Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, Bigwi Alain Lolain, abunganira uregwa bazamuye ingingo nshya basaba ko uwamureze na we yakurikiranwa.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, hari hateganyijwe kumvwa ibisobanuro mu magambo by’abatangabuhamya babiri barimo uvugwa ko yahawe amafaranga ngo ayashyikirize Bigwi ndetse n’iby’uwari ushinzwe imiturire mu Murenge wa Mugombwa.

Gusa muri iri buranisha humviswe umutangabuhamya witwa Batete Alphonsine umwe bivugwa ko ari we wakiriye amafaranga, akaba ari na nyiri Alimentation BATALPHA Ltd, mu gihe undi Urukiko ruvuga ko atatumijwe, kuko byaje kugaragara ko atari ngombwa ko atumizwa.

Perezida w’iburanisha yatangiye abaza Batete niba azi uwitwa Rtd Captain Ntaganda Emmanuel bivugwa ko yohereje amafaranga kuri MoMo Pay ye, avuga ko atamuzi.

Yabajijwe niba yarabonye amafaranga yoherejwe kuri MoMo Pay ye atanzwe na Ntaganda, avuga ko yamenye ko uwo Ntaganda yayamuhaye  ari uko abimenyeshejwe na RIB, kuko ubwo yayabonaga bwa mbere atari yamenye aho avuye.

Batete yakomeje avuga kandi ko asanzwe aziranye na Bigwi Alain Lolain, nk’umuntu wajyaga amuhahira nk’umukiliya ndetse ngo abona ayo mafaranga ni we wabanje kumuhamagara amubwira ko hari umuntu ugiye kumumuhera amafaranga ibihumbi 300Frw, ndetse ngo aza kuyafata mu ntoki.

Umucamanza yabajije Batete aho akeka Ntaganda yaba yarakuye MoMo Pay ye, asubiza ko yumva ari Bigwi wayimuha kuko ngo yajyaga ayimwishyuraho mu byo yahaguraga.

Yanabajijwe niba yagaragaza amashusho y’ibyabaye kuri uwo munsi dore ko mu nzu ye y’ubucuruzi harimo camera, asubiza ko camera ze zifite ubushobozi bwo kuyabika amezi atandatu gusa, bityo ko ataboneka.

Uruhande rw’uregwa rwahise rusaba ijambo, ravuga ko hakwerekanwa gihamya cy’uko Bigwi yakiriye amafaranga, ruvuga ko ibimenyetso bihari nta shingiro bifite.

Bigwi yavuze ko atumva impamvu habura amashusho n’amajwi yashimangira icyaha akekwaho, ahubwo hagashingirwa ku magambo.

Ati “Tureke kugenekereza dukoreshe ibimenyetso. Ntawantumyeho ubutumwa kuko ubutumwa ntibwangezeho, twikoresha gusanisha no kugenekereza, dukoreshe ikoranabuhanga ry’amajwi n’amashusho.”

Bigwi yakomeje avuga ko atemerenya na Batete uhakana kumenyana na Rtd Ntaganda, kuko ngo mu buhamya bwabanje, bugaragaza ko bari baziranye, ndetse ngo yari asanzwe ahanywera.

Abunganizi ba Bigwi bo buvuga ko ibyo Batete avuga ari ibinyoma. Me Sebukonoke Innocent, yavuze ko ku wa 31 Nyakanga 2024, yabwiye RIB ko atazi igihe n’umubare w’amafaranga yahawe, bityo ko ataba awumenye ubu.

Yakomeje avuga ko Batete yabeshye ko Bigwi yajyaga amwishyura kuri MoMo Pay mu gihe raporo y’Ubugenzacyaha (RIB) yagaragaje ko nta na hamwe Bigwi yigeze yishyura kuri MoMo Pay, asaba ko ibyo avuga byateshwa agaciro.

Me Dushimumuremyi Anglebert, na we yavuze ko umukiliya wabo akwiye kuba umwere, kuko uwatanze indonke atazwi n’uwayihawe ndetse nta na n’ibimenyetso bibigaragaza bihari.

Yakomeje avuga ko binatumvikana uburyo Rtd Captain Ntaganda Emmanuel yatswe ruswa, maze nyuma y’umwaka akaba ari bwo abigaragaza, avuga ko iyo abigaragaza bikiba uwayimwatse aba yarafatiwe mu cyuho, ibyo abona ko bibaye ari byo, na we yakabaye akurikiranywaho icyaha cyo gutanga no guhishira ruswa.

Me Dushimumuremyi Anglebert yasabye urukiko kuzakoresha ubushishozi rukarekura umukiliwe we, kuko ibimenyetso bimushinja bishidikanywaho.

Ubushinjacyaha bwo buhawe ijambo, bwavuze ko ibyabaha Bigwi byakozwe mu buryo bw’abantu bari basanzwe baziranye bityo ko hadakenewe ibindi bimenyetso byaba iby’amajwi n’amashusho.

Umushinjacyaha yibukije kandi ko kuba ariya mafaranga yarahererekanyijwe nta nyandikp afite bidatangaje kuko habaho amasezerano yo mu nyandiko cyangwa ubumvikane mu magambo.

Bigwi Alain Lolain yatawe muri yombi ku wa 05 Ugushyingo 2024, akurikiranweho kwaka no kwakira indonke y’ibihumbi 300 Frw, ubu akaba afungiye mu igororero rya Karunda, mu Karere ka Huye.

Ubushinjacyaha bwamusabiwe gufungwa imyaka icumi n’ihazabu yikubye gatatu y’amafaranga yatse, ingana n’ibihumbi 900Frw, urubanza rwe rukaba ruzasomwa ku wa 09 Mata 2025.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Donatien says:
    11 months ago

    We are together

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − one =

Previous Post

Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo

Next Post

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Related Posts

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye
IBYAMAMARE

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.