Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abakinnyi b’Amavubi bakina imbere mu Gihugu batangiye umwiherero, hamenyekanye na gahunda y’uko abakina hanze bazagenda bagera mu Rwanda, bamaze kubimburirwa na Rubanguka Steve ukina muri Arabia Saudite.

Umwiherero w’Ikipe y’Igihugu watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, ubwo abakinnyi basanzwe bakina imbere mu Gihugu berecyezaga i Bugesera.

Ni umwiherero wo kwitegura imikino ibiri u Rwanda rufitanye na Benin na Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ku ikubitiro, Rubanguka Steve usanzwe akina muri Arabia Saudite yabaye umukinnyi wa mbere ukina hanze wasanze bagenzi, aho yaraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, ndetse akaba yanakoze imyitozo kuri uyu wa Kabiri.

Biteganyijwe kandi ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Maes Dylan Georges, na we agera mu Rwanda na we yitabiriye ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu.

Abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bategerejwe, ni Sibomana Patrick Papy ukina muri Gor Mahia muri Kenya uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha hategerejwe Djihad Bizimana ukina muri Ukraine akaba asanzwe ari na Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha kandi, hazagerera na Rwatubyaye Abdul ukinira FC Shkupi, Ntwari Fiacre ukina TS Galaxy, Hakim Sahabo ukinira Standard de Liege, Nshuti Innocent ukina muri USA Ndetse na Gitego Arthur ukinira AFC Leopard yo muri Kenya.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda izahaguruka mu Rwanda tariki 02 Kamena 2024 yerecyeza muri Cote D’Ivoire aho izakinira umukino uzayihuza na Benin tariki 06 Kamena 2024, ndetse ikazanahita ijya muri Afurika y’Epfo aho izakinira na Lesotho tariki 11 Kamena 2024.

Rubanguka Steve yamaze kugera mu Rwanda ahita anatangira imyitozo

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 2

  1. MAKANAKI says:
    2 years ago

    Good ,
    Iphoto yinkuru ndabonaho Nirisarike ? Ni Kuki Atagihamagarwa kd Yitwara neza? Cg yarasezeye kuri equipe National?!

    Murakoze

    Reply
    • Vierra says:
      2 years ago

      Yegowe uriyamuhungu
      nirisariki salom arazira iki?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eight =

Previous Post

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Next Post

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.