Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko havuzwe amakuru ko Muheto Nshuti Divine wabaye Nyampinga w’u Rwanda, yongeye gutabwa muri yombi nanone afashwe atwaye ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, aya makuru yanyomojwe, byemezwa ko ari ibihuha.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru yavugaga ko uyu mukobwa wabaye Miss Rwanda wa 2022 yongeye gutabwa muri yombi nyuma y’ibyumweru bibiri gusa afunguwe.

Umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad uri mu ba mbere batangaje aya makuru aho yavugaga ko ari ayo ari kumvana abantu, yavugaga ko uyu mukobwa yongeye gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha birengeje igipimo.

Gusa Umuvugizi Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yahakanye aya makuru, nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Igihe kivuga ko yakimenyesheje ko aya makuru ari ibihuha.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 kandi yemeza ko Miss Muheto Nshuti Divine, atatawe muri yombi, ndetse ko aho aria meze neza ntakibazo afite.

Miss Muheto kandi yabwiye ikinyamakuru MIE Empire ko na we yumvise aya makuru ari kumuvugwaho, ariko ko atari ukuri.

Yagize ati “Ndi amahoro, ndaho ndakomeye, ndashima Imana ni ukuri, ndashima Imana rwose. Ntabwo mfuze, ibyo bindi byose sinzi aho biri kuva, sinzi n’aho biri guturuka, sinzi n’uwabizanye ariko byose ni ibihuha. Ni ibihuha by’abantu bamwe na bamwe bataba bifuza ibyiza cyangwa iterambere ry’umuntu, ariko ndi amahoro.”

Tariki 06 Ugushyingo 2024, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwahamije Nshuti Muheto Divine icyaha cyo gutwara ikinyabiziga adafite uruhushya rwa burundu yari akurikiranyweho, rumukatira igifungo cy’amezi atatu asubitse n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw.

Ni nyuma yuko tariki 29 Ukwakira 2024 Palisi y’u Rwanda yari yatangaje ko uyu mukobwa yari ari mu maboko y’uru rwego aho yari akurikiranyweho gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira, ndetse no kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga.

Miss Muheto avuga ko atazi ahaturutse aya makuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Next Post

Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.