Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yashyize ibihembo mu bukangurambaga bw’abakoresha ‘Mobile Money’ buzwi nka ‘BivaMoMotima’, aho umunyamahirwe azegukana igihembo nyamukuru cy’imodoka nshya itaragendaho na rimwe, ndetse n’ibindi bihembo birimo moto, na Miliyoni 1 Frw.

Ubu bukangurambaga bumaze imyaka ibiri, bugamije gushishikariza abantu kohererezanya amafaranga bakoresheje telefone, aho abantu bakomeza kugaragarizanya urukundo batavunitse ku buryo uri mu Ntara imwe yoherereza inshuti ye, umuvandimwe cyangwa umubyeyi uri mu yindi.

Muri ubu bukangurambaga, hagiye gushyiramo n’ibihembo bihindura ubuzima bw’abantu, ku buryo mu byumweru bitandatu biri imbere bishobora gusiga abakoresha iyi serivisi batunze imodoka bataguze.

Jean Paul Musugi ushinzwe ubucuruzi muri MoMo, avuga ko abakiliya bazajya binjira muri iyi poromosiyo bakanze *182*16#, ubundi bishyure bakoresheje MoMo Pay inshuro nyinshi zishoboka.

Ati “Abacuruzi na bo turabashishikariza gusaba ababagana kubishyura kuri MoMo pay zabo kugira ngo babashe kubona ibihembo.”

Buri cyumweru hazajya hatangwa ibihembo birimo amafaranga ibihumbi 100 Frw,  ibihumbi 500 Frw, ndetse miliyoni 1 Frw, ndetse na moto.

Hazajya hatangwa kandi ibihembo nka televiziyo ya rutura, amatike yo guhaha, amatike y’indege azajya atangwa buri kwezi.

Jean Paul Musugi ati “Igihembo nyamukuru kizatangwa nyuma y’iri rushanwa, ni imodoka nshya itaragendaho na rimwe. Izahabwa ku ruhande rw’abakiliya no ku ruhande rw’abacuruzi.”

Iyi sosiyete y’itumanahano ivuga ko uyu munsi bakoze amateka muri Afurika yo kugira Abaturarwanda bangana na miliyoni 5 z’abakoresha uburyo bwo guhererekanya mafaranga ku murongo wa MTN.

Iyi sosiyete ivuga ko igiye kurushaho gufasha abakoresha ubu buryo no muri serivisi zo kwiteza imbere, kugira ngo burusheho kuzamura imibereho y’Abaturarwanda.

Chantal Kagame uyobora Mobile Money muri MTN Rwanda, yagize ati “Ni ho hantu tugiye gushyira imbaraga, 2024 uzaba umwaka w’impano gusa nk’uko twabibabwiye. Kwizigamira no kuguriza ni kimwe mu bintu tuzibandaho kuko tuzi ko bigira uruhare mu gukura k’ubukungu bw’Igihugu, kandi bifasha n’abakiliya bacu kuva ku rwego rumwe bakajya ku rundi, ari abatangira ubucuruzi, ari abashaka kwizigamira kugira ngo abana babo bazabashe kujya ku ishuri; turimo kureba ngo ni gute twakwigisha abantu kwizigamira bitabababaje.”

MTN Rwanda ivuga ko kwinjira muri iyi gahunda yo guhatanira ibihembo nta kiguzi na kimwe bisaba, ku buryo buri wese ukoresha Mobile Money, ahawe ikaze muri aya mahirwe kugira ngo atazamucika.

Chantal Kagame avuga ko bifuza ko Mobile Money ikomeza guhindura ubuzima bw’Abaturarwanda
Jean Paul Musugi yaragaje ibihembo biteganyijwe mu byumweru bitandatu biri imbere

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsengimana Emile says:
    1 year ago

    Ubwo x natwe rubanda rugufi ayo mahirwe turi nayo cg birareba abacuruzi bakomeye gusa?

    Reply

Leave a Reply to Nsengimana Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 11 =

Previous Post

Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana

Next Post

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.