Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere muri Mexico yasezeranye kubana n’ingona ikamubera umugore, na we akayikundwakaza bizira uburyarya, ndetse yatangiye kuyita igikomangoma cye, aho iyi ngona yari yambitswe agatimba, akanyuzamo akanayiha akabizu.

Ni inkuru ikomeje kwandikwa mu binyamakuru mpuzamahanga binyuranye, ko uwitwa Victor Hugo Sosa usanzwe ari Mayor, avuga ko yemeye gusezerana kubana n’iyi ngona, kuko bakundana by’ikirenga.

Mu muhango w’ubukwe, Victor Hugo Sosa yagize ati “Nemeye izi nshingano kuko dukundana. Icyo ni cyo cy’ingenzi. Ntabwo ushobora gushyingirana hatari urukundo. Niyemeje kuzabana n’igikomangoma.”

Gushyingiranwa n’ingona muri Mexico bisanzweho, aho bamwe bavuga ko bizanira amahirwe umugabo, akagira imitungo itagira ingano.

Iyi ngona y’ingore yashyingiranywe na Mayor Victor Hugo Sosa, yitwa Alicia Adriana, bakaba basezeranye mu muhango gakondo witabiriwe n’abo mu miryango y’uyu mugabo.

Ibi birori byaranzwe n’akanyamuneza ko gukomera amashyi aba bashyingiranywe ndetse n’imbyino, byabereye mu mujyi witwa San Pedro Huamelula, usanzwe ari uw’abasangwabutaka bazwi nka Chontal muri Leta ya Oaxaca iherereye mu Majyepfo ya Mexico.

Uyu mugabo kandi yafotowe ari guha akabizu iyi nyamaswa yo mu bwoko bw’ibikururanda, yemeye kubana na yo nk’umugore we.

Si bishya muri iki Gihugu kuko hashize imyaka 230 bibaye, bikaba bigamije kandi no kuzanira amahoro hagati y’imiryango y’abasangwabutaka izwi nka Chontal na Huave.

Uyu Mayor washyingiranywe n’Ingona, asanzwe afatwa nk’umwami wa Chontal, aho iyi ngona bashyingiranywe na yo ifatwa nk’Igikomangomakazi cya Huave, bikaba ari igisobanuro cy’ubumwe bw’iyi miryango.

Byari ibirori by’akataraboneka
Ingona yari yambitswe agatimba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Next Post

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.