Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben wagarutsweho mu rubanza ruregwamo Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta akaba ari mu batanze ikirego, yandikiye Urukiko rwaburanishije uyu munyamakuru amusabira imbabazi, amusabira gufungurwa.

Mu rubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaye ku wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, Ubushinjacyaha bwagaragaje ibyagezweho mu iperereza kuri Fatakumavuta, birimo amagambo asebanya yagiye akoresha mu bihe bitandukanye, aho yayavugaga ku bantu banyuranye barimo umuhanzi The Ben.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko The Ben ari mu batanze ikirego, bwavuze ko Fatakumavuta abinyujije mu biganiro byatambukaga kuri YouTube na X, yavuze ko “Ubukwe bwa The Ben buzabamo akavuyo” ndetse ko atazi kuririmba.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije ku ifunga ry’agateganyo uyu munyamakuru, kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024,  rwafashe icyemezo ko agomba gukurikiranwa afunze by’agateganyo iminsi 30.

Gusa hagaragaye ibaruwa yanditswe n’Umuhanzi The Ben asabira imbabazi uyu munyamakuru wamuvuzeho amagambo asebanya.

Muri iyi baruwa yanditswe tariki 05 Ugushyingo 2024, ikanashyirwaho umukono na Noteri witwa David, The Ben atangira agaragaza umwirondoro we, akagira ati “Nandikiye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro mbamenyesha ko ntanze imbabazi ku makosa yankoreye nkaba nsaba

ko Sengabo Jean Bosco ‘Fatakumavuta’ yarekurwa.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi mbere gato yuko Urukiko rufata icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Fatakumavuta, The Ben yari yatambukije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, na bwo avuga ko yababariye uyu munyamakuru.

Mu butumwa bwe, The Ben yari yagize ati “nahisemo urukundo, nahisemo kubabari. Nubwo amagambo yawe yankomerekeje bikomeye, ariko ndagusengera ngo ubone gutabarwa n’amahoro. Fata, ndagusengera ngo urekurwe mu nzira nziza. Kandi nizeye ko urukundo ruzayobora amahoro y’ahazaza hawe.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze, uregwa n’umunyamategeko we, bafite iminsi itanu yo kukijuririra, ndetse mu gihe babihitamo, bakaba bakoresha iyi baruwa yanditswe na The Ben.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − three =

Previous Post

Sadate yahaye isezerano Aba-Rayon ry’ibyo bamaze imyaka myinshi banyotewe

Next Post

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.