Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Kalimpinya yitabaje RIB ku wamwiyitiriye ku mbunga Nkoranyambaga agashyiraho urukozasoni

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in IMYIDAGADURO
0
Miss Kalimpinya yitabaje RIB ku wamwiyitiriye ku mbunga Nkoranyambaga agashyiraho urukozasoni
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Kalimpinya Queen wabaye igisonga cya 3 cya Miss Rwanda 2017 yitabaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ku muntu wamwiyitiriye ku mbuga nkoranyambaga agashyiraho ubutumwa avuga ko buhabanye n’indangagaciro ze.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ku uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, Miss Kalimpinya Queen yavuze ko amaze iminsi adakoresha urubuga nkoranyambaga ariko ko yaje kubona ko hari uwarumwiyitiriyeho.

Ubu butumwa bugira buti “Maze igihe ntakoresha Twitter sinari narabonye ko hari uwanyiyitiriye akaba asakaza imvugo n’amashusho ahabanye n’Indangagaciro zanjye. Natanze ikirego RIB kandi nizeye ubufasha. Mbaye niseguye ku waba yarababajwe na byo.”

Ubu butumwa bwa Kalimpinya bunagaragaza bimwe mu byashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwo muntu wamwiyitiriye birimo amashusho agaragaza umukobwa wambaye utwenda tw’imbere.

https://twitter.com/KalimpinyaQueen/status/1480650557056589824

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego rwamaze kwakira ikirego cya Miss Kalimpinya ndetse ko rugiye no kugikurikirana.

Dr Murangira yaboneyeho gutanga ubutumwa asaba abantu “kwirinda kwiyitirira umwirondoro w’undi kuko ari icyaha gihanwa n’igifungo kuva ku myaka itatu n’itanu n’ihazabu kuva kuri miliyoni 1Frw na miliyoni 3Frw.”

Umuhanzi King James na we aherutse gutangaza ko hari uwamwiyitiriye ku mbuga nkoranyambaga ubundi Akaka abantu amafaranga mu izina rye, na we akaba yaritabaje inzego z’ubutabera.

Hakunze kumvikana bamwe bafatwa bakoreye ibyaha ku mbuga nkoranyambaga biganjemo abashyiraho amakuru y’ibihuha rimwe na rimwe banabusangije inzego zibata muri yombi nka Polisi y’u Rwanda.

Inzego z’ubutabera mu Rwanda zigira inama abakoresha imbuga nkoranyambaga gukorana ubushishozi bakirinda ibikorwa bigize ibyaha bikunze gukorerwaho birimo n’ibi byo kwiyitirira abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Umukinnyi wa Ruhago mu Rwanda yafungiwe guhimba ubutumwa bw’uko atarwaye COVID kandi ayirwaye

Next Post

Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

Urubanza rw’ubujurire rwa Urayeneza rwashyizweho akadomo asaba guhanagurwaho ibyaha ngo kuko yagambaniwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.