Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mu mwambaro wa Moshions umuhangamideri Moses bwa mbere yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu mwambaro wa Moshions umuhangamideri Moses bwa mbere yagejejwe imbere y’Urukiko

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri Turahirwa Moise (Moses) washinze inzu y’imideri izwi nka Moshions yambika abakomeye, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano, yagejewe imbere y’Urukiko.

Uyu musore uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugaragaza ko Leta y’u Rwanda yamwemereye ko Pasiporo ye yandikwamo ko ari igitsinagore, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano gishingiye kuri iyi nyandiko yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

Ni inyandiko yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, ashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda na Leta y’u Rwanda kuba baramwemereye ko yitwa Igitsinagore.

Ubwo Urwego rw’Igihugu rwamutaga muri yombi, rwatangaje ko yahise anakurikiranwaho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge kuko yakorewe ibizamini bya gihanga, bikagaragaza ko mu mubiri we harimo ibiyobyabwenge.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, Moses Turahirwa yagejewe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Moses Turahirwa yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha nyuma yo kumutumizaho tariki 27 Mata 2023, kugira ngo asobanure iby’iriya nyandiko yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yo kumuta muri yombi, ni bwo RIB yanemeje ko mu byaha akekwaho haniyongereyeho icyo gukoresha ibiyobyabwenge, mu gihe yari anamaze igihe gito yiyemereye ko akoresha ikiyobyabwenge cy’Urumogi, kandi ko akinywera ku mugaragaro ngo kuko Leta y’u Rwanda yabimwemereye kubera ikibazo afite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − nine =

Previous Post

Umusifuzi Mukansanga yongeye kwandika amateka

Next Post

Icyemezo kidasanzwe cyafashwe mu burezi ku bana babuzwaga kwigana ‘dreads’

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo kidasanzwe cyafashwe mu burezi ku bana babuzwaga kwigana ‘dreads’

Icyemezo kidasanzwe cyafashwe mu burezi ku bana babuzwaga kwigana ‘dreads’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.