Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abakinnyi b’Amavubi bakina imbere mu Gihugu batangiye umwiherero, hamenyekanye na gahunda y’uko abakina hanze bazagenda bagera mu Rwanda, bamaze kubimburirwa na Rubanguka Steve ukina muri Arabia Saudite.

Umwiherero w’Ikipe y’Igihugu watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, ubwo abakinnyi basanzwe bakina imbere mu Gihugu berecyezaga i Bugesera.

Ni umwiherero wo kwitegura imikino ibiri u Rwanda rufitanye na Benin na Lesotho mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ku ikubitiro, Rubanguka Steve usanzwe akina muri Arabia Saudite yabaye umukinnyi wa mbere ukina hanze wasanze bagenzi, aho yaraye ageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, ndetse akaba yanakoze imyitozo kuri uyu wa Kabiri.

Biteganyijwe kandi ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Maes Dylan Georges, na we agera mu Rwanda na we yitabiriye ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu.

Abandi bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bategerejwe, ni Sibomana Patrick Papy ukina muri Gor Mahia muri Kenya uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu, mu gihe kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha hategerejwe Djihad Bizimana ukina muri Ukraine akaba asanzwe ari na Kapiteni w’ikipe y’Igihugu.

Ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha kandi, hazagerera na Rwatubyaye Abdul ukinira FC Shkupi, Ntwari Fiacre ukina TS Galaxy, Hakim Sahabo ukinira Standard de Liege, Nshuti Innocent ukina muri USA Ndetse na Gitego Arthur ukinira AFC Leopard yo muri Kenya.

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda izahaguruka mu Rwanda tariki 02 Kamena 2024 yerecyeza muri Cote D’Ivoire aho izakinira umukino uzayihuza na Benin tariki 06 Kamena 2024, ndetse ikazanahita ijya muri Afurika y’Epfo aho izakinira na Lesotho tariki 11 Kamena 2024.

Rubanguka Steve yamaze kugera mu Rwanda ahita anatangira imyitozo

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Comments 2

  1. MAKANAKI says:
    2 years ago

    Good ,
    Iphoto yinkuru ndabonaho Nirisarike ? Ni Kuki Atagihamagarwa kd Yitwara neza? Cg yarasezeye kuri equipe National?!

    Murakoze

    Reply
    • Vierra says:
      2 years ago

      Yegowe uriyamuhungu
      nirisariki salom arazira iki?

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Next Post

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.