Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze

radiotv10by radiotv10
21/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Menya aho gahunda yo kuzohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza igeze
Share on FacebookShare on Twitter

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza yo kohereza impunzi n’abimukira, akomeje gucamo ibice abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, batabona ibintu kimwe, nubwo Abadepite banze kwemeza ko inkiko zigira ijambo mu ishyira mu bikorwa ryayo, bikaba byatumye haterwa intambwe nziza.

Amavugurura yakozwe muri aya masezerano, yambuye Inkiko uburenganzira bwo kwerekana niba u Rwanda rutekanye mu buryo bw’amategeko ku buryo rwakwakira abo baturage.

Icyo cyemezo cyakomereje mu Basenateri kugira ngo babyemeze mu buryo budakuka, icyakora bo babisubije inyuma; bavuga ko Guverinoma y’iki Gihugu iyobowe na Rishi Sunak itagomba kwirengagiza amategeko.

Icyakora amatora y’Abadepite yagaragaje ko bakomeje badashaka ko amategeko yongera kwitambika ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

Minisitiri ushinzwe ikumira ry’abinjira mu bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko, Michael James Tomlinson-Mynors; yavuze ko impamvu inkiko zitagomba kongera kugira ijambo, ari uko uyu mushinga w’itegeko ugaragaza u Rwanda nk’Igihugu gitekanye mu buryo ntashidikanywaho.

Yagize ati “Kandi tugomba kubifata dutyo kubera impamvu nyinshi zitandukanye. Ni yo mpamvu ingingo ebyiri ziri mu mavugurura asabwa n’Abasenateri ntazemera. Barashaka guha ububasha komite ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’aya maserezano kugira ngo abe ari yo igena niba u Rwanda rutekanye, sintekereza ko ari byo, kuko Inteko Ishinga Amategeko ari yo igomba kugira ubwo bubasha. Iyi Nteko ni na yo ishobora gufata umwanzuro wo gusesa aya masezerano; cyangwa ikemeza ko twayakomeza kuko u Rwanda rutekanye bashingiye ku biteganywa n’aya masezerano.”

Nubwo ubwiganze bw’Abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi bwatesheje agaciro ubusabe bw’Abasenateri; na bo baracyavuga indimi zitandukanye ku gutekana k’u Rwanda.

Umwe mu Badepite yagize ati “Mwibuke ko Urukiko ruruta izindi ku butaka bwacu rwasuzumye ibimenyetso byose rukanzura ko u Rwanda rudatekanye. Inteko yo ninyuranya na byo birasa nko gutegekesha igitugu. Byaba bimeze nk’aho urukiko mpanabyaha rwahamije umuntu icyaha; ariko kubera ko twe tutabishaka tukemeza ko ari umwere. Ibyo ni ugukoresha ubwigenge bw’Inteko Ishinga Amategeko mu buryo butari bwo.” 

Yakomeje agira ati “Ubu ni bwo buryo buzakomeza ubuhangange bwacu ku ruhando mpuzamahanga. Bizagaragaza ko dukoresha Itegeko Nshinga ryacu mu nyungu z’abaturage. Ndetse uramutse ukoresheje n’ubwenge bwawe; ntiwakwemera ko aba bimukira babangamira inyungu z’Igihugu.”

Guverinoma y’u Bwongereza, yo ivuga ko abimukira ba mbere bagomba kugera i Kigali mu kwezi kwa 6/2024. Abadepite bahise batesha agaciro ingingo 10 bari basabwe guhindura, bikaba bishyira mu mwanya mwiza Guverinoma ya Rishi Sunak; kuko ibyifuzo by’Abasenateri batatowe n’abaturage bidashobora gutesha agaciro ibyemezo by’Abadepite nk’urwego rwashyizweho n’abaturage.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda na yo imaze iminsi micye yemeje iyo mikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse Guverinoma y’iki Gihugu ikaba iherutse gushyiraho umukozi wihariye ushinzwe gukurikirana aya masezerano n’andi ateye nka yo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

Abumva ko gutsinda Rwanda mu ntambara byakoroha, izingiro ry’ibibazo na Congo, umuti wabyo,…-Isesengura ry’Umuhanga

Next Post

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Ibyo Apôtre Yongwe yatangaje agisohoka i Mageragere n’ibyamuranze mu Igororero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.