Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in MU RWANDA
1
MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi, yamenyesheje ababyeyi ko nubwo abanyeshuri baje mu biruhuko by’iminsi mikuru ariko mu bihembo bazabaha hatagomba kuzamo inzoga.

Ni mu butumwa iyi Minisiteri yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, bugenewe ababyeyi bafite abanyeshuri bazatangira ibiruhuko by’iminsi mikuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022.

Ubu butumwa bugira buti “Babyeyi, Abanyeshuri batashye mu biruhuko by’iminsi mikuru. Mu bihembo mugenera abana banyu, inzoga ntizigomba kubamo!”

Ubu butumwa bwa MINEDUC bukomeza bugira buti “Inzoga ni umwanzi ukomeye w’inzozi z’umwana wawe. Umuto wese uri munsi y’imyaka 18, ntiyemerewe kuzinywa. Inzoga si iz’abato”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) na rwo ruherutse kugenera urubyiruko ubutumwa bw’ibi bihe by’iminsi mikuru binjiyemo, rwabasabye kwirinda ingeso mbi rukomeje kugaragaramo muri iyi minsi nk’ubusinzi n’ubusambanyi.

Ubu butumwa bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bwatanzwe muri iki cyumweru, bwagiraga buti “RIB irashishikariza Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, n’ibindi.”

Ubu butumwa bwose bugenewe abakiri bato, buje mu gihe bamaze iminsi batungwa agatoki kwijandika mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’ubusambanyi, zinafatwa nk’umwanzi watuma ejo h’u Rwanda hataba heza nkuko hifuzwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISHIMWE Claude says:
    3 years ago

    Nukuru bigende gutyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Gakenke: Hamenyekanye irengero ry’inda bari bazi ko atwite bwacya bakayibura

Next Post

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Related Posts

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

by radiotv10
30/08/2025
0

Umwuka mubi uvugwa hagati y’abayobozi mu Kagari ka Burunga mu Murenge wa Gihundwe, wageze aho Umunyamananga Nshingwabikorwa w’Akagari n’ushinzwe Imibereho...

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

by radiotv10
30/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kigarama mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, bavuga ko inzu ikoreramo Ubuyobozi bw’Akagari itajyanye...

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

by radiotv10
30/08/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangije umushinga w’ubuhinzi bw’indabo, imboga n’imbuto bwifashishije ikoranabuhanga umwe mu mishinga izakorwa muri gahunda...

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

by radiotv10
30/08/2025
0

Success has always been measured by four words: A Good Education, Money, Power, and Influence. For decades, acquiring big degrees,...

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

by radiotv10
29/08/2025
0

Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda), riyoborwa na Dr Frank Habineza, ryihagarutse mu nshingano...

IZIHERUKA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

by radiotv10
30/08/2025
0

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

30/08/2025
Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

30/08/2025
Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

30/08/2025
Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

30/08/2025
Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

29/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.