Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, Bigwi Alain Lolain, abunganira uregwa bazamuye ingingo nshya basaba ko uwamureze na we yakurikiranwa.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, hari hateganyijwe kumvwa ibisobanuro mu magambo by’abatangabuhamya babiri barimo uvugwa ko yahawe amafaranga ngo ayashyikirize Bigwi ndetse n’iby’uwari ushinzwe imiturire mu Murenge wa Mugombwa.

Gusa muri iri buranisha humviswe umutangabuhamya witwa Batete Alphonsine umwe bivugwa ko ari we wakiriye amafaranga, akaba ari na nyiri Alimentation BATALPHA Ltd, mu gihe undi Urukiko ruvuga ko atatumijwe, kuko byaje kugaragara ko atari ngombwa ko atumizwa.

Perezida w’iburanisha yatangiye abaza Batete niba azi uwitwa Rtd Captain Ntaganda Emmanuel bivugwa ko yohereje amafaranga kuri MoMo Pay ye, avuga ko atamuzi.

Yabajijwe niba yarabonye amafaranga yoherejwe kuri MoMo Pay ye atanzwe na Ntaganda, avuga ko yamenye ko uwo Ntaganda yayamuhaye  ari uko abimenyeshejwe na RIB, kuko ubwo yayabonaga bwa mbere atari yamenye aho avuye.

Batete yakomeje avuga kandi ko asanzwe aziranye na Bigwi Alain Lolain, nk’umuntu wajyaga amuhahira nk’umukiliya ndetse ngo abona ayo mafaranga ni we wabanje kumuhamagara amubwira ko hari umuntu ugiye kumumuhera amafaranga ibihumbi 300Frw, ndetse ngo aza kuyafata mu ntoki.

Umucamanza yabajije Batete aho akeka Ntaganda yaba yarakuye MoMo Pay ye, asubiza ko yumva ari Bigwi wayimuha kuko ngo yajyaga ayimwishyuraho mu byo yahaguraga.

Yanabajijwe niba yagaragaza amashusho y’ibyabaye kuri uwo munsi dore ko mu nzu ye y’ubucuruzi harimo camera, asubiza ko camera ze zifite ubushobozi bwo kuyabika amezi atandatu gusa, bityo ko ataboneka.

Uruhande rw’uregwa rwahise rusaba ijambo, ravuga ko hakwerekanwa gihamya cy’uko Bigwi yakiriye amafaranga, ruvuga ko ibimenyetso bihari nta shingiro bifite.

Bigwi yavuze ko atumva impamvu habura amashusho n’amajwi yashimangira icyaha akekwaho, ahubwo hagashingirwa ku magambo.

Ati “Tureke kugenekereza dukoreshe ibimenyetso. Ntawantumyeho ubutumwa kuko ubutumwa ntibwangezeho, twikoresha gusanisha no kugenekereza, dukoreshe ikoranabuhanga ry’amajwi n’amashusho.”

Bigwi yakomeje avuga ko atemerenya na Batete uhakana kumenyana na Rtd Ntaganda, kuko ngo mu buhamya bwabanje, bugaragaza ko bari baziranye, ndetse ngo yari asanzwe ahanywera.

Abunganizi ba Bigwi bo buvuga ko ibyo Batete avuga ari ibinyoma. Me Sebukonoke Innocent, yavuze ko ku wa 31 Nyakanga 2024, yabwiye RIB ko atazi igihe n’umubare w’amafaranga yahawe, bityo ko ataba awumenye ubu.

Yakomeje avuga ko Batete yabeshye ko Bigwi yajyaga amwishyura kuri MoMo Pay mu gihe raporo y’Ubugenzacyaha (RIB) yagaragaje ko nta na hamwe Bigwi yigeze yishyura kuri MoMo Pay, asaba ko ibyo avuga byateshwa agaciro.

Me Dushimumuremyi Anglebert, na we yavuze ko umukiliya wabo akwiye kuba umwere, kuko uwatanze indonke atazwi n’uwayihawe ndetse nta na n’ibimenyetso bibigaragaza bihari.

Yakomeje avuga ko binatumvikana uburyo Rtd Captain Ntaganda Emmanuel yatswe ruswa, maze nyuma y’umwaka akaba ari bwo abigaragaza, avuga ko iyo abigaragaza bikiba uwayimwatse aba yarafatiwe mu cyuho, ibyo abona ko bibaye ari byo, na we yakabaye akurikiranywaho icyaha cyo gutanga no guhishira ruswa.

Me Dushimumuremyi Anglebert yasabye urukiko kuzakoresha ubushishozi rukarekura umukiliwe we, kuko ibimenyetso bimushinja bishidikanywaho.

Ubushinjacyaha bwo buhawe ijambo, bwavuze ko ibyabaha Bigwi byakozwe mu buryo bw’abantu bari basanzwe baziranye bityo ko hadakenewe ibindi bimenyetso byaba iby’amajwi n’amashusho.

Umushinjacyaha yibukije kandi ko kuba ariya mafaranga yarahererekanyijwe nta nyandikp afite bidatangaje kuko habaho amasezerano yo mu nyandiko cyangwa ubumvikane mu magambo.

Bigwi Alain Lolain yatawe muri yombi ku wa 05 Ugushyingo 2024, akurikiranweho kwaka no kwakira indonke y’ibihumbi 300 Frw, ubu akaba afungiye mu igororero rya Karunda, mu Karere ka Huye.

Ubushinjacyaha bwamusabiwe gufungwa imyaka icumi n’ihazabu yikubye gatatu y’amafaranga yatse, ingana n’ibihumbi 900Frw, urubanza rwe rukaba ruzasomwa ku wa 09 Mata 2025.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Donatien says:
    10 months ago

    We are together

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eleven =

Previous Post

Ibyo u Rwanda rwagaragarije u Burayi mu kiganiro bagiranye ku byo muri Congo

Next Post

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.