Friday, May 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
MTN Rwanda izaniye amahirwe abakoresha MoMo y’ibihembo birimo imodoka nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yashyize ibihembo mu bukangurambaga bw’abakoresha ‘Mobile Money’ buzwi nka ‘BivaMoMotima’, aho umunyamahirwe azegukana igihembo nyamukuru cy’imodoka nshya itaragendaho na rimwe, ndetse n’ibindi bihembo birimo moto, na Miliyoni 1 Frw.

Ubu bukangurambaga bumaze imyaka ibiri, bugamije gushishikariza abantu kohererezanya amafaranga bakoresheje telefone, aho abantu bakomeza kugaragarizanya urukundo batavunitse ku buryo uri mu Ntara imwe yoherereza inshuti ye, umuvandimwe cyangwa umubyeyi uri mu yindi.

Muri ubu bukangurambaga, hagiye gushyiramo n’ibihembo bihindura ubuzima bw’abantu, ku buryo mu byumweru bitandatu biri imbere bishobora gusiga abakoresha iyi serivisi batunze imodoka bataguze.

Jean Paul Musugi ushinzwe ubucuruzi muri MoMo, avuga ko abakiliya bazajya binjira muri iyi poromosiyo bakanze *182*16#, ubundi bishyure bakoresheje MoMo Pay inshuro nyinshi zishoboka.

Ati “Abacuruzi na bo turabashishikariza gusaba ababagana kubishyura kuri MoMo pay zabo kugira ngo babashe kubona ibihembo.”

Buri cyumweru hazajya hatangwa ibihembo birimo amafaranga ibihumbi 100 Frw,  ibihumbi 500 Frw, ndetse miliyoni 1 Frw, ndetse na moto.

Hazajya hatangwa kandi ibihembo nka televiziyo ya rutura, amatike yo guhaha, amatike y’indege azajya atangwa buri kwezi.

Jean Paul Musugi ati “Igihembo nyamukuru kizatangwa nyuma y’iri rushanwa, ni imodoka nshya itaragendaho na rimwe. Izahabwa ku ruhande rw’abakiliya no ku ruhande rw’abacuruzi.”

Iyi sosiyete y’itumanahano ivuga ko uyu munsi bakoze amateka muri Afurika yo kugira Abaturarwanda bangana na miliyoni 5 z’abakoresha uburyo bwo guhererekanya mafaranga ku murongo wa MTN.

Iyi sosiyete ivuga ko igiye kurushaho gufasha abakoresha ubu buryo no muri serivisi zo kwiteza imbere, kugira ngo burusheho kuzamura imibereho y’Abaturarwanda.

Chantal Kagame uyobora Mobile Money muri MTN Rwanda, yagize ati “Ni ho hantu tugiye gushyira imbaraga, 2024 uzaba umwaka w’impano gusa nk’uko twabibabwiye. Kwizigamira no kuguriza ni kimwe mu bintu tuzibandaho kuko tuzi ko bigira uruhare mu gukura k’ubukungu bw’Igihugu, kandi bifasha n’abakiliya bacu kuva ku rwego rumwe bakajya ku rundi, ari abatangira ubucuruzi, ari abashaka kwizigamira kugira ngo abana babo bazabashe kujya ku ishuri; turimo kureba ngo ni gute twakwigisha abantu kwizigamira bitabababaje.”

MTN Rwanda ivuga ko kwinjira muri iyi gahunda yo guhatanira ibihembo nta kiguzi na kimwe bisaba, ku buryo buri wese ukoresha Mobile Money, ahawe ikaze muri aya mahirwe kugira ngo atazamucika.

Chantal Kagame avuga ko bifuza ko Mobile Money ikomeza guhindura ubuzima bw’Abaturarwanda
Jean Paul Musugi yaragaje ibihembo biteganyijwe mu byumweru bitandatu biri imbere

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Nsengimana Emile says:
    2 years ago

    Ubwo x natwe rubanda rugufi ayo mahirwe turi nayo cg birareba abacuruzi bakomeye gusa?

    Reply

Leave a Reply to Nsengimana Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Rwanda: Abantu batandatu bahuriye n’ibyago mu masengesho bane bahita bitaba Imana

Next Post

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Perezida Kagame agiye guhurira mu nama n’abandi Baperezida bo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.