Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Menya ibikubiye mu ibaruwa The Ben yandikiye Urukiko rwaburanishije umunyamakuru Fatakumavuta
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi The Ben wagarutsweho mu rubanza ruregwamo Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta akaba ari mu batanze ikirego, yandikiye Urukiko rwaburanishije uyu munyamakuru amusabira imbabazi, amusabira gufungurwa.

Mu rubanza ku ifunga ry’agateganyo rwabaye ku wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024, Ubushinjacyaha bwagaragaje ibyagezweho mu iperereza kuri Fatakumavuta, birimo amagambo asebanya yagiye akoresha mu bihe bitandukanye, aho yayavugaga ku bantu banyuranye barimo umuhanzi The Ben.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko The Ben ari mu batanze ikirego, bwavuze ko Fatakumavuta abinyujije mu biganiro byatambukaga kuri YouTube na X, yavuze ko “Ubukwe bwa The Ben buzabamo akavuyo” ndetse ko atazi kuririmba.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije ku ifunga ry’agateganyo uyu munyamakuru, kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024,  rwafashe icyemezo ko agomba gukurikiranwa afunze by’agateganyo iminsi 30.

Gusa hagaragaye ibaruwa yanditswe n’Umuhanzi The Ben asabira imbabazi uyu munyamakuru wamuvuzeho amagambo asebanya.

Muri iyi baruwa yanditswe tariki 05 Ugushyingo 2024, ikanashyirwaho umukono na Noteri witwa David, The Ben atangira agaragaza umwirondoro we, akagira ati “Nandikiye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro mbamenyesha ko ntanze imbabazi ku makosa yankoreye nkaba nsaba

ko Sengabo Jean Bosco ‘Fatakumavuta’ yarekurwa.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi mbere gato yuko Urukiko rufata icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Fatakumavuta, The Ben yari yatambukije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, na bwo avuga ko yababariye uyu munyamakuru.

Mu butumwa bwe, The Ben yari yagize ati “nahisemo urukundo, nahisemo kubabari. Nubwo amagambo yawe yankomerekeje bikomeye, ariko ndagusengera ngo ubone gutabarwa n’amahoro. Fata, ndagusengera ngo urekurwe mu nzira nziza. Kandi nizeye ko urukundo ruzayobora amahoro y’ahazaza hawe.”

Nyuma y’iki cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze, uregwa n’umunyamategeko we, bafite iminsi itanu yo kukijuririra, ndetse mu gihe babihitamo, bakaba bakoresha iyi baruwa yanditswe na The Ben.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + sixteen =

Previous Post

Sadate yahaye isezerano Aba-Rayon ry’ibyo bamaze imyaka myinshi banyotewe

Next Post

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.