Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere muri Mexico yasezeranye kubana n’ingona ikamubera umugore, na we akayikundwakaza bizira uburyarya, ndetse yatangiye kuyita igikomangoma cye, aho iyi ngona yari yambitswe agatimba, akanyuzamo akanayiha akabizu.

Ni inkuru ikomeje kwandikwa mu binyamakuru mpuzamahanga binyuranye, ko uwitwa Victor Hugo Sosa usanzwe ari Mayor, avuga ko yemeye gusezerana kubana n’iyi ngona, kuko bakundana by’ikirenga.

Mu muhango w’ubukwe, Victor Hugo Sosa yagize ati “Nemeye izi nshingano kuko dukundana. Icyo ni cyo cy’ingenzi. Ntabwo ushobora gushyingirana hatari urukundo. Niyemeje kuzabana n’igikomangoma.”

Gushyingiranwa n’ingona muri Mexico bisanzweho, aho bamwe bavuga ko bizanira amahirwe umugabo, akagira imitungo itagira ingano.

Iyi ngona y’ingore yashyingiranywe na Mayor Victor Hugo Sosa, yitwa Alicia Adriana, bakaba basezeranye mu muhango gakondo witabiriwe n’abo mu miryango y’uyu mugabo.

Ibi birori byaranzwe n’akanyamuneza ko gukomera amashyi aba bashyingiranywe ndetse n’imbyino, byabereye mu mujyi witwa San Pedro Huamelula, usanzwe ari uw’abasangwabutaka bazwi nka Chontal muri Leta ya Oaxaca iherereye mu Majyepfo ya Mexico.

Uyu mugabo kandi yafotowe ari guha akabizu iyi nyamaswa yo mu bwoko bw’ibikururanda, yemeye kubana na yo nk’umugore we.

Si bishya muri iki Gihugu kuko hashize imyaka 230 bibaye, bikaba bigamije kandi no kuzanira amahoro hagati y’imiryango y’abasangwabutaka izwi nka Chontal na Huave.

Uyu Mayor washyingiranywe n’Ingona, asanzwe afatwa nk’umwami wa Chontal, aho iyi ngona bashyingiranywe na yo ifatwa nk’Igikomangomakazi cya Huave, bikaba ari igisobanuro cy’ubumwe bw’iyi miryango.

Byari ibirori by’akataraboneka
Ingona yari yambitswe agatimba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Next Post

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.