Kagame yagaragaje impamvu idakwiye kugirwa urwitwazo n'abayobozi batuzuza inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.